• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Kuri uyu wa mbere: Congo Kinshasa na Cameroon mu mukino wo gukwepa Amavubi

Kuri uyu wa mbere: Congo Kinshasa na Cameroon mu mukino wo gukwepa Amavubi

Ubwanditsi 25 Jan 2016 IMIKINO

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 25 Mutarama 2016, ikipe y’igihugu ya Congo Kinshasa irakina na Cameroon mu mukino wo guhatanira umwanya wa mbere mu itsinda rya kabiri urabera kuri stade ya Huye saa 16:00.

-1922.jpg

Ethiopia (yambaye icyatsi) irasabwa gutsinda Angola

Uyu mukino, uraza kubera rimwe n’urahuza Angola na Ethiopia kuri Stade Amahoro i Remera.

Congo Kinshasa na Cameroon zirahatanira kudahura n’u Rwanda.

-1923.jpg

Angola yamaze gusezerwa nyuma yo gutsindwa na Cameroon na RD Congo

Mu gihe ikipe y’igihugu y’u Rwanda yamaze kubona tike ya ¼ iyoboye itsinda rya mbere, itegereje ikipe ya kabiri mu itsinda B, bazahura muri ¼.

Congo Kinshasa irahabwa amahirwe yo kuzamuka iyoboye itsinda rya kabiri. Ni nyuma yo gutsinda imikino ibiri ibanza yayihuje na Ethiopia na Angola.

-1924.jpg

Cameroon ni iya kabiri kugeza ubu n’amanota 4, nyuma yo gutsinda Angola igitego 1-0, ikanganya na Ethiopia ubusa ku busa.

Congo irasabwa nibura inota rimwe rikayihesha gukomeza ku isonga muri iri tsinda mu gihe Cameroon itsinze, ari yo yazamuka ari iya mbere.

Amahirwe ya buri kipe mu itsinda B

RD Congo

Congo Kinshasa yamaze kwizera tike ya ¼ ikeneye nibura inota rimwe kugira ngo ibe yazamuka ari iya mbere, biyirinde guhura n’u Rwanda rwakiriye iri rushanwa, bityo ibe yahura na Cote d’ivoire.

-1925.jpg

Cameroon

Cameroon irasabwa gutsinda uyu mukino kugira ngo yizere kuzamuka ari iya mbere muri iri tsinda. Bitabaye ibyo, irasabwa kunganya kugira ngo izamuke ari iya kabiri kuko igihe yatsindwa na Congo Kinshasa, Ethiopia igatsinda Angola, iyi kipe ya Roger Milla ishobora gusezererwa bagendeye ku bitego amakipe yombi azigamye dore ko amakipe yombi yanganyije ubusa ku busa.

Ethiopia

Ethiopia ifite inota rimwe yakuye kuri Cameroon, irasabwa gutsinda Angola mu mukino bafitanye kuri uyu wa Mbere kugira ngo yizere nibura gukomeza mu gihe Cameroon yatsindwa na Congo Kinshasa, ubundi bagakizwa n’ibitego byavuye mu mikino yombi.

Angola

Palancas Negras, ikipe y’igihugu ya Angola, yamaze gusezererwa muri iri rushanwa, nyuma yo gutsindwa na Cameroon igitego 1-0 ndetse na DR Congo ibitego 4-2.

M.Fils

2016-01-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rutsinzwe na Mozambique 2-0, amahirwe yo kujya mu gikombe cy’Afurika 2023 ahita ayoyoka

U Rwanda rutsinzwe na Mozambique 2-0, amahirwe yo kujya mu gikombe cy’Afurika 2023 ahita ayoyoka

Ubwanditsi 18 Jun 2023
Rubanguka Steven, umukinnyi wo hagati mu Ikipe y’Igihugu Amavubi agakina muri AE Karaiskakis Artas yo muri Greece yageze mu mwiherero w’Ikipe i Nyamata

Rubanguka Steven, umukinnyi wo hagati mu Ikipe y’Igihugu Amavubi agakina muri AE Karaiskakis Artas yo muri Greece yageze mu mwiherero w’Ikipe i Nyamata

Ubwanditsi 18 Mar 2021
Nkuyu mukobwa wa mugira iyihe nama koko!!

Nkuyu mukobwa wa mugira iyihe nama koko!!

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Amavubi yatsindiwe muri Guinée yatahanye isoni ku maso

Amavubi yatsindiwe muri Guinée yatahanye isoni ku maso

Ubwanditsi 14 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese noneho Museveni arava kw’izima ko ibibazo atera u Rwanda byashyizwe mu maboko y’abagabo!
INKURU NYAMUKURU

Ese noneho Museveni arava kw’izima ko ibibazo atera u Rwanda byashyizwe mu maboko y’abagabo!

Ubwanditsi 12 Jul 2019
Abanyarwanda batandatu bigaga muri Kampala International University baguye mu mpanuka y’imodoka
Mu Mahanga

Abanyarwanda batandatu bigaga muri Kampala International University baguye mu mpanuka y’imodoka

Ubwanditsi 05 Nov 2017
Umuhanzi Meddy agiye guhuza  ba Rwiyemezamirimo badafite ubushobozi  hamwe n’Abashoramari.
Mu Rwanda

Umuhanzi Meddy agiye guhuza ba Rwiyemezamirimo badafite ubushobozi hamwe n’Abashoramari.

Ubwanditsi 22 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru