• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yafunguye imurikagurisha mpuzamahanga muri Tanzania, abacuruzi arabahanura

Perezida Kagame yafunguye imurikagurisha mpuzamahanga muri Tanzania, abacuruzi arabahanura

Ubwanditsi 01 Jul 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe muri Tanzania, yafunguye imurikagurisha mpuzamahanga rya Dar es Salaam rya 40, asaba abacuruzi kutaba nyamwigendaho, bagakora mu nyungu z’akarere bahuriyemo.

Perezida Kagame wakiranwe icyubahiro muri Tanzania kuri uyu wa Gatanu, mu gufungura iri murikagurisha, yerekanye ko ibihugu byombi bigomba gukorana neza, kuko bifite byinshi bibihuje.

Yagarutse ku kuvuga ko u Rwanda na Tanzania bihujwe n’imbibi n’amateka, byongeye bikaba ari n’ibihugu byombi binyamuryango mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba, bikanahurira mu Muhora wa Ruguru.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko itahwa ry’ikiraro cya Rusumo n’ibiro bikoreramo abashinzwe za gasutamo n’abinjira n’abasohoka muri Mata 2016, bigaragaza ko ibihugu byombi bishobora gukorera hamwe, bigirira abaturage babyo.

Yanaboneyeho no gushima umubare munini w’abamurika bitabiriye, harimo n’amasosiyete nyarwanda abarirwa muri 15 yitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga rya Dar es Salaam.

Avuga ko ibyo bishimangira ko abanyatanzaniya bafite ubushake bwo gukora ubucuruzi, kandi bakaba bakora ibishoboka byose mu guteza imbere akarere.

Agaruka ku ruzinduko rwe, Perezida Kagame ati «Urugendo rwacu hano ni umwanya mwiza wo kwiga uko twakorana ubucuruzi, tugateza imbere ibihugu byacu.»

Ku bacuruzi na bo, Perezida w’u Rwanda yabasabye ko ubucuruzi bwabo mu Karere ka Afurika bugomba gushikama kutajenjeka, ati «Abacuruzi bari aha bagomba gukorana neza nk’abavandimwe bo mu karere, bakereka abanyamahanga ko imiryango yacu ifunguye.»

Agaragaza ko bagomba kudahuga ku kazi, yagize ati «Hapa ni kazi tu! Tuendelee na kazi! », bisobanuye ngo « dukore gusa (hakenewe ibikorwa, si amagambo), dukomeze imirimo.»

-3152.jpg

-112.png

Perezida Kagame, Perezida Magufuli n’abadamu babo bitiranwa (Jeannette Kagame na Jeannette Magufuli) mu imurikagurisha rya Dar es Salaam

2016-07-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Ubwanditsi 31 Aug 2021
Abakuru ba Polisi z’u Rwanda na Uganda barebeye hamwe iby’ubufatanye bw’impande zombi

Abakuru ba Polisi z’u Rwanda na Uganda barebeye hamwe iby’ubufatanye bw’impande zombi

Ubwanditsi 22 Oct 2016
Rubavu: Urubyiruko  rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo kwamagana  ibiyobyabwenge

Rubavu: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo kwamagana ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Uganda: Igipolisi cyataye muri yombi abakekwaho kwica mwishywa wa Museveni

Uganda: Igipolisi cyataye muri yombi abakekwaho kwica mwishywa wa Museveni

Ubwanditsi 01 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hagiye gushyirwaho ikoranabuhanga rizajya ryemeza abemerewe gukora ibizamini by’akazi
IKORANABUHANGA

Hagiye gushyirwaho ikoranabuhanga rizajya ryemeza abemerewe gukora ibizamini by’akazi

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Bruce Melodie na Made Beat bageze muri Norvège aho bagiye mu bitaramo bizabera mu bice bitandukanye byo ku mugabane w’i Burayi
Amakuru

Bruce Melodie na Made Beat bageze muri Norvège aho bagiye mu bitaramo bizabera mu bice bitandukanye byo ku mugabane w’i Burayi

Ubwanditsi 07 May 2022
Mu bihugu 10 byamunzwe na corruption kurusha ibindi ku isi bitatu biri muri Afurika
ITOHOZA

Mu bihugu 10 byamunzwe na corruption kurusha ibindi ku isi bitatu biri muri Afurika

Ubwanditsi 14 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru