• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umwami wa Maroc yemeje ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU

Umwami wa Maroc yemeje ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU

Ubwanditsi 18 Jul 2016 Mu Mahanga

Hashize igihe, inshuti zacu zidusaba kugaruka tukazisanga, kugira ngo Maroc yongere isubirane umwanya karemano mu nzego za AU. Icyo gihe cyageze.”Aya ni amagambo y’Umwami Mohammed VI yumvikanisha neza ko igihugu cye cyateye intambwe idasubira inyuma mu bijyanye no kugaruka mu Muryango wa AU.

Maroc yivanye mu Muryango w’Ubumwe bwa Afurika ucyitwa OUA mu 1984 nyuma y’uko wari umaze kwakira Repubulika ya Sahara kandi igenzurwa na yo [Maroc].

Leta ya Sahara yashinzwe na Polisario,ishyaka ryaharaniraga ubwigenge bwa Sahara (Saguia el Hamra) na Rio de Oro muri Maroc.

Ijambo ry’Umwami wa Maroc, Mohammed VI yavuze kuri uyu wa 17 Nyakanga 2016 ryahawe umutwe ugira uti ‘igihe kirageze’ rishimangira ubushake bw’igihugu cye ku kugaruka muri uyu muryango nyuma y’imyaka 32.

Umwami Mohammed VI uyobora Maroc yagarutse ku buryo bavuye muri uyu muryango, agaragaza ko igihe kigeze ngo barenge ayo macakubiri , kandi ko babyiyemeje nk’inshingano nshya mu gukora amateka.

Umwami yagize ati “Igihe kirageze ngo twigizeyo ibyo bibazo byose byo kwitandukanya.”

Kugaruka kwa Maroc bizatuma ibihugu binyamuryango biva kuri 54 bigere kuri 55, ni inkuru nziza nk’umwana w’ikirara wemeye kwicisha bugufi agasubira kwa se ngo yongere abarwe mu muryango.

Ku bijyanye n’ivuka rya leta ya Sahara ryatumye Maroc iva muri uwo muryango, Umwami Mohammed VI yavuze ko Afurika idakwiye gukomeza kuremerwa n’amakosa y’amateka yabayeho.

Kugira ngo Maroc yakirwe muri AU bizemezwa n’amatora y’abagize komisiyo y’uyu muryango.

Maroc ijya kwivana muri AU [OUA y’icyo gihe] ni umwanzuro wafashwe n’Umwami Hassan II, none umuhungu we, Mohammed VI afashe umwanzuro wo gusubizamo igihugu.

Perezida Kagame nk’Umukuru w’Igihugu cyakiriye inama ya AU ibaye ku nshuro ya 27, aherutse kubonana n’umwami wa Maroc, ubwo yasuraga icyo gihugu kuwa 20 na 21 Kamena 2016. Bivugwa ko uru ruzinduko rwa Perezida Kagame rwari rugamije kumvisha Maroc ko igomba kugaruka muri AU.
Mu myaka yashize, ibihugu bitandukanye bya Afurika byagiye bisaba Maroc kubyiyungaho muri AU, ndetse muri Gicurasi 2015, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Senegal, Mankeur Ndiaya, avuga ko AU itagera ku ntego zayo neza itiyunze na Maroc.

-3323.jpg

Umwami wa Maroc Mohammed VI yavuze ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU

Nubwo Maroc itari muri AU, isanganywe umwanya wihariye muri uwo muryango nk’igihugu kiri mu bya mbere byashinze uyu muryango, ndetse ikungukira muri gahunda zawo zirimo n’ibikorwa bya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB/BAD).

2016-07-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali : Nyakatsi yo muri Sports View Hotel yafashwe n’inkongi y’umuriro

Kigali : Nyakatsi yo muri Sports View Hotel yafashwe n’inkongi y’umuriro

Ubwanditsi 28 Feb 2016
14th Cabinet Retreat Resolution: why does Rwanda find DNA test important?

14th Cabinet Retreat Resolution: why does Rwanda find DNA test important?

Ubwanditsi 05 Apr 2016
Tanzania: Umuherwe Mo Dewji wari warashimuswe yabonetse

Tanzania: Umuherwe Mo Dewji wari warashimuswe yabonetse

Ubwanditsi 20 Oct 2018
Umuhanzi Patient Bizimana yibwe akayabo k’amafaranga arenga miliyoni icumi

Umuhanzi Patient Bizimana yibwe akayabo k’amafaranga arenga miliyoni icumi

Ubwanditsi 01 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mudhatiru arasaba kudahekeshwa abo atabyaye” avuga abo bareganwa bo muri FDLR.
INKURU NYAMUKURU

Mudhatiru arasaba kudahekeshwa abo atabyaye” avuga abo bareganwa bo muri FDLR.

Ubwanditsi 15 Oct 2019
Ibuka  irasaba  LONI kwiga ku ruhare rw’u Bufaransa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi
Mu Rwanda

Ibuka irasaba LONI kwiga ku ruhare rw’u Bufaransa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 Jul 2017
Gen. Kabarebe yavuze kuri Bikindi waririmbaga ko Inkotanyi bazimaze
Mu Rwanda

Gen. Kabarebe yavuze kuri Bikindi waririmbaga ko Inkotanyi bazimaze

Ubwanditsi 14 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru