Ibura ry’umuriro kuri stade Huye mu mukino wahuzaga Cameroon na Ethiopie ryatumye abagera kuri bane bahita bajyanwa mu maboko ya Police barimo umukozi muri Minispoc Eng. Aimable Sebadari. Mu karuhuko amatara yaje kuba azimijwe ho gato Uyu wari umukino w’umunsi wa kabiri mu itsinda rya kabiri muri CHAN iri kubera mu Rwanda waje kurangira amakipe yombi anganyije 0-0, byongereye amahirwe ikipe ya Cameroon yo kugera muri ¼ cy’irangiza nyuma yo kugwiza amanota ane mu gihe Ethiopie yo isabwa ibirenze. Ikipe izarokoka muri izi ni yo izahura n’u Rwanda muri ¼ kuri stade Amahoro. Ibyabereye mu kibuga ariko si cyo cyavuzwe cyane kuri uyu mukino, dore ko ibura ry’amatara acana stade ryagarutsweho cyane ku bari i Huye n’abakurikiranaga umukino. Aya matara, yaje kugira ikibazo umukino ugitangira ariko amakipe yombi ntiyabyitaho kuko ikirere cya Huye cyari kikibonesha stade. Ibintu byaje kuba bibi ku munota wa 36 ubwo amatara acanwa kuri stade yazaga kuzima burundu maze stade igasigara iri mu icuraburindi mu gihe cy’iminota 12. Amakuru dufite, avuga ko iri zima ry’aya matara ryaba ryatewe n’uko amavuta yo muri Moteri yaba yashizemo hakaba uburangare mu kugura andi. bikekwako yaba yibwe bi ariko byaje gukosorwa nyuma gato maze umukino urongera urasubukurwa igice cya mbere kirarangira. Mu karuhuko k’igice cya mbere, aya matara yongeye kuzima ariko ntibyatinda. Iri bura ry’umuriro ariko, ntabwo ryagendeye ubusa kuko abagera kuri bane bahise batabwa muri yombi na Police y’igihugu ngo babe babazwa uruhare rwabo muri ibi. Umuvugizi wa Police y’igihugu ACP Celestin Twahirwa yabihamirije umwe mubanyamakuru bariyo . “Hafashwe bane hari babiri bagikurikiranwa kuko byahungabanyije umutekano. Mu bakurikiranwa harimo uwari ushinzwe umutekano muri stade zose akaba n’umukozi uhoraho muri Minispoc(Eng Twahirwa). Hari nundi bari barakodesheje ngo akurikirane ibya stade zose”. Sade izongera kwakira imikino ya CHAN kuri iki cyumweru Cote d’Ivoire ikina na Gabon mu itsinda A mu gihe ku wa mbere Congo Kinshasa izaba ihisobanurira na Cameroon mu itsinda rya kabiri. M.Fils

Inkuru zigezweho
-
Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza | 06 May 2026
-
Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa | 06 May 2026
-
Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League | 05 May 2026
-
Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali | 03 May 2026
-
POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026 | 02 May 2026
-
Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa | 28 Apr 2026



