• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Mu mwaka ushize hakozwe ubukangurambaga butandukanye mu gukumira ibyaha

Mu mwaka ushize hakozwe ubukangurambaga butandukanye mu gukumira ibyaha

Editorial 09 Jan 2016 Mu Mahanga

​Ubukangurambaga butandukanye bwakozwe hirya no hino mu gihugu mu mwaka ushize, bugamije gukumira no kurwanya ibyaha binyuranye ndetse n’ubufatanye bw’abaturage,Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego, nibwo ntandaro yo kugabanyuka kw’ibyaha n’umutekano usesuye u Rwanda rufite.

Ibi ni ibitangazwa n’umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe ubufatanye mu gukumira no kurwanya ibyaha ACP Damas Gatare. Yavuze ko kuba inzego z’umutekano zizewe n’abaturage ku kigereranyo kiri hejuru ya 96%, nk’uko raporo zasohotse zibyerekana,byaturutse ku mikorere myiza yazo no kuba hariho ubufatanye n’imikoranire myiza n’abaturage mu bikorwa bitandukanye bijyanye n’imibereho myiza y’abaturage,guteza imbere ubukungu,kwicungira umutekano n’ibindi.

ACP Gatare yagize ati:” Polisi y’u Rwanda umunsi ku wundi yabanye n’abaturage mu bikorwa bibateza imbere birimo gahunda ya girinka,umuganda, ubudehe,gahunda z’ubuzima nko gufasha mu bwisungane mu kwivuza n’ibindi. Yakomeje agira ati:” twakoze n’ubukangurambaga mu bijyanye no kurwanya ruswa,ihohoterwa rishingiye ku gitsina,kurwanya impanuka zo mu muhanda n’ibindi.

Mu bindi bikorwa iri shami ryagizemo uruhare harimo gufatanya n’Itorero ry’igihugu mu bikorwa byo kwigisha abanyarwanda indangagaciro,uburere mboneragihugu n’ibindi. ACP Damas Gatare yakomeje avuga ko muri gahunda yo gukumira no kurwanya ibyaha, habayeho imikoranire myiza n’abafatanyabikorwa batandukanye ba Polisi y’u Rwanda.

Yagize ati:” twakoranye n’inzego nyinshi zirimo: inzego za leta nka Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango,ikigo cy’igihugu gishinzwe gushyira mu bikorwa ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye (GMO),komite z’abaturage zo kwicungira umutekano, uturere twose, inzego z’urubyiruko,iz’abagore,urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha,ibyiciro by’abahanzi banyuranye,abamotari,abashoferi,ba ambasaderi ba Polisi bakora mu nzego zitandukanye za leta n’izigenga,n’abandi.

Yavuze ko ibi byiciro byose byafashije kugaragaza ububi bw’ibyaha ndetse banatanga umusanzu mu kubirwanya bafatanyije na Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego hatangwa amakuru kare.

ACP Gatare yanavuze ko n’ubwo ubukangurambaga mu gukumira no kurwanya ibyaha bwakozwe, ndetse hakanabaho n’ubufatanye mu kubirwanya;abanyabyaha bake nabo batarumva bazageraho bagahinduka.

Yasoje asaba buri muturarwanda “kuba ijisho rya mugenzi we, bityo hakabaho gukumira ibyaha,hatangirwa amakuru ku gihe kandi vuba, tukagira igihugu kizira ibyaha”.

RNP

2016-01-09
Editorial

IZINDI NKURU

Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi

Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi

Editorial 21 Jun 2016
Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Editorial 14 Oct 2016
Rubavu: Abaturage b’umurenge wa Gisenyi bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana n’icuruzwa ry’abantu

Rubavu: Abaturage b’umurenge wa Gisenyi bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana n’icuruzwa ry’abantu

Editorial 03 Jun 2016
Perezida Museveni yamaze iminota icumi mu mwijima mu gitaramo cya Bebe Cool

Perezida Museveni yamaze iminota icumi mu mwijima mu gitaramo cya Bebe Cool

Editorial 06 Aug 2018
Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi

Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi

Editorial 21 Jun 2016
Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Editorial 14 Oct 2016
Rubavu: Abaturage b’umurenge wa Gisenyi bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana n’icuruzwa ry’abantu

Rubavu: Abaturage b’umurenge wa Gisenyi bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana n’icuruzwa ry’abantu

Editorial 03 Jun 2016
Perezida Museveni yamaze iminota icumi mu mwijima mu gitaramo cya Bebe Cool

Perezida Museveni yamaze iminota icumi mu mwijima mu gitaramo cya Bebe Cool

Editorial 06 Aug 2018
Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi

Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi

Editorial 21 Jun 2016
Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Editorial 14 Oct 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru