• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Amerika iriyama u Rwanda ibyo rwo ruhakana

Amerika iriyama u Rwanda ibyo rwo ruhakana

Ubwanditsi 13 Feb 2016 POLITIKI

Abategetsi muri Amerika bariyama u Rwanda kudatera inkunga imitwe ya gisirikare igambiriye guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza ariko u Rwanda rwo rugahakana yuko nta nkunga nkiyo iruturukamo.

Iby’uko u Rwanda rwaba rufasha kwinjiza mu gisirikare impunzi z’Abarundi ngo bage guteza imvururu mu Burundi byabanje kuvugwa n’ikigo cy’Abanyamerika kivugira impuzi (Refugee International-RI) mu mpera z’ukwa 12 umwaka ushize ariko byarabanje gusakuzwa na Willy Nyamitwe, umuvugizi wa Perezida Nkurunziza.

Abo bavuga yuko u Rwanda rwaba rutera inkunga abo batera u Burundi bavuga yuko abana kimwe n’abantu bakuze ahanini bakunze gukurwa mu nkambi nini y’impunzi ya Mahama, icumbikiye izisaga ibihumbi 50, mu zisaga ibihumbi 70 zibarizwa ku butaka bw’u Rwanda.

Perezida Kagame yigeze kubwira abanyamakuru yuko ibyo birego by’u Burundi ari ibya cyana ngo kuko u Rwanda nta nyungu na nke rufite zo guteza umutekano muke muri icyo gihugu. Umuvugizi wa Minisiteri y’impunzi n’ibiza, Frederic Ntawukuriryayo we akavuga yuko icyo ari ikinyoma cyambaye ubusa ngo kuko iyo ibyo biza kuba byo n’ishami rya LONI rishinzwe impunzi ryari kuba irya mbere kubimenya. Minisitiri Mushikiwabo nawe ibyo yakomeje kubinyomoza.

Muri Amerika iby’uko u Rwanda rwinjza mu gisirikare abashaka cyangwa baba batera u Burundi byakomejwe n’intumwa ya Amerika mu karere k’ibiyaga bigari, Thomas Perriello, uherutse kuvuga yuko yahuriye muri DRC n’abana batatu bari mu gisirikare kirwanya leta y’u Burundi bakamubwira yuko binjijwe mu gigisirikare, bakanahabwa imyitozo ya gisirikare n’abanyarwanda.

-2055.jpg

Linda Thomas- Greenfield

-2056.jpg

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Amerika wungirije, ushinzwe ibibazo bya Afurika, Linda Thomas- Greenfield ejo bundi yavuze yuko ayo makuru bayagejeje kuri leta y’u Rwanda bayimenyesha yuko Amerika itifuza kubona ikindi gisa nka M23 muri aka karere.

-2057.jpg

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo

Mbere imitwe yari izwi yuko iharanira guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza ni Imbogoraburundi MSD ariko ubu hakaba haherutse kuvuka FOREBU ibumbiye hamwe imitwe itandukanye irwanya ubwo butegetsi bwa Nkurunziza.

Casmiry Kayumba

2016-02-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ubwanditsi 04 Jun 2025

Perezida Ndayishimiye Yahisemo Gushyira imbere ubushyamirane mu baturanyi aho gukemura ibibazo by’imbere mu gihugu

Ubwanditsi 30 Jul 2025
AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze

AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze

Ubwanditsi 18 Jan 2019
Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Ubwanditsi 15 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwashyizwe mu muhezo
Mu Rwanda

Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwashyizwe mu muhezo

Ubwanditsi 18 Oct 2017
Uganda yashyikirije Congo bamwe mu bahoze muri M23 bari bahahungiye
POLITIKI

Uganda yashyikirije Congo bamwe mu bahoze muri M23 bari bahahungiye

Ubwanditsi 26 Feb 2019
u Burundi bwataye muri yombi abakozi b’umuryango International Rescue Committee, IRC
INKURU NYAMUKURU

u Burundi bwataye muri yombi abakozi b’umuryango International Rescue Committee, IRC

Ubwanditsi 12 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru