• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

Ubwanditsi 20 Jun 2018 UBUKUNGU

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) irasaba abikorera kugura no kubyaza umusaruro amata aboneka hirya no hino mu Gihugu.

MINAGRI ivuga ko amata abarirwa ku rugero rwa 80% by’aboneka hirya no hino mu gihugu atarabona abayagura kugira ngo bayabyazemo ibindi bicuruzwa bishobora kubikwa no gucuruzwa igihe kirekire.

Umuyobozi Mukuru muri MINAGRI ushinzwe ubworozi n’ibikomoka ku matungo, Dr Rutagwenda Theogene arahamagarira abikorera gutunganya amata kugira ngo avemo ibintu byinshi bikenerwa n’amahoteli ari mu gihugu.

Agira ati ”Amata agera ku ruganda ntabwo ari menshi cyane, asigara akagurishwa mu buryo butemewe ni yo menshi kuko agera kuri 80% by’amata yose aboneka mu gihugu.

Nyamara Iteka rya Ministiri ryo muri 2016 rivuga ko amata yose agomba gukusanywa, gutunganywa, gutwarwa no gupimwa.

Turashishikariza abashoramari gukora ibintu byinshi bikomoka ku mata, kugira ngo amahoteli yacu atazavuga ati ‘iki kintu ntabwo twakibona mu Rwanda.”
Dr Rutagwenda avuga ko amata atunganirizwa mu nganda, angana na toni ibihumbi magana cyenda mu gihe cy’umwaka.

JPEG - 4.3 Mb
Ambasaderi wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Peter Vroomen ubwo yasuraga uruganda rutunganya amata mu gice cyahariwe inganda

Ntabanganyimana Rachid ukuriye Koperative y’abakusanya amata mu karere ka Gicumbi, avuga ko bataratekereza gushinga uruganda rutunganya ibiyakomokaho.

Ati ”Mbere yo gutunganya amata akavamo ibindi bintu, tuzabanza gukemura ikibazo cy’amakusanyirizo atarabona ubushobozi bwo kwakira amata yose abantu bashaka kuduha.

“Icyuma gikonjesha kimwe kigurwa amafaranga arenze miliyoni 13, washaka kugura igicuba kimwe cya litiro 50 ugatanga amafaranga arenze ibihumbi 85, tutabonye umuterankunga ntabwo twashobora.”

Uruganda rwa Masaka rukora ibikomoka ku mata, ni rumwe mu zirimo kwizeza aborozi ko nyuma yo kumenya imiterere y’isoko ry’abakeneye amata, ruzajya rugura litiro zirenga ibihumbi bine ku munsi.

Kugeza ubu urwo ruganda ruterwa inkunga n’Ikigega cy’Amerika gishinzwe iterambere USAID, rurimo kwakira litiro zirenga igihumbi ku munsi z’amata aturutse mu borozi bato.

USAID ivuga ko yatanze inkunga ingana n’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 234 yo kugurira uruganda rwa Masaka imashini zigezweho. Uru ruganda rufite abakozi 17 barimo icyenda bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.

Ubwo yasuraga urwo ruganda, Ambasaderi wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Peter Vroomen, yavuze ko kongerera agaciro ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi ari byo biha u Rwanda amahirwe ya mbere mu bukungu.

2018-06-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019

Ubwanditsi 18 Jun 2019
Ibiciro ku masoko byiyongereyeho 3.0% muri Gicurasi

Ibiciro ku masoko byiyongereyeho 3.0% muri Gicurasi

Ubwanditsi 11 Jun 2018
Abikorera batuye Minisitiri w’Intebe ikibazo cy’ibikorerwa mu Rwanda bisoreshwa, ibiva hanze bigasonerwa

Abikorera batuye Minisitiri w’Intebe ikibazo cy’ibikorerwa mu Rwanda bisoreshwa, ibiva hanze bigasonerwa

Ubwanditsi 15 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Italiki ndetse n’ Isaha Nyakwigendera Mozes Radio Azashyingurirwaho yamaze kumenyekana
SHOWBIZ

Italiki ndetse n’ Isaha Nyakwigendera Mozes Radio Azashyingurirwaho yamaze kumenyekana

Ubwanditsi 02 Feb 2018
Serge Ndayizeye  yerekeje ahazabera Rwanda  Cultural   Day n’ibiradio bye
ITOHOZA

Serge Ndayizeye yerekeje ahazabera Rwanda Cultural Day n’ibiradio bye

Ubwanditsi 22 Sep 2016
Icyizere ni cyose- Impumeko y’ikipe y’Igihugu Amavubi mbere yo guhura na Nigeria
Amakuru

Icyizere ni cyose- Impumeko y’ikipe y’Igihugu Amavubi mbere yo guhura na Nigeria

Ubwanditsi 10 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru