• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Bufaransa : Urukiko rurumva ubujurire ku rubanza rwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka

U Bufaransa : Urukiko rurumva ubujurire ku rubanza rwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka

Editorial 08 Nov 2017 Mu Mahanga

Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris mu Bufaransa kuri uyu wa Gatatu rurasuzuma ikirego cy’ubujurire kuri Padiri Wenceslas Munyeshyaka wahoze ayobora Paruwasi yitiriwe Umuryango Mutagatifu ‘Sainte Famille’ ushinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Padiri Munyeshyaka ni umwe mu bantu bavuzwe cyane mu bwicanyi no gufata igitsina gore ku ngufu byakorewe Abatutsi bari bahungiye muri Kiliziya ya Sainte Famille i Kigali.

Yamenyekanye cyane kubera amafoto yagaragaye yitwaje imbunda, anambaye imyenda idacengerwa n’amasasu muri Jenoside kandi yari Padiri.

Urubanza rwe ni rumwe zitangwaho urugero cyane mu kugaragaza uburyo ubucamanza bw’u Bufaransa bwakingiye ikibaba abakurikiranweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Hashize imyaka irenga 15 Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda rwahoze i Arusha muri Tanzania rushyikirije urubanza rwa Munyeshyaka inkiko z’u Bufaransa.

Muri icyo gihe cyose uru rubanza rwaradindijwe kugeza ubwo bamwe mu bashinjaga Padiri Munyeshayka bitabye Imana nka Rose Rwanga wiciwe abana bose bari barahungiye muri Kiliziya ya Sainte Famille.

Mu mwaka wa 2015, abacamanza bagenza icyaha Emmanuel Ducos na Claude Choquet, bafashe icyemezo cyo kutamushyikiriza urukiko ngo kuko basanze nta bimenyetso bihagije bimuhamya icyaha.

Ababuranira abakorewe Jenoside bahise bajuririra icyo cyemezo ; ubwo bujurire bwabo nibwo buri busuzumwe kuri uyu wa gatatu.

Umwe mu banyamategeko batanze ubwo bujurire, Me. Gilles Paruelle, usanzwe yunganira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yabwiye IGIHE ko bari bugaragarize urukiko rw’ubujurire ko mu gufata icyemezo cyo kudakurikirana Munyeshyaka abacamanza ba mbere batari basobanukiwe imyitwarire ye.

Paruelle asobanura ko byagaragaye ko nubwo yari Padiri, imvugo ye muri icyo gihe, ibikorwa bye n’ intwaro yari yitwaje byose bigaragaza ko yari ahuje umugambi umwe n’abakoze Jenoside baje guhindura kiliziya ya Sainte Famille inkambi ifungiwemo Abatutsi bicaga igihe babishakiye.

Abari bahungiye muri iyo kiliziya kandi bakoreshwaga nk’iturufu mu mishyikirano abakoze Jenoside bifuzaga kugirana n’ingabo za FPR Inkotanyi no kugira ngo bereke amahanga nka Minisitiri Bernard Kouchner w’Umufaransa wari mu Rwanda muri icyo gihe, ko hari icyo bakoze ngo bakize Abatutsi bari barimo kwicwa.

Paruelle avuga ko ibyo byose bigaragaza ubufatanyacyaha bwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka muri Jenoside.

Urukiko rw’ubujurire nirumara kumva impande zose ruzemeza niba Wenceslas Munyeshyaka atazaburanishwa nkuko abacamanza ba mbere babyemeje cyangwa niba icyemezo cyabo gikurwaho noneho agashyikirizwa urukiko.

2017-11-08
Editorial

IZINDI NKURU

Dr. Rose Mukankomeje umuyobozi wa REMA yatawe muri yombi

Dr. Rose Mukankomeje umuyobozi wa REMA yatawe muri yombi

Editorial 21 Mar 2016
Ruhango: Umusore yasanzwe muri SACCO afite umuhoro ahita araswa arapfa

Ruhango: Umusore yasanzwe muri SACCO afite umuhoro ahita araswa arapfa

Editorial 29 Jan 2017
Perezida wa Benin  Patrice Talon arasesekara i Kigali kuri uyu wa mbere

Perezida wa Benin Patrice Talon arasesekara i Kigali kuri uyu wa mbere

Editorial 28 Aug 2016
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zanyomoje umuryango wa Paul Rusesabagina, uvuga ko afashwe nabi muri gereza ya Mageragere.

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zanyomoje umuryango wa Paul Rusesabagina, uvuga ko afashwe nabi muri gereza ya Mageragere.

Editorial 10 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi bugereranwa n’iseta ibagirwaho abantu, HRW irabusabira ibihano bikakaye
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bugereranwa n’iseta ibagirwaho abantu, HRW irabusabira ibihano bikakaye

Editorial 18 Mar 2018
Kumena amabanki n’Imirenge Sacco umugambi mushya wa RNC wo guhungabanya umutekano mu Rwanda
ITOHOZA

Kumena amabanki n’Imirenge Sacco umugambi mushya wa RNC wo guhungabanya umutekano mu Rwanda

Editorial 11 Jun 2016
“Smart Africa”, u Rwanda na Gabon byakuyeho amananiza mu bijyanye no guhamagarana
Mu Rwanda

“Smart Africa”, u Rwanda na Gabon byakuyeho amananiza mu bijyanye no guhamagarana

Editorial 21 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru