• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kaminuza yigenga ya Kigali ULK irakataje mu gutanga ubumenyi

Kaminuza yigenga ya Kigali ULK irakataje mu gutanga ubumenyi

Ubwanditsi 11 Aug 2016 Mu Mahanga

Twasuye Kaminuza yigenga ya Kigali ULK , aho ikomeje gutanga amasomo afite ireme, ikaba yaratangiye no gutanga amasomo y’Ubumenyingiro ( ULK Polytechnic Institute) kuri ubu ULK ifite isomero rigezweho rifasha abanyeshuri mu bushakashatsi, ndetse ikaba iri no kwagura ibikorwa byayo

Twasuye Isomero rifite ibyumba bine bifite ubushobozi bwa za mudasobwa zigera kuri 500 aho buri cyumba gifite mudasobwa zigera ku 125.

Hifashishijwe interineti yihuta cyane, iri somero rigezweho (Digital library)rifasha abanyeshuri gukora ubushakashatsi bwimbitse bwiyongera ku byo baba basomye mu bitabo byo mu isomero risanzwe (Physical library).

-3552.jpg

-3551.jpg

-3550.jpg

Iri somero ryatangiye gukora muri Nzeri2012. Umunyeshuri afite amahirwe yo gushakisha ubumenyi butandukanye aciye ku muyoboro wa interineti ’Google’ aho imbuga zirenga 52 zayishyiriweho Ku bufatanye n’izindi kaminuza zo mu bindi bihugu zimufasha gushakashaka mu buryo bwihuse amasomo akeneye.

Laboratwari y’ishuri ry’ubumenyingiro rya Kaminuza ya ULK ( ULK Polytechnic Institute)

ULK ifite ishami ryiga iby’ikoranabuhanga n’itumanaho (Electronics and Telecommunication Technologies)

-3553.jpg

-3555.jpg

-3556.jpg

-3560.jpg

Ifite kandi n’ishami ryigisha iby’amashanyarazi (Electrical Technology)
ULK kandi ifite ishami rinini ryigisha iby’ubwubatsi ( Civil Engineering ) rigabanyijemo ibice bibiri, igice cya mbere kigizwe n’ibijyanye n’ubwubatsi mu buryo bw’ikoranabuhanga ( Construction Technology) naho igice cya kabiri cyo gitanga amasomo ajyanye no gupima ubwiza n’agaciro k’ubutaka ( Engineering Survey) cyangwa (Topography).

-3557.jpg

-3558.jpg

ishami ry’ubumenyingiro rya kaminuza ya ULK ryatangije amasomo yaryo mu mwaka wa 2014, ubu rifite poromosiyo ebyiri, abatangiye muri 2014 bari mu mwaka wa kabiri, bazahabwa impamyabumenyi muri 2017 kuko biga imyaka itatu.

-3559.jpg

Ibiciro ku banyeshuri batangira byagabanutse ku buryo bukurikira:

Abiga ku manywa bishyura amafaranga 510,000 naho abiga nijoro bishyura amafaranga 570,000 k’umwaka.

ULK ifite na laboratwari ifasha mu gupima ibikoresho by’ubwubatsi (ULK PEC Geotechnical Laboratory).

-3563.jpg

-3562.jpg

-3561.jpg

Iyi laboratwari ifite amamashini menshi atandukanye apima ibikoresho byifashishwa mu bwubatsi cyane cyane hagamijwe kumenya agaciro n’ubushobozi bw’ibyo bikoresho.

Imwe mu mamashini kabuhariwe mu gupima ubwiza n’agaciro k’amabuye yifashishwa mu bwubatsi ( LOSANGELS Aggregate Abrasion Value).

Muri iyi laboratwari harimo imashini ipima ubwiza bw’ubutaka bubakisha (CBR-California Bearing Ratio), hakabamo n’imashini ipima ubushobozi no gukomera kw’amatafari agezweho mu bwubatsi (block ciment/beto) ari yo yitwa (Compression Machine).

Imirimo y’inyubako y’Ibitaro byo ku rwego rwo hejuru bya ULK irarimbanije

Umushinga w’iyi nyubako watangiye tariki ya 1 Kamena 2015 ubwo imirimo yo gusiza yatangiraga.

-3549.jpg

-3548.jpg

-3547.jpg

-3544.jpg

-3545.jpg

-3546.jpg

-3564.jpg

-3565.jpg

-3566.jpg

-3567.jpg

-3568.jpg

-3569.jpg

-3570.jpg

Iyi nyubako ifite ibyiciro bitatu birimo ahagenewe abarwayi b’abanyacyubahiro (VIP) cyangwa se bishoboye cyane, bikagira igice cyagenewe abaturage rusange bafite uburwayi nk’ubwa ba bandi bishoboye kandi bahabwa serivisi zimwe.

Igice cya gatatu cy’iyi nyubako ni inzu yagenewe ishuri ryigisha iby’ubuganga rizajya ryigisha impuguke mu kuvura indwara zikomeye zitandukanye.

Imirimo y’inyubako y’ibitaro bya ULK iyobowe n’Ikigo ULK PEC Ltd, bakorana n’undi mushinga CAEDEC Ltd bashinzwe gukora ubugenzuzi bw’imirimo y’inyubako ndetse na VINYAS yo mu Buhinde, Ikigo kabuhariwe mu kugira ubunararibonye mu by’ubwubatsi.

Ukigera aho iyi nyubako irimo kubakwa amanywa n’ijoro, usanga imirimo ari myinshi cyane amamashini avuza ubuhuha.

Imirimo myinshi muri iyi nyubako yifashisha imashini ziponda cement aho izigera kuri 6 zirimo gutanga umusaruro wa beto ungana na 300 m2 ku manywa ndetse na 300 m2 nijoro.

Iyi nyubako ifite abakozi 560 bose hamwe, kimwe cya kabiri cyabo (280)bakora amanywa abandi bagakora ijoro.

-3572.jpg

Ibibyose ULK, ibikesha ubuyobozi bwiza bwa Prof. Dr. Rwigamba Balinda na Madame we

Umushinga w’iyi nyubako watangiye ku ya 1 Kamena 2015, imirimo yo kubaka itangira mu mwaka ushize wa 2015 ikaba iteganyijwe kurangira mu mwaka wa 2018.

Umwanditsi wacu Burasa J. Gualbert

2016-08-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jacob Zuma wahoze ari perezida wa Afurika y’Epfo yagejejwe imbere y’urukiko

Jacob Zuma wahoze ari perezida wa Afurika y’Epfo yagejejwe imbere y’urukiko

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Ubwanditsi 26 Nov 2021
Akagambane karagwira: Bihemu Patrick Benerugaba yatumiye abantu mu isabukuru, bisanga muri mitingi y’ibigarasha

Akagambane karagwira: Bihemu Patrick Benerugaba yatumiye abantu mu isabukuru, bisanga muri mitingi y’ibigarasha

Ubwanditsi 29 Dec 2021
Kicukiro: Abagabo babiri bafashwe bagerageza guha umupolisi ruswa

Kicukiro: Abagabo babiri bafashwe bagerageza guha umupolisi ruswa

Ubwanditsi 25 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi
UBUKUNGU

U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

Ubwanditsi 01 Aug 2019
Perezida Kagame yashimye ubutwari bw’abahaze ubuzima babohora igihugu
Mu Rwanda

Perezida Kagame yashimye ubutwari bw’abahaze ubuzima babohora igihugu

Ubwanditsi 01 Oct 2017
Minisiteri y’abakozi yatanze konji y’umunsi mukuru wa Eid – El- Fitr
Mu Rwanda

Minisiteri y’abakozi yatanze konji y’umunsi mukuru wa Eid – El- Fitr

Ubwanditsi 15 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru