• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha

Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha

Editorial 19 Jan 2016 Mu Mahanga

​​Iki ni igikorwa cyabaye ku rwego rw’igihugu, aho Polisi y’u Rwanda yasabye urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye aho ruri ku rugerero mu turere twose tw’igihugu aho rukangurirwa gufatanya n’inzego z’umutekano mu bukangurambaga bugamije kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina , ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, icuruzwa ry’abantu ndetse n’ibindi byaha, bakabigiramo uruhare rugaragara hagamijwe kubikumira no kurirwanya.

Ubu butumwa bwatanzwe na Polisi biciye mu bayobozi bayo mu turere dutandukanye,abashinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage hagamijwe kurwanya no gukumira ibyaha mu turere dutandukanye n’abandi bapolisi, kuri iki cyumweru itariki 17 Mutarama 2016, aho bigishijwe ku kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha twavuze haruguru.

Mu murenge wa Rusororo wo mu karere ka Gasabo, uru rubyiruko rwigishijwe n’umuyobozi wa Kominiti Polisingi muri Polisi y’u Rwanda, Assistant Comissionner of Police(ACP) Damas Gatare nawe wagarutse ku nsanganyamatsiko yagenwe na Polisi y’u Rwanda kuri uyu munsi.

ACP Gatare yarusobanuriye ko ibiyobyabwenge birimo urumogi n’inzoga zitemewe nka Kanyanga bishobora kubashora mu ngeso mbi nk’ubusambanyi, rimwe na rimwe bukurikirwa n’ingaruka mbi zirimo gutwara inda z’indaro, kuva mu ishuri, kwirukanwa mu muryango kuri bamwe , ipfunwe , ubuzererezi, ubwomanzi, no kwandura zimwe mu ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Yababwiye ati:”Ubuzima bwanyu buri mu maboko yanyu mbere y’undi uwo ariwe wese. Mukwiye rero kwirinda no kurwanya ikintu cyose gishobora kwangiza ahazaza hanyu”.

ACP Gatare yabwiye uru rubyiruko ko ibiyobyabwenge bituma uwabinyoye akora ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa, ubujura, ihohotera rishingiye ku gitsina, urugomo, gufata ku ngufu, no gusambanya abana ku mbaraga, ibi bikaba bijyanye n’insanganyamatsiko bari bihitiyemo ngo iyobore ibikorwa bari bategenyije uriya munsi yagiraga iti:” Dukangurire urubyiruko gukumira ibyaha n’ingaruka zabyo.”

Yabasobanuriye ko ibyo byaha biteza umutekano muke, bityo abasaba kujya batanga amakuru ku gihe y’abanywa, abatunda, n’abacuruza ibiyobyabwenge ndetse n’abakora ibindi byaha.

Ku birebana n’icuruzwa ry’abantu, ACP Gatare nyuma yo kubasobanurira icyo ari cyo yagize ati:” Abakora bene ubwo bucuruzi bibasira urubyiruko, cyane cyane, urw’abakobwa. Bizeza abo bashaka kujya gucuruza ko bazabaha akazi mu bihugu by’amahanga cyangwa bakabashakirayo amashuri meza .”

Yabasobanuriye ko iyo babagejejeyo babambura ibibaranga byose, maze bakabakoresha imirimo ivunanye kandi nta gihembo, ubundi, bakabakoresha nk’ibicuruzwa mu busambanyi, uburetwa n’imirimo ivunanye ndetse n’ibindi bibi kandi nta gihembo.

Avuga ku ruhare rwabo mu kurwana no gukumira iki cyaha, ACP Gatare yabwiye urubyiruko ruri ku rugerero ati:”Mu biganiro bitandukanye mujya mugirana n’urubyiruko rugenzi rwanyu, mujye murukangurira kwima amatwi umuntu waza arwizeza biriya bitangaza biba bihishe inyuma imigambi mibisha nk’iriya, ahubwo mu gihe rumenye amakuru yerekeye ibyo bikorwa byo gucuruza abantu, rugahita rubimenyesha Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zibishinzwe kugira ngo ababikoze cyangwa abategura kubikora bafatwe.”

RNP

2016-01-19
Editorial

IZINDI NKURU

Yatuye igiceri cyo ku gihe cya Perezida Kayibanda nk’inkunga yo gufasha abarokotse Jenoside

Yatuye igiceri cyo ku gihe cya Perezida Kayibanda nk’inkunga yo gufasha abarokotse Jenoside

Editorial 12 Apr 2016
Uganda: Umudepite yareze mu rukiko umunyeshuri wamwandikiye ubutumwa bw’urukundo

Uganda: Umudepite yareze mu rukiko umunyeshuri wamwandikiye ubutumwa bw’urukundo

Editorial 05 Oct 2018
Umunyarwanda CP Christophe BIZIMUNGU yasimbuye Umufaransa Maj. Pascal CHAMPION ku buyobozi bukuru bw’abapolisi bari mu butumwa bwa Loni muri Santrafrika.

Umunyarwanda CP Christophe BIZIMUNGU yasimbuye Umufaransa Maj. Pascal CHAMPION ku buyobozi bukuru bw’abapolisi bari mu butumwa bwa Loni muri Santrafrika.

Editorial 29 Jun 2021
Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Editorial 11 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusirikare ‘wishe umugore’ we i Rulindo yafatatiwe i Kibungo-Lt Col Munyengango
Mu Rwanda

Umusirikare ‘wishe umugore’ we i Rulindo yafatatiwe i Kibungo-Lt Col Munyengango

Editorial 11 May 2018
Ingabo za Twagiramungu zishiriye ku icumu : Col.Akuzwe Fidel alias Artemond wari ukuriye icungamatungo muri FLN yatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Ingabo za Twagiramungu zishiriye ku icumu : Col.Akuzwe Fidel alias Artemond wari ukuriye icungamatungo muri FLN yatawe muri yombi

Editorial 06 Dec 2019
Perezida Buhari kutagaruka avangira Visi Perezida yagaragaje   yuko koko akunda Nigeria
Mu Rwanda

Perezida Buhari kutagaruka avangira Visi Perezida yagaragaje yuko koko akunda Nigeria

Editorial 17 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru