• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

Ubwanditsi 20 Jun 2018 UBUKUNGU

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) irasaba abikorera kugura no kubyaza umusaruro amata aboneka hirya no hino mu Gihugu.

MINAGRI ivuga ko amata abarirwa ku rugero rwa 80% by’aboneka hirya no hino mu gihugu atarabona abayagura kugira ngo bayabyazemo ibindi bicuruzwa bishobora kubikwa no gucuruzwa igihe kirekire.

Umuyobozi Mukuru muri MINAGRI ushinzwe ubworozi n’ibikomoka ku matungo, Dr Rutagwenda Theogene arahamagarira abikorera gutunganya amata kugira ngo avemo ibintu byinshi bikenerwa n’amahoteli ari mu gihugu.

Agira ati ”Amata agera ku ruganda ntabwo ari menshi cyane, asigara akagurishwa mu buryo butemewe ni yo menshi kuko agera kuri 80% by’amata yose aboneka mu gihugu.

Nyamara Iteka rya Ministiri ryo muri 2016 rivuga ko amata yose agomba gukusanywa, gutunganywa, gutwarwa no gupimwa.

Turashishikariza abashoramari gukora ibintu byinshi bikomoka ku mata, kugira ngo amahoteli yacu atazavuga ati ‘iki kintu ntabwo twakibona mu Rwanda.”
Dr Rutagwenda avuga ko amata atunganirizwa mu nganda, angana na toni ibihumbi magana cyenda mu gihe cy’umwaka.

JPEG - 4.3 Mb
Ambasaderi wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Peter Vroomen ubwo yasuraga uruganda rutunganya amata mu gice cyahariwe inganda

Ntabanganyimana Rachid ukuriye Koperative y’abakusanya amata mu karere ka Gicumbi, avuga ko bataratekereza gushinga uruganda rutunganya ibiyakomokaho.

Ati ”Mbere yo gutunganya amata akavamo ibindi bintu, tuzabanza gukemura ikibazo cy’amakusanyirizo atarabona ubushobozi bwo kwakira amata yose abantu bashaka kuduha.

“Icyuma gikonjesha kimwe kigurwa amafaranga arenze miliyoni 13, washaka kugura igicuba kimwe cya litiro 50 ugatanga amafaranga arenze ibihumbi 85, tutabonye umuterankunga ntabwo twashobora.”

Uruganda rwa Masaka rukora ibikomoka ku mata, ni rumwe mu zirimo kwizeza aborozi ko nyuma yo kumenya imiterere y’isoko ry’abakeneye amata, ruzajya rugura litiro zirenga ibihumbi bine ku munsi.

Kugeza ubu urwo ruganda ruterwa inkunga n’Ikigega cy’Amerika gishinzwe iterambere USAID, rurimo kwakira litiro zirenga igihumbi ku munsi z’amata aturutse mu borozi bato.

USAID ivuga ko yatanze inkunga ingana n’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 234 yo kugurira uruganda rwa Masaka imashini zigezweho. Uru ruganda rufite abakozi 17 barimo icyenda bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.

Ubwo yasuraga urwo ruganda, Ambasaderi wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Peter Vroomen, yavuze ko kongerera agaciro ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi ari byo biha u Rwanda amahirwe ya mbere mu bukungu.

2018-06-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Ubwanditsi 02 Mar 2018
U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

Ubwanditsi 29 Jun 2018
Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki

Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki

Ubwanditsi 18 Mar 2018
UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

Ubwanditsi 21 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyaka ANC ryahaye Perezida Zuma amasaha 48 yo kwegura ku butegetsi
INKURU NYAMUKURU

Ishyaka ANC ryahaye Perezida Zuma amasaha 48 yo kwegura ku butegetsi

Ubwanditsi 13 Feb 2018
Intambara iratutumba hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’intebe Bunyoni
Amakuru

Intambara iratutumba hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’intebe Bunyoni

Ubwanditsi 16 Dec 2020
Umukobwa wa Perezida Museveni avuga ko yabonye Imana n’amaso ye bagirana ibiganiro
HIRYA NO HINO

Umukobwa wa Perezida Museveni avuga ko yabonye Imana n’amaso ye bagirana ibiganiro

Ubwanditsi 10 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru