• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Igipolisi n’abanyamakuru barashaka uko barushaho gukorana batarebana ay’ingwe

Igipolisi n’abanyamakuru barashaka uko barushaho gukorana batarebana ay’ingwe

Editorial 21 Apr 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda n’itangazamakuru byose nk’ibikorera abaturage birashaka uburyo bwo gukorana ku buryo nta n’umwe ubangamira undi mu kazi.

Kuri uyu wa Kane, abanyamakuru n’abapolisi bakuru bateraniye hamwe i Kigali bigira hamwe uko banoza akazi kabo, buri wese akuzuza inshingano afitiye sosiyete.

Nubwo byabaye ngombwa ko Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura (RMC) ku bufatanye butegura aya mahugurwa, haremezwa ko nta gikuba cyacitse, ko nta munyamakuru uhohoterwa mu kazi n’umupolisi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Celestin Twahirwa yagize ati “Nta tangazamakuru rifitanye ikibazo na Polisi, nta mupolisi ufitanye ikibazo n’itangazamakauru.”

-2706.jpg

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Celestin Twahirwa

Nubwo ariko avuga atya, ACP Twahirwa avuga ko ahari abantu hatabura ibibazo, bityo ko hakenewe amahugurwa ahoraho mu kurushaho gukora kinyamwuga. Ibibazo bigaragajwe bigakemuka, nta mupolisi uhutaje umunyamakuru.

Ashimangira ko Polisi izirikana ko abanyamakuru ari umuyoboro wo kwereka abaturarwanda uko umutekano wabo urinzwe, n’ibyo bagomba kwirinda.

Agashimangira ariko ko amakuru yose atari ngombwa kuyatangaza, yaba ku ruhande rw’inzego z’umutekano kimwe n’itangazamakuru.

Yaboneyeho kuvuga ko hari nk’ibitangazwa nko ku mbuga nkoranyamabaga, cyangwa itangazamakuru bihabanye n’umuco nyarwanda cyangwa umutekano w’abaturage mu gihe ari ibibahahamura.

-2707.jpg

Cleophas Barore uyoboye RMC

Ku ruhande rw’abanyamakuru, Cleophas Barore uyoboye RMC, agaragaza ko guhugurirwa hamwe n’abapolisi ari umwanya wo gusasa inzobe, hakagaragazwa aho bamwe bagiye basitaranaho mu kazi.

Yagize ati“Hari n’igihe umuntu asitaranaho kubera ko umuntu atazi inshingano zundi.”

Umupolisi waturutse muri Canada akaba ari impuguke mu by’itangazamakuru, niwe ugiye kumarana iminsi itatu n’abanyamakuru n’abapolisi bamwe bakorana n’itangazamakuru.

Kugeza ubu mu Rwanda nta rubanza ruriho, umunyamakuru agaragaza ko yahohotewe.

Ku rundi ruhande ariko, Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura rurasaba n’abanyamakuru kubahiriza amahame agenga umwuga wabo, ku buryo nabo batagira umuturage bahohotera.

Ku muturage wahohotewe nawe, uru rwego rugaragaza ko rumwakira. Kugeza ubu RMC ivuga ko kuva yashingwa imaze kwakira ibirego birega 140, harimo n’iby’abaturage batishimira ibyabatangajweho.

2016-04-21
Editorial

IZINDI NKURU

Impamvu Zari Hassan yatawe muri yombi mu mujyi wa London yamenyekanye

Impamvu Zari Hassan yatawe muri yombi mu mujyi wa London yamenyekanye

Editorial 26 Sep 2018
‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

Editorial 02 Jan 2017
Abakozi bo mu by’ubuzima mu karere ka Ngororero bigishijwe kwirinda inkongi z’imiriro

Abakozi bo mu by’ubuzima mu karere ka Ngororero bigishijwe kwirinda inkongi z’imiriro

Editorial 29 Jan 2016
Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Editorial 19 Aug 2024
Impamvu Zari Hassan yatawe muri yombi mu mujyi wa London yamenyekanye

Impamvu Zari Hassan yatawe muri yombi mu mujyi wa London yamenyekanye

Editorial 26 Sep 2018
‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

Editorial 02 Jan 2017
Abakozi bo mu by’ubuzima mu karere ka Ngororero bigishijwe kwirinda inkongi z’imiriro

Abakozi bo mu by’ubuzima mu karere ka Ngororero bigishijwe kwirinda inkongi z’imiriro

Editorial 29 Jan 2016
Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Editorial 19 Aug 2024
Impamvu Zari Hassan yatawe muri yombi mu mujyi wa London yamenyekanye

Impamvu Zari Hassan yatawe muri yombi mu mujyi wa London yamenyekanye

Editorial 26 Sep 2018
‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

Editorial 02 Jan 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru