• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»440,000$: Ikiguzi cya RNC ngo yumvikanishe gahunda yayo muri Congres y’America

440,000$: Ikiguzi cya RNC ngo yumvikanishe gahunda yayo muri Congres y’America

Ubwanditsi 02 Oct 2017 ITOHOZA

Tribert Ayabatwa Rujugiro, umunyarwanda w’umukire yishyuye amadolari ibihumbi n’ibihumbi i company yo muri leta zunze ubumwe z’America ngo imufashe kugeza abambari ba RNC muri congres y’America.

Rujugiro abicishije muri Himbara David amaze kwishyura i company yitwa Podesta Group yamaze kubahuza n’umwe mu bagize congres y’America Christopher Henry Smith akaba anakuriye agakomite gashinzwe ububanyi n’amahanga agace ka Afrika.

Sibyo gusa kuko iyi company Podesta Group yanakoze video kamamaza Himbara. Iyi video yari iteganijwe guca ku ma television yo muri America ariko kugeza ubu amakuru dukesha KT Press aravuga ko hataramenyekana niba yarabashije kunyuraho.

-8145.jpg
Himbara David na Maj. Higiro Robert

Iyi company kandi nyuma yo kwishyurwa inshuro nyinshi na Rujugiro abicishije muri Himbara yamaze kubabonera umwanya kuri uyu wa Gatatu kugirango bajye imbere ya congres muri ka ga komite gakuriwe na Christopher Henry Smith. Himbara biteganijwe ko ari bube ari kumwe na Maj. Robert Higiro, umaze iminsi arwanya leta y’u Rwanda nyuma yo guhunga kubera imyitwarire mibi yari afite akiri mu ngabo z’u Rwanda (RDF).

-8144.jpg
Tribert Ayabatwa Rujugiro

Tubibutse ko Rujugiro yigeze kuba ariwe muherwe mu Rwanda ariko muri 2008 yafatiwe mu Bwongereza azira kunyereza imisoro maze arekurwa amaze kwishyura akayabu ka miliyoni 7.1$ ku rwego rukusanya imisoro rw’Abongereza. Yigeze kandi kuba ashakishwa muri South Africa nabwo kubera kutishyura imisoro mu bucuruzi bw’itabi, icyo gihe nibwo yatangiye kwikoma leta y’u Rwanda ko itamuvuganiye mu mafuti ye yo kunyereza imisoro.
Tubibutse kandi ko taliki 25 Nzeli 2017, Ikigo cy’imisoro n’amahoro mu Rwanda (RRA) cyateje cyamunara inzu ye UTC iherereye mu mujyi rwagati nabwo kubera kutishyura imisoro ya leta.

Taliki 20 Nyakanga, imenyekanisha ryakozwe na Podesta Group nkuko biteganijwe n’amategeko y’America rigaragaza ko Rujugiro yatanze 30,000$ kuri iyi company ndetse hanagaragara nandi 30,000$ yishyuwe taliki ya 20 Mata 2017.

Kuva Nzeli 2014, Rujugiro amaze kwishyura 440,000$ (asaga miliyoni 375 mu manyarwanda) kuri iyi company Podesta Group kugirango imufashe kwishyura bamwe mu bagize congres y’America barimo Christopher Henry Smith n’inshuti ze kugira ngo batege RNC amatwi muri gahunda ze zo kurwanya leta.

Rujugiro hamwe n’abambari ba RNC barimo Himbara n’abandi barahiriye ko bagomba gukora ibishoboka byose bagahungabanya ibyo abanyarwanda bamaze kugeraho.

Himbara wabaye intwaro bakoresha bashaka kwiyegereza bamwe mu babatega amatwi yiyita ko ari umuhuzabikorwa w’icyiswe “Democracy in Rwanda Now”. Uyu Himbara yari amaze igihe ayobya uburari ko ntaho ahurira na RNCariko ukurikiye amajwi ari gucicikana mu bitangazamakuru avuga k’umuryango wa Rwigara, biragaraga ko Himbara afite uruhare rukomeye mu bikorwa RNC.

Turakomeza kubakurikiranira ibya Himbara na Higiro Robert muri Congres ya America…

Cyiza D.

2017-10-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Umwami Kigeli  akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu

‘Umwami Kigeli akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu

Ubwanditsi 22 Nov 2016
Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ubwanditsi 01 Aug 2020
USA ubwoba ni bwose ko Korea yabarekurira H-Bomb ivuye kucyogajuru

USA ubwoba ni bwose ko Korea yabarekurira H-Bomb ivuye kucyogajuru

Ubwanditsi 06 Sep 2017
Kayumba yagize icyo avuga ku mafuti ya Rudasingwa babanye muri RNC

Kayumba yagize icyo avuga ku mafuti ya Rudasingwa babanye muri RNC

Ubwanditsi 29 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

The Ben agiye gutaramira muri Canada
KWAMAMAZA

The Ben agiye gutaramira muri Canada

Ubwanditsi 26 May 2017
Ap Gitwaza ngo ni ’Impano y’Imana’ ku Rwanda
Mu Rwanda

Ap Gitwaza ngo ni ’Impano y’Imana’ ku Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024
Amakuru

Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024

Ubwanditsi 08 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru