• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abagenzacyaha ba Polisi barebeye hamwe uko bakomeza guteza imbere akazi kabo

Abagenzacyaha ba Polisi barebeye hamwe uko bakomeza guteza imbere akazi kabo

Editorial 16 Jan 2016 Mu Mahanga

​Ku nshuro ya mbere, kuri uyu wa gatanu taliki ya 15 Mutarama 2015, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’U Rwanda ku Kacyiru, habereye inama rusange y’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe ubugenzacyaha (CID) , ikaba yahuje ubuyobozi bukuru by’iryo shami n’abagenzacyaha barenga 260 bakorera mu mpande zose z’igihugu; yari yanatumiwemo kandi ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda , Urwego rw’Umuvunyi ndetse na Transparency International Rwanda nk’ abafatanyabikorwa b’ubugenzacyaha.

Atangiza imirimo y’iyo nama, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana mu ijambo rye, yibukije abayitabiriye ibirebana n’icyerekezo cy’igihugu, icyerekezo cya Polisi y’u Rwanda n’icy’ishami bakorera ariryo ry’ubugenzacyaha, aho yabibukije ku nshingano zabo mu kazi ko gukumira, gutahura, kuburizamo no kugenza ibyaha kandi abahamagarira kurangwa n’indangagaciro z’Ubunyarwanda.

IGP Gasana yagize ati:”Mugomba kurangwa n’indangagaciro na kirazira mu kazi kanyu kandi mukamenya uwo muhagarariye iyo muri ku kazi, umwuga wanyu wo kugenza ibyaha musabwa kuwukorana ubumenyi kandi mukajyana n’igihe, ibi kandi nabyo bibasaba guhora mwisuzuma, kwinenga mukabona uko mukosora ibitagenda.”

IGP Gasana yasabye abagenzacyaha kandi kumenya ibibazo Polisi ihanganye nabyo muri iki gihe birimo iterabwoba n’ubutagondwa (radicalization) byugarije isi muri rusange aho yabasabye guhora bari maso ngo bashobore kubiburizamo. Yababwiye ko batabigeraho batajijukiwe n’amakuru y’ibigezweho haba mu kazi kabo ndetse n’ibyo hanze y’akazi.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yagarutse ku myitwarire mibi irimo ruswa yaranze bamwe mu bagenzacyaha, aho yayigaye kandi avuga ko iyo hari uwo bigaragayeho Polisi y’u Rwanda imukurikirana kandi agahanwa. Kuri ibi, yibukije ko kuba umugenzacyaha ari igihango uba ufitanye n’igihugu bityo kugitatira ari ishyano akaba ari uruhare rwabo ngo bahitemo igikwiye gukorwa.

IGP Gasana yarangije ashimira abitabiriye iyi nama barimo abafatanyabikorwa n’abagenzacyaha, aho yavuze ko bose bafatanyije byatuma ubutabera burushaho kugenda neza.

Umushinjacyaha mukuru wa Repubulika, Richard Muhumuza mu ijambo yagejeje ku bagenzacyaha, yavuze ko kugenza ibyaha ari akazi kagomba kurangwa n’ubushishozi, kuko iyo gakozwe nabi bigira ingaruka ku mihanire y’abanyabyaha kuko ari ubugenzacyaha n’ubushinjacyaha , bose bagendera ku bimenyetso byakusanyijwe n’umugenzacyaha.

Yagize ati:”Ibimenyetso mutanga bifite uruhare runini mu gutuma ubutabera bugenda neza, kandi kugeza ubu turishimira imikoranire iri hagati yacu n’ubugenzacyaha , tukaba twifuza ko yakwiyongera dore ko inagenwa n’itegeko.”

Muhumuza kandi yabasabye kurangwa no guhora bihugura, kugira ubwitange cyane cyane birinda ruswa kuko ari bo bahura ku ikubitiro n’abanyabyaha batifuza guhanirwa ibyo baba barakoze.

Yarangije ashimira Polisi y’u Rwanda yateguye iyi nama kandi avuga ko yizeye ko ibizavamo ari ingirakamaro ku mpande zose zirebwa n’ibikorwa byateza imbere ubutabera kugirango umuco wo kudahana uranduke burundu.

Uretse kandi aba bayobozi batanze ibiganiro, abitabiriye iyi nama baganirijwe n’izindi mpuguke mu bugenzacyaha zirimo umuyobozi w’ishami rishinzwe ubugenzacyaha muri Polisi y’u Rwanda, ACP Theos Badege, Musangabatware Clement ;umuvunyi wungirije ushinzwe kurwanya ruswa, Ntete Marius ; umugenzuzi w’ubushinjacyaha mu biro by’umushinjacyaha mukuru wa Repubulika ndetse n’abandi.

RNP

2016-01-16
Editorial

IZINDI NKURU

Mu RWANDA: Urukiko rwategetse ko Dr Mukankomeje  amanurwa muri gereza agafungwa iminsi 30 y’agateganyo

Mu RWANDA: Urukiko rwategetse ko Dr Mukankomeje amanurwa muri gereza agafungwa iminsi 30 y’agateganyo

Editorial 01 Apr 2016
Afrifame Pictures yongereye ‘Drone Phantom 4’ mu bikoresho izifashisha muri 2017

Afrifame Pictures yongereye ‘Drone Phantom 4’ mu bikoresho izifashisha muri 2017

Editorial 03 Jan 2017
Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Editorial 19 Aug 2024
Kwigerera mu Rwanda byahise bihindura byinshi ku mitekerereze ye

Kwigerera mu Rwanda byahise bihindura byinshi ku mitekerereze ye

Editorial 25 Oct 2016
Mu RWANDA: Urukiko rwategetse ko Dr Mukankomeje  amanurwa muri gereza agafungwa iminsi 30 y’agateganyo

Mu RWANDA: Urukiko rwategetse ko Dr Mukankomeje amanurwa muri gereza agafungwa iminsi 30 y’agateganyo

Editorial 01 Apr 2016
Afrifame Pictures yongereye ‘Drone Phantom 4’ mu bikoresho izifashisha muri 2017

Afrifame Pictures yongereye ‘Drone Phantom 4’ mu bikoresho izifashisha muri 2017

Editorial 03 Jan 2017
Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Editorial 19 Aug 2024
Kwigerera mu Rwanda byahise bihindura byinshi ku mitekerereze ye

Kwigerera mu Rwanda byahise bihindura byinshi ku mitekerereze ye

Editorial 25 Oct 2016
Mu RWANDA: Urukiko rwategetse ko Dr Mukankomeje  amanurwa muri gereza agafungwa iminsi 30 y’agateganyo

Mu RWANDA: Urukiko rwategetse ko Dr Mukankomeje amanurwa muri gereza agafungwa iminsi 30 y’agateganyo

Editorial 01 Apr 2016
Afrifame Pictures yongereye ‘Drone Phantom 4’ mu bikoresho izifashisha muri 2017

Afrifame Pictures yongereye ‘Drone Phantom 4’ mu bikoresho izifashisha muri 2017

Editorial 03 Jan 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru