• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kamonyi: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare biyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Kamonyi: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare biyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 06 Feb 2016 Mu Mahanga

​Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bagera ku 50 bibumbiye mu Koperative yitwa “Twizamure” bo mu murenge wa Runda, mu karere ka Kamonyi, bakanguriwe kurwanya ibiyobyabwenge mu gihe bakora imirimo yabo ya buri munsi ndetse no hanze y’akazi bakora.

Ibi babikanguriwe mu nama bagiranye na Superintendent of Police (SP) Donald Kinani , umuyobozi wa Polisi mu karere ka Kamonyi aho yabasobanuriye ubwoko butandukanye bw’ibiyobyabwenge, ububi n’ingaruka zibivaho, haba ku muntu ku giti cye ndetse no ku muryango muri rusange.

Iyi koperative igizwe n’abanyonzi 50 barimo 20 bahoze banywa ibiyobyabwenge nyuma bakaza kubireka no kwishyira hamwe n’abandi mu rwego rwo kwiteza imbere.
Muri iyo nama yabereye mu kagari ka Gihara, SP Kinani yabwiye urwo rubyiruko rw’abanyonzi ati: “Nkamwe abenshi muri mwe mwabibayemo, mufite ubuhamya ku bubi bw’ibiyobyabwenge kandi ibyo muzabwira urundi rubyiruko bizarufasha kuko ruzagereranya uko mumeze ubu n’uko mwari mumeze igihe mwanywaga ibiyobyenge.”

Yababwiye ko nta terambere rishoboka ku gihugu cyacu igihe urubyiruko ruri mu biyobyabwenge kandi ari rwo mbaraga igihugu gitezeho umusaruro mu nzego zose z’ubuzima, aho yabakanguriye kandi kujya bitabira gahunda za Leta kandi bakagira uruhare mu mpinduramyitwarire ya bagenzi babo bakiri mu biyobyabwenge.

Nizeyimana Ramadhan w’imyaka 28, umwe mubahoze babinywa, nyuma y’iyi nama yagize ati:” Maze imyaka 2 nduretse kuko natangiye kurunywa mfite imyaka 17 ndureka mfite 26, nahuye narwo ntangiye kwigira umwana wo mu muhanda kandi na nyuma mvuye mu muhanda nakomeje kurunywa ariko nkajya niba amafaranga iwacu ngo mbone icyo ndugura.”

Yarangije agira ati:” Maze umwaka ngiye muri koperative, nkaba maze kwiyubakira inzu y’agaciro k’ibihumbi 500 ngura n’ishyamba ry’ibihumbi 100 none nkaba nkangurira urubyiruko bagenzi banjye ko ababirimo babireka kuko iyo ubinywa usigara uri ikibazo mu muryango kandi nta kizere uba ufitiwe.”

Undi wahoze abinywa yitwa Uwihoreye Jean de Dieu w’imyaka 28 y’amavuko, avuga ko yatangiye kunywa urumogi afite imyaka 15 arureka afite imyaka 24 ngo arunyweshejwe n’imibereho mibi yo mu muryango we.

Yagize ati:”N’ubwo maze umwaka muri koperative, maze imyaka itandatu mu bunyonzi, nakomeje kubabara mu gatuza kubera urumogi ariko aho ndurekeye ubu narakize kandi ntararureka, uretse no kubabara mu gatuza, ntacyo nigeze nimarira, mu gihe ubu maze kwigurira igare narakoreshaga iry’abandi imyaka myinshi, niguriye akamasa ko korora kandi ndizigamira muri SACCO y’umurenge wacu, nkaba nsaba abakiri mu biyobyabwenge ko babireka nta kiza kibibonekamo uretse gusubira inyuma ku mubiri, mu bitekerezo ndetse no mu iterambere.”

Bwana Hategekimana Daniel, umuyobozi wa koperative we, avuga ko bafite amahirwe yo kuba bafite abatangabuhamya ba nyabo muri koperative, yizeye ko bazajya babakoresha nk’abatangabuhamya babyo mu bukangurambaga biteguye gukora mu murenge wose wa Gihara.

RNP

2016-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda 2015: Winding up Business with a unique selling proposition

Rwanda 2015: Winding up Business with a unique selling proposition

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Umuganda: Kagame yakebuye amwe mu mashuri yaranduye ibyatsi mu mbuga abana bakiniramo

Umuganda: Kagame yakebuye amwe mu mashuri yaranduye ibyatsi mu mbuga abana bakiniramo

Ubwanditsi 28 Feb 2017
Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?

Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?

Ubwanditsi 13 Jun 2023
Jean Paul Turayishimye na Benoit Umuhoza bazi ko kwigomeka ku gihugu ari umuvumo niyo mpamvu babeshya ababyeyi babo ko babivuyemo 

Jean Paul Turayishimye na Benoit Umuhoza bazi ko kwigomeka ku gihugu ari umuvumo niyo mpamvu babeshya ababyeyi babo ko babivuyemo 

Ubwanditsi 18 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame aragaragaza ubushake buganisha ku mahoro mu Karere uruhare rwa Tshilombo nirwo rubura
Amakuru

Perezida Kagame aragaragaza ubushake buganisha ku mahoro mu Karere uruhare rwa Tshilombo nirwo rubura

RUSHYASHYA 02 Nov 2025
U Burundi bwemeye kwitabira inama ya EAC iheruka gusubikwa
ITOHOZA

U Burundi bwemeye kwitabira inama ya EAC iheruka gusubikwa

Ubwanditsi 16 Dec 2018
Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi
POLITIKI

Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi

Ubwanditsi 04 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru