• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»LONI iraburirwa yuko Nkurunziza ashaka kohereza abicanyi muri Somalia

LONI iraburirwa yuko Nkurunziza ashaka kohereza abicanyi muri Somalia

Ubwanditsi 05 Jan 2016 Mu Rwanda

Amakuru aturuka mu Burundi ahamya yuko ubutegetsi bwa Petero Nkurunziza bufite gahunda yo kozohereza abicanyi muri Somalia, LONI ikaba isabwa kutazabyemera.

Nk’uko bitangazwa na bamwe mu banyamakuru n’abo mu mashyirahamwe ategamiye kuri leta n’uko hari bamwe mu bawofisiye bo mu ngabo z’u Burundi bishe abantu benshi kurusha abandi muri cyagihe leta yahagarikaga imyigaragambyo yo kwamagana manda ya gatatu ya Nkurunziza, ubutegetsi muri icyo gihugu bukomeje gukora ibishoboka byose ngo bashimirwe.

Muri uko kubashimira harimo kubaha amafaranga ariko kuko ubu igihugu gikennye cyane ubutegetsi bukabaha ayo mafaranga mu buryo buziguye, bukayabaha aturutse ahandi .

Abo basirikare bishe abantu benshi mu ihagarikwa ry’imigaragambyo ngo bahabwa agashimwe ko koherezwa muri misiyo mu gihugu cya Somalia aho u Burundi bufiteyo ingabo zo kubungabunga umutekano muri wa mutwe mpuzamahanga uzwi ku izina rya MINUSCA aho umushara w’abasirikare bawugize uba wikubye inshuro zisaga eshanu ugereranije n’uwo bagenzi babo mu Burundi bahembwa.

Ayo makuru agahamya yuko ako gashimwe ko kohereza muri misiyo ‘abakoze neza’ mu guhagarika imyigaragambyo, Nkurunziza yakabasezeranyije ubwo aherutse gusura ibigo bya gisirikare bitandukanye. Muri abo bicanyi bavugwa harimo babiri biteguwe yuko bazerekeza muri Somalia tariki 17 z’uku kwezi, aribo Lieutenant Colonel Nihankura Casmir ufite nomero za gisirikare Ss0477 na Major Ndihokubwayo Eliezer ufite nomero za gisirikare Ss0768.

Umuyobozi mukuru wa MINUSCA, Perfect Onanga-anyanga yashyizeho ihame ryo kutazihanganira umusirikare uvugwaho ibikorwa bibi. Ubutegetsi bwa Nkurunziza rero kuko buzi yuko aba bawofisiye babiri bazwiho kuba barijanditse mu bwicanyi mu majyaruguru ya Bujumbura, ngo burashaka kubohereza mu buryo ntawahamya yuko aribo. Lt.Col. Nihankura izina rye ryoherejwe nka Major naho Ndihokubwayo yoherezwa nka Captain.

-1631.jpg

Perfect Onanga Umuyobozi wa MINUSCA, Perezida Nkurunziza, umusilikare w’Umurundi uri muri MINUSCA.

Hari abandi bawofisiye Bujumbura yashatse kohereza muri Somalia ariko amakuru yuko bakoze ubwicanyi ageze ku buyobozi bwa MINUSCA ntibakirwa. Abo barimo Colonel Baratuza, Major Jimmy Rusheshe na Major Niyonzima.

Casmiry Kayumba

2016-01-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kenya : Umunyamerika n’Umunyacanada bagiye guhambirizwa kubera amatora

Kenya : Umunyamerika n’Umunyacanada bagiye guhambirizwa kubera amatora

Ubwanditsi 06 Aug 2017
Ban Ki Moon yirukanye umuyobozi w’ingabo za UNMISS muri Sudani y’Epfo

Ban Ki Moon yirukanye umuyobozi w’ingabo za UNMISS muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 02 Nov 2016
Saba Robert uyoboye ba rutahizamu mu mu mwaka ushize w’imikino yerekeje muri AS Kigali avuye muri Kiyovu SC, Kalisa Rachid nawe yongerewe amasezerano

Saba Robert uyoboye ba rutahizamu mu mu mwaka ushize w’imikino yerekeje muri AS Kigali avuye muri Kiyovu SC, Kalisa Rachid nawe yongerewe amasezerano

Ubwanditsi 09 Jul 2021
Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Ubwanditsi 19 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Col Ndahura Wafatiwe Mu Nkubiri Imwe Na Gen Kayihura Arahakana Ko Yemeye Ibyaha Ashinjwa
POLITIKI

Uganda: Col Ndahura Wafatiwe Mu Nkubiri Imwe Na Gen Kayihura Arahakana Ko Yemeye Ibyaha Ashinjwa

Ubwanditsi 06 Jul 2018
Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu
Mu Rwanda

Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Ubwanditsi 29 Jul 2020
Uganda: Umudepite wihagaritse kuri Minisiteri yishwe arashwe
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Umudepite wihagaritse kuri Minisiteri yishwe arashwe

Ubwanditsi 10 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru