• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kamonyi: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare biyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Kamonyi: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare biyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Editorial 06 Feb 2016 Mu Mahanga

​Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bagera ku 50 bibumbiye mu Koperative yitwa “Twizamure” bo mu murenge wa Runda, mu karere ka Kamonyi, bakanguriwe kurwanya ibiyobyabwenge mu gihe bakora imirimo yabo ya buri munsi ndetse no hanze y’akazi bakora.

Ibi babikanguriwe mu nama bagiranye na Superintendent of Police (SP) Donald Kinani , umuyobozi wa Polisi mu karere ka Kamonyi aho yabasobanuriye ubwoko butandukanye bw’ibiyobyabwenge, ububi n’ingaruka zibivaho, haba ku muntu ku giti cye ndetse no ku muryango muri rusange.

Iyi koperative igizwe n’abanyonzi 50 barimo 20 bahoze banywa ibiyobyabwenge nyuma bakaza kubireka no kwishyira hamwe n’abandi mu rwego rwo kwiteza imbere.
Muri iyo nama yabereye mu kagari ka Gihara, SP Kinani yabwiye urwo rubyiruko rw’abanyonzi ati: “Nkamwe abenshi muri mwe mwabibayemo, mufite ubuhamya ku bubi bw’ibiyobyabwenge kandi ibyo muzabwira urundi rubyiruko bizarufasha kuko ruzagereranya uko mumeze ubu n’uko mwari mumeze igihe mwanywaga ibiyobyenge.”

Yababwiye ko nta terambere rishoboka ku gihugu cyacu igihe urubyiruko ruri mu biyobyabwenge kandi ari rwo mbaraga igihugu gitezeho umusaruro mu nzego zose z’ubuzima, aho yabakanguriye kandi kujya bitabira gahunda za Leta kandi bakagira uruhare mu mpinduramyitwarire ya bagenzi babo bakiri mu biyobyabwenge.

Nizeyimana Ramadhan w’imyaka 28, umwe mubahoze babinywa, nyuma y’iyi nama yagize ati:” Maze imyaka 2 nduretse kuko natangiye kurunywa mfite imyaka 17 ndureka mfite 26, nahuye narwo ntangiye kwigira umwana wo mu muhanda kandi na nyuma mvuye mu muhanda nakomeje kurunywa ariko nkajya niba amafaranga iwacu ngo mbone icyo ndugura.”

Yarangije agira ati:” Maze umwaka ngiye muri koperative, nkaba maze kwiyubakira inzu y’agaciro k’ibihumbi 500 ngura n’ishyamba ry’ibihumbi 100 none nkaba nkangurira urubyiruko bagenzi banjye ko ababirimo babireka kuko iyo ubinywa usigara uri ikibazo mu muryango kandi nta kizere uba ufitiwe.”

Undi wahoze abinywa yitwa Uwihoreye Jean de Dieu w’imyaka 28 y’amavuko, avuga ko yatangiye kunywa urumogi afite imyaka 15 arureka afite imyaka 24 ngo arunyweshejwe n’imibereho mibi yo mu muryango we.

Yagize ati:”N’ubwo maze umwaka muri koperative, maze imyaka itandatu mu bunyonzi, nakomeje kubabara mu gatuza kubera urumogi ariko aho ndurekeye ubu narakize kandi ntararureka, uretse no kubabara mu gatuza, ntacyo nigeze nimarira, mu gihe ubu maze kwigurira igare narakoreshaga iry’abandi imyaka myinshi, niguriye akamasa ko korora kandi ndizigamira muri SACCO y’umurenge wacu, nkaba nsaba abakiri mu biyobyabwenge ko babireka nta kiza kibibonekamo uretse gusubira inyuma ku mubiri, mu bitekerezo ndetse no mu iterambere.”

Bwana Hategekimana Daniel, umuyobozi wa koperative we, avuga ko bafite amahirwe yo kuba bafite abatangabuhamya ba nyabo muri koperative, yizeye ko bazajya babakoresha nk’abatangabuhamya babyo mu bukangurambaga biteguye gukora mu murenge wose wa Gihara.

RNP

2016-02-06
Editorial

IZINDI NKURU

Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Editorial 23 Jul 2021
Perezida Kagame yegukanye  igihembo mu guharanira iterambere  k’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga

Perezida Kagame yegukanye igihembo mu guharanira iterambere k’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga

Editorial 14 Nov 2016
Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo

Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo

Editorial 11 Nov 2022
Umutekano n’ikumirwa bidasanzwe mu bukwe bwa Knowless na Clément

Umutekano n’ikumirwa bidasanzwe mu bukwe bwa Knowless na Clément

Editorial 31 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa
Mu Mahanga

Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa

Editorial 12 Feb 2016
Ibizamini  ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima
ITOHOZA

Ibizamini ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima

Editorial 09 Nov 2016
Gicumbi: Bane bafatiwe mu mukwabu wa Polisi bari mu bikorwa by’ubujura n’ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Gicumbi: Bane bafatiwe mu mukwabu wa Polisi bari mu bikorwa by’ubujura n’ibiyobyabwenge

Editorial 10 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru