• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Kugwa byahato nahano,kudasoza irushanwa imwe mu iturufu abanyarwanda bitwaje mu mikino Olempike

Kugwa byahato nahano,kudasoza irushanwa imwe mu iturufu abanyarwanda bitwaje mu mikino Olempike

Editorial 23 Aug 2016 IMIKINO

Imikino olympic yaberaga i Rio de Janeiro muri Brazil kuva tariki 5 Kanama kugeza kuri tariki 21,yari yaritabiriwe nibihumbi by’abakinnyi harimo 7 bari baserukiye u Rwanda,gusa ariko ubwo abandi bazamuraga amabendera y’ibihugu byabo,abanyarwanda batangaga impamvu zatumye bitwara nabi,aba bakinnyi ntamudali numwe begukanye,yewe abenshi ntibanarangije irushanwa.

Turebeye hamwe muri rusange ni ku nshuro ya cyenda u Rwanda rwitabiraga imikino Olempike ikaba iya gatatu rwari ruhagarariwe kuva mu 1992 mu mikino yabereye i Barcelona muri Espagne aho rwari rufite abakinnyi 10, 2012 i Londres rwari rufite abakinnyi 7 ari nabo rwari rufite uyu mwaka i Rio de Janeiro muri Brazil.

-3774.jpg
Niyonshuti Adrie niwe wari uhagarariye abndi i Rio

Aba bakinnyi bose bari bahagarariwe na Adrie Niyonshuti nka kapiteni,uyu yajyanywe muri aya marushanwa atabikwiriye kuko siwe wari watsindiye uyu mwanya,ahubwo yaje gusimbura uwari watsindiye uyu mwanya,uyu yaje gutanga impamvu zatunguye benshi zo kuba atararangije irushanwa yavuze ko yagowe nigare aranagwa bituma adasoza i rushanwa,gusa bamwe mubakurikiye iyi mikino barimo umunyamakuru w’imikino Muramira Regis ubwo twaganiraga yatubwiye ko kuriwe asanga Adrie yari gwishije kugirango yikureho ikimwaro.

yagize ati”Njye nkurikije uko umuntu waguye mu muhanda akomereka sinakwemeza ko uriya mukinnyi yaguye koko ahubwo njye mbona iriya ari iturufu yakoresheje kugirango yikize ikimwaro cyo kuba adakoze ibyo abanyarwanda bari bamutegerejeho”.

Tariki 6 Kanama, ubwo yatangiraga gusiganwa, igare rye ryagize ikibazo cya feri ahabwa irindi ariko amaze gukora ibirometero 50 mu muri 237.5 bagombaga gusiganwa aragwa bituma ahita anava mu irushanwa atarangije.

Kuri uwo munsi kandi, Umunyarwandakazi witwa Umurungi Joanna ukina imikino yo koga metero 100 za Bunyugunyugu (butterfly) wari umaze igihe kinini yitoreza mu Butaliyani, yabaye uwa kabiri mu isibo yari arimo akoresheje umunota 1’11″92 agabanya ibihe asanzwe akoreshaho amasegonda abiri.

-3775.jpg
Umurungi umukobwa wasiganwaga muboga

Umurungi n’iyo aba uwa mbere ntiyari gukomeza bitewe n’uko isibo yarimo yari iya nyuma yari yashyizwemo abakinnyi b’inyuma bafite ibihe binini kurusha abandi ku buryo n’uwabayemo uwa mbere atarenze icyo cyiciro.

-3776.jpg
Eloi yaramaze umwaka wose yitoreza mukigo mpuza mahanga cyo koga

Umunyarwanda wa gatatu yakinnye tariki 11 Kanama, Eloi Imaniraguha. Yari amaze umwaka yitoreza mu kigo mpuzamahanga cya cyo koga [Swimming Center] muri Thailand ariko yarangije ari uwa 68 mu bakinnyi 85, akoresheje amasegonda 26 n’iby’ijana 43 mu gusiganwa metero 50, asizweho na Andriy Hovorov wo muri Ukraine wa mbere amasegonda atanu.

Uyu mukinnyi mu isibo (heat) ya kane yarimo ahanganye n’abakinnyi umunani, yabaye uwa munani ntiyabasha kurenga itsinda.

-3777.jpg
uyu niwe wahabwaga amahirwe yo kuba hari icyo yakora

Nyirarukundo Salome mu kwiruka ku maguru mu birometero 10 yarangije ari uwa 27 mu bakinnyi 35 akoresheje iminota 31 amasegonda 7 n’ibice 80 asizwe na Almaz Ayana wo muri Ethiopia wabaye uwa mbere akoresheje iminota 29 amasegonda 17 n’ibice 45.

-3778.jpg
Mukasakindi yabaye uwa 126

Mukasakindi Claudette na we usiganwa ku maguru mu birometero 42 [marathon ], yabaye uwa 126 mu bantu 133 basoje irushanwa, Umunya Kenya Jemima Jelagat Sumgong yegukana umudali wa zahabu amusize iminota 41’53.

Ku munsi wa nyuma w’amarushanwa, kuri iki Cyumweru tariki 21 Kanama hari hatahiwe Uwiragiye Ambroise usiganwa muri marathon mu bagabo akaba asanzwe yitoreza mu Buholandi ari naho aba.

Uyu mukinnyi wari witabiriye imikino Olempike ku nshuro ya mbere, yarangije ari uwa 99 mu 140 basiganwe, yakoresheje amasaha 2:25:57 mu gihe Umunya Kenya Eliud Kipchoge wa mbere yakoresheje amasaha 2:08:44.

Nathan Byukusenge wagombaga gukina mu gusiganwa ku magare mu misozi (Mountain Bike), we ntiyabashije kurangiza isiganwa. Umudali wa zahabu watwawe na Nino Schurter wo mu Busuwisi, Jaroslav Kulhavý wo muri Repubulika ya Czech yegukana feza naho Carlos Coloma Nicolas wo muri Espagne atwara uw’umuringa.

Muri rusange, mu bihugu byo mu Karere u Burundi buvanye umudali umwe wa feza muri iyi mikino, Kenya itahanye imidali 13 irimo itandatu ya zahabu, itandatu ya feza n’umwe w’umuringa, Ethiopia itahanye imidali umunani irimo umwe wa zahabu, ibiri ya feza n’itanu y’umuringa.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika niyo yegukanye imidali myinshi kuko itahanye 121 irimo 46 ya zahabu, 37 ya feza na 38 y’umuringa, ikaba ikurikiwe n’u Bushinwa bwatwaye imidali 70 n’u Bwongereza butahanye igera kuri 67.

Muri Afurika Kenya niyo yatwaye imidali myinshi igera kuri 13 ikurikiwe na Afurika y’Epfo yatwaye 10.

Aha niho twagera twibaza niba koko buri mwaka u Rwanda ruzajya rwitabira gusa ariko nta mudali rutegereje.

Ntakirutimana Alfred

2016-08-23
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi  Kitoko ,Sheeber Karugi aje gutaramira mu Rwanda

Nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi Kitoko ,Sheeber Karugi aje gutaramira mu Rwanda

Editorial 30 Jun 2016
Frank Spittler utoza Amavubi, yavuze ko kongera abanyamahanga  muri Shampiyona ari ukwica umupira w’u Rwanda

Frank Spittler utoza Amavubi, yavuze ko kongera abanyamahanga muri Shampiyona ari ukwica umupira w’u Rwanda

Editorial 30 Aug 2024
MTN yateguye igitaramo cy’imbaturamugabo yatumiyemo bamwe mu bahanzi b’ibyamamare

MTN yateguye igitaramo cy’imbaturamugabo yatumiyemo bamwe mu bahanzi b’ibyamamare

Editorial 01 Jun 2016
Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije

Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije

Editorial 26 Aug 2021
Nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi  Kitoko ,Sheeber Karugi aje gutaramira mu Rwanda

Nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi Kitoko ,Sheeber Karugi aje gutaramira mu Rwanda

Editorial 30 Jun 2016
Frank Spittler utoza Amavubi, yavuze ko kongera abanyamahanga  muri Shampiyona ari ukwica umupira w’u Rwanda

Frank Spittler utoza Amavubi, yavuze ko kongera abanyamahanga muri Shampiyona ari ukwica umupira w’u Rwanda

Editorial 30 Aug 2024
MTN yateguye igitaramo cy’imbaturamugabo yatumiyemo bamwe mu bahanzi b’ibyamamare

MTN yateguye igitaramo cy’imbaturamugabo yatumiyemo bamwe mu bahanzi b’ibyamamare

Editorial 01 Jun 2016
Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije

Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije

Editorial 26 Aug 2021
Nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi  Kitoko ,Sheeber Karugi aje gutaramira mu Rwanda

Nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi Kitoko ,Sheeber Karugi aje gutaramira mu Rwanda

Editorial 30 Jun 2016
Frank Spittler utoza Amavubi, yavuze ko kongera abanyamahanga  muri Shampiyona ari ukwica umupira w’u Rwanda

Frank Spittler utoza Amavubi, yavuze ko kongera abanyamahanga muri Shampiyona ari ukwica umupira w’u Rwanda

Editorial 30 Aug 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru