• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»LONI iraburirwa yuko Nkurunziza ashaka kohereza abicanyi muri Somalia

LONI iraburirwa yuko Nkurunziza ashaka kohereza abicanyi muri Somalia

Ubwanditsi 05 Jan 2016 Mu Rwanda

Amakuru aturuka mu Burundi ahamya yuko ubutegetsi bwa Petero Nkurunziza bufite gahunda yo kozohereza abicanyi muri Somalia, LONI ikaba isabwa kutazabyemera.

Nk’uko bitangazwa na bamwe mu banyamakuru n’abo mu mashyirahamwe ategamiye kuri leta n’uko hari bamwe mu bawofisiye bo mu ngabo z’u Burundi bishe abantu benshi kurusha abandi muri cyagihe leta yahagarikaga imyigaragambyo yo kwamagana manda ya gatatu ya Nkurunziza, ubutegetsi muri icyo gihugu bukomeje gukora ibishoboka byose ngo bashimirwe.

Muri uko kubashimira harimo kubaha amafaranga ariko kuko ubu igihugu gikennye cyane ubutegetsi bukabaha ayo mafaranga mu buryo buziguye, bukayabaha aturutse ahandi .

Abo basirikare bishe abantu benshi mu ihagarikwa ry’imigaragambyo ngo bahabwa agashimwe ko koherezwa muri misiyo mu gihugu cya Somalia aho u Burundi bufiteyo ingabo zo kubungabunga umutekano muri wa mutwe mpuzamahanga uzwi ku izina rya MINUSCA aho umushara w’abasirikare bawugize uba wikubye inshuro zisaga eshanu ugereranije n’uwo bagenzi babo mu Burundi bahembwa.

Ayo makuru agahamya yuko ako gashimwe ko kohereza muri misiyo ‘abakoze neza’ mu guhagarika imyigaragambyo, Nkurunziza yakabasezeranyije ubwo aherutse gusura ibigo bya gisirikare bitandukanye. Muri abo bicanyi bavugwa harimo babiri biteguwe yuko bazerekeza muri Somalia tariki 17 z’uku kwezi, aribo Lieutenant Colonel Nihankura Casmir ufite nomero za gisirikare Ss0477 na Major Ndihokubwayo Eliezer ufite nomero za gisirikare Ss0768.

Umuyobozi mukuru wa MINUSCA, Perfect Onanga-anyanga yashyizeho ihame ryo kutazihanganira umusirikare uvugwaho ibikorwa bibi. Ubutegetsi bwa Nkurunziza rero kuko buzi yuko aba bawofisiye babiri bazwiho kuba barijanditse mu bwicanyi mu majyaruguru ya Bujumbura, ngo burashaka kubohereza mu buryo ntawahamya yuko aribo. Lt.Col. Nihankura izina rye ryoherejwe nka Major naho Ndihokubwayo yoherezwa nka Captain.

-1631.jpg

Perfect Onanga Umuyobozi wa MINUSCA, Perezida Nkurunziza, umusilikare w’Umurundi uri muri MINUSCA.

Hari abandi bawofisiye Bujumbura yashatse kohereza muri Somalia ariko amakuru yuko bakoze ubwicanyi ageze ku buyobozi bwa MINUSCA ntibakirwa. Abo barimo Colonel Baratuza, Major Jimmy Rusheshe na Major Niyonzima.

Casmiry Kayumba

2016-01-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”

Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”

Ubwanditsi 29 Jun 2024
Perezida Nkurunziza k’Urutonde rwa  UN  rw’abayobozi bakuru  mu Burundi bakekwaho ibyaha bikomeye

Perezida Nkurunziza k’Urutonde rwa UN rw’abayobozi bakuru mu Burundi bakekwaho ibyaha bikomeye

Ubwanditsi 04 Sep 2017
Ubudasa aho Paul Kagame yasoreje  urugendo rwo  kwiyamamaza  kumunsi wa 8  mu Ntara y’Uburasirazuba

Ubudasa aho Paul Kagame yasoreje urugendo rwo kwiyamamaza kumunsi wa 8 mu Ntara y’Uburasirazuba

Ubwanditsi 23 Jul 2017
Shampiyona y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 iratangira kuri uyu wa gatanu.

Shampiyona y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 iratangira kuri uyu wa gatanu.

Ubwanditsi 03 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame
Amakuru

“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Jul 2024
Nyamirambo: Abantu Bane Bamaze Gupfa Bazize kanyanga bikekwa ko yari yashyizwemo alcool bogesha ibisebe
ITOHOZA

Nyamirambo: Abantu Bane Bamaze Gupfa Bazize kanyanga bikekwa ko yari yashyizwemo alcool bogesha ibisebe

Ubwanditsi 10 Jun 2017
M23 yakiriye kinyamwuga ingabo z’Afurika y’Epfo zari zimaze icyumweru zigeze mu burasirazuba bwa Congo
Amakuru

M23 yakiriye kinyamwuga ingabo z’Afurika y’Epfo zari zimaze icyumweru zigeze mu burasirazuba bwa Congo

Ubwanditsi 03 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru