• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuhanzi Kidumu arateta mu bikomeye

Umuhanzi Kidumu arateta mu bikomeye

Ubwanditsi 19 Aug 2016 Mu Rwanda

Kidumu ni umuhanzi w’umurundi unakunzwe hano mu Rwanda no mu karere akaba na mbere yuko u Burundi bujya mu bibazo umwaka ushize yiberaga mu gihugu cya Kenya.

Ubusanzwe yitwa Nimbona Jean Pierre ariko aho amariye kwiyumvamo igihangange mu kuririmba yiyita Kidum Kibido Kibuganizo.

Mu kwezi gutaha ambasade ya Kenya mu Burundi izaba ifite iminsi mikuru ikaba yaranatumiye Kidum Kibuganizo nk’umwe mu bazaba basusurutsa abazaba bari aho.

Hari ababuriye Kidum yuko aramutse aje mu Burundi azicwa ariko uwo mugabo ibyo yabiteye utwatsi avuga yuko adashobora kwicwa kuko we atari umunyapolitike, ngo atunzwe na muzika. Ngo kandi niba mu Burundi bica abitungiwe na muzika ari tayari gupfa ngo kandi azaba yishimiye kugwa mu gihugu cya se na sekuru.

-3705.jpg

Kidumu ashobora kuba imibare ayikora neza. Ubutegetsi bwa Nkurunziza akarere n’amahanga arabukurikiranye cyane muri buri bugome bukorera abaturage babwo n’ikindi kiremwamuntu kibarizwa ku butaka bw’u Burundi. Ubwo butegetsi buramutse bwishe Kidumu watumiwe na ambasade ya Kenya bwaba bwongeye ibibazo bwari busanzwe bufitanye n’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC) kandi bwakabaye bwifuza yuko uyu muryango utabukuraho amaboko !

Ariko Kidum agomba kuba ateta mu bikomeye. Niyo yapfa induru zikavuga ntabwo izo nduru zishobora kumuzura ! Yapfa Nkurunziza akikomereza gahunda ze nk’uko byagenze kuri Afsa Mossi, wari Depite w’u Burundi muri EALA, Jaques Bihozagara n’abandi.

-3703.jpg

Afsa Mossi ( RIP )

-3704.jpg

Nyakwigendera Bihozagara Jacques

Nubwo Kidumu avuga yuko atari umunyapolitike, bizwi neza yuko abanyapolitike ataribo bonyine bicwa mu Burundi kuko n’abaturage basanzwe bicwa. Kidum we afite umwihariko wo kuba yakwicwa kurusha n’abandi nka Mossi na Bikomagu. Kidumu koko ashobora kuba atari umunyapolitike kuko ubutegetsi bwa Nkurunziza bwaramuhaye ikiraka cyo guhanga no kuririmba indirimbo y’amatora y’ubushije akabyanga kandi yari gukuramo amafaranga.

-3706.jpg

Kidumu yaraburiwe aranga

Ayo matora Kidumu yanze kwamamaza n’amashyaka yo muri opozisiyo yanze kuyitabira nawe Bujumbura imufata nk’umuntu wa opozisiyo kandi icyo kikaba ari icyaha ubutegetsi bwa Nkurunziza bumaze kuziza benshi. Nta gitangaza rero na Kidum Kibido Kibuganizo akizize aramutse ahisemo kujya mu Burundi muri icyo gitaramo cy’abanyakenya. Na Afisa Mossi yishwe atangiye urugendo rwo kujya muri ambasade ya Tanzania aho yari yasezeranyijwe ubuhungiro !

Kayumba Casmiry

2016-08-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza

Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza

RUSHYASHYA 29 Jun 2026
Callixte Nsabimana yijejwe na Kayumba Nyamwasa kuba Minisitiri w’Ubutabera mu mezi atandatu ubwo bahuraga bwa mbere muri 2013

Callixte Nsabimana yijejwe na Kayumba Nyamwasa kuba Minisitiri w’Ubutabera mu mezi atandatu ubwo bahuraga bwa mbere muri 2013

Ubwanditsi 18 Jan 2022
Dr. Pastor Rutayisire yemeye ko Yaganjwe n’Amarangamutima agaruka ku Ifungwa ry’insengero nyinshi

Dr. Pastor Rutayisire yemeye ko Yaganjwe n’Amarangamutima agaruka ku Ifungwa ry’insengero nyinshi

Ubwanditsi 07 Aug 2024
Me NTAGANDA Bernard yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara kurugaga rw’Abavoka

Me NTAGANDA Bernard yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara kurugaga rw’Abavoka

Ubwanditsi 27 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Charles Onana ahamijwe icyaha cyo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi: Inkota ishegeshe imitima y’ibigarasha n’Interahamwe
Amakuru

Charles Onana ahamijwe icyaha cyo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi: Inkota ishegeshe imitima y’ibigarasha n’Interahamwe

Ubwanditsi 09 Dec 2024
Rwanda Motors
KWAMAMAZA

Rwanda Motors

Ubwanditsi 13 Jul 2017
Amerika: Umusenateri yabwiye bagenzi be ibigwi bya Perezida Kagame
POLITIKI

Amerika: Umusenateri yabwiye bagenzi be ibigwi bya Perezida Kagame

Ubwanditsi 24 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru