• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bujumbura : Ubutegetsi bwa Nkurunziza buvuye ku izima bwemeye imishyikirano n’ababurwanya

Bujumbura : Ubutegetsi bwa Nkurunziza buvuye ku izima bwemeye imishyikirano n’ababurwanya

Ubwanditsi 17 Jan 2016 Mu Rwanda

Nyuma y’igihe kirekire ubutegetsi mu Burundi bugaragaza yuko butiteguye kugirana imishyikirano n’ababurwanya noneho bwavuye ku izima bwemera yuko bwiteguye kujya mu mishyikirano nta mananiza ayo ariyo yose.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi, Allain Nyamitwe, ejo ku mugoroba yabwiye abanyamakuru i Daer es Salaam yuko kubera impamvu zo gushaka gukura igihugu mu kaga kirimo Bujumbura yiteguye kugirana imishyikirano n’umuntu uwo ariwe wese wafasha ngo ayo mahoro agaruke mu gihugu, hatitawe ku mutwe wa politike cyangwa ishyirahamwe yaba arimo !

Ubutegetsi mu Burundi kwemera imishyikirano nta mananiza bigomba kuba hari izindi mbaraga zibiri inyuma kuko bwari bumaze iminsi bwaranangiye buvuga yuko bugomba kugirana imishikirano n’uwo bwishakiye.

Ubwo imishyikirano y’Abarundi yatangizwaga Entebbe muri Uganda mu byumweru bubiri bishize, Nyamitwe yariyavuze yuko Bujumbura idashobora gupfa igiye mu mishyikirano n’abarwanya ubutegetsi cyane abari mu mugambi wo gushaka gukorera kudeta Nkurunziza cyangwa abagaragaje kuba bari bahuje umugambi. Abanyapolitike bose bahunze u Burundi, Bujumbura ibashyira muri ka gatebo k’abari bashyigikiye kudeta !

-1801.jpg

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Alain Nyamitwe

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzania, Augustine Mahiga, nawe yaraye abwiye abanyamakuru aho Dar es Salaam yuko Burundi kuba bwemeye imishyikirano Bugomba kugira vuba na bwangu bukaganira na Uganda kugira ngo babeho inamayihutirwa y’Abaminisitiri b’umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) ngo nayo itegure byihutirwa iy’abakuru b’ibihugu ngo bige kuri icyo kibazo cy’u Burundi.

Mahiga wari wicaranye na Nyamitwe muri icyo kiganiro n’abanyamakuru yavuze yuko baba byiza ibyo biganiro by’abarundi byatangira mu byumweru bibiri.

-1800.jpg

Agathon Rwasa mu mishyikirano Kampala

Perezida Museveni wa Uganda niwe watoranyijwe kuzaba umuhuza muri ibyo bibazo by’Abarundi, akaba yarahisemo yuko ibiganiro bizajya bibera Arasha muri Tanzania. Aho Arusha niho amasezerano yagaruye amahoro mu Burundi muri 2003, akaba ari nayo yateguriye Petero Nkurunziza inzira yo kujya ku butegetsi muri 2005.

Izo mvururu ziri mu Burundi zatewe n’uko Nkurunziza yashatse kwiyamamariza manda ya gatatu kandi ayo masezerano ya arusha ateganya manda ebyiri gusa z’imyaka itanu itanu.

Casmiry Kayumba

2016-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr. Pastor Rutayisire yemeye ko Yaganjwe n’Amarangamutima agaruka ku Ifungwa ry’insengero nyinshi

Dr. Pastor Rutayisire yemeye ko Yaganjwe n’Amarangamutima agaruka ku Ifungwa ry’insengero nyinshi

Ubwanditsi 07 Aug 2024
Bwa mbere mu mateka Kenya yatsinze Misiri mu mikino Nyafurika ya Volleyball, Tunisia na Cameroon zageze muri kimwe cya kane

Bwa mbere mu mateka Kenya yatsinze Misiri mu mikino Nyafurika ya Volleyball, Tunisia na Cameroon zageze muri kimwe cya kane

Ubwanditsi 09 Sep 2021
Abapolisi 384 basezerewe mu kazi ku mpamvu zitandukanye

Abapolisi 384 basezerewe mu kazi ku mpamvu zitandukanye

Ubwanditsi 15 Sep 2018
Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi”  – Perezida Emmanuel Macron.

Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi” – Perezida Emmanuel Macron.

Ubwanditsi 27 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kicukiro:Uwarokotse Jenoside yishwe atewe ibyuma, umuzamu we arakomeretswa
ITOHOZA

Kicukiro:Uwarokotse Jenoside yishwe atewe ibyuma, umuzamu we arakomeretswa

Ubwanditsi 13 Apr 2017
‘ Ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa ‘- Perezida Kagame
Mu Rwanda

‘ Ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa ‘- Perezida Kagame

Ubwanditsi 06 Oct 2017
Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.
Amakuru

Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Ubwanditsi 19 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru