• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Amavubi ashobora kuririra ku makimbirane ari mu ikipe ya Ghana yatewe ni gabanywa ry’Agahimbazamushyi

Amavubi ashobora kuririra ku makimbirane ari mu ikipe ya Ghana yatewe ni gabanywa ry’Agahimbazamushyi

Ubwanditsi 25 Aug 2016 IMIKINO

Ibinyamakuru byo muri Ghana byanditse ko abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Ghana bagomba kugabanyirizwa agahimbazamusyi bahabwaga ku mukino batsinze bakaba bazajya bahabwa amadorari magana inani aho guhabwa amadorari igihumbi bivuze ko bakuriweho 20%.

Ibi ngo byavuye mu nama yahuje abakinnyi na Minisitiri wa Siporo muri Ghana Nii Lante Vanderpuye abakinnyi babwiwe ko bagomba kugabanyirizwaho 20 ku ijana ku gahimbazamusyi bafataga. Ibi binyamakuru bikomeza bivuga ko iki cyemezo cyateje umwuka mubi mu ikipe kuko abakinnyi batemeraga kugabanyirizwa agahimbazamusyi

-3818.jpg
Kesi Nyantakyi uyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Ghana

Kesi Nyantakyi, umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Ghana na we ntiyemeranye n’iki cyemezo ndetse ngo n’inama cyafatiwemo ntayo azi. Ati: ” nta nama n’imwe natumiwemo ivuga ku gahimbazamusyi k’abakinnyi b’ikipe y’igihugu, sinzi n’uburyo agahimbazamusyi k’ikipe y’igihugu gatangwamo nta makururu rero natangaho”

Nyantakyi kandi yanenze imiyoborere y’uyu mu Minisitiri amushinja gutesha agaciro umupira wo muri Ghana aho kuwubaka. Ati: ”nari nizeye ko Minisitiri azashyigikira umupira wacu aho kuwunenga, numvise Minisitiri avuga ko amarushanwa yacu adashimishije ariko se igitekerezo cye ni ikihe?…ntekereza ko akwiye guhagarika gusebya umupira wacu”

-3817.jpg
Ghana mu gikombe cy’isi

Si ubwa mbere ibibazo by’amafaranga bivugwa mu ikipe ya Ghana igiye gukina n’Amavubi y’u Rwanda kuko n’umukino wa mbere wabereye i Kigali, Ghana igatsinda igitego kimwe ku busa, abakinnyi bari banze kuza batabonye amafaranga basaba ko Minisitiri yazana amafaranga mu ndege bakayahabwa bakimara gutsinda bemera kuza ari uko bikozwe gutyo.

-3819.jpg
ubwo baheruka mu igikombe cy’isi muri Brazil

Ibi kandi ni nako byagenze mu gikombe cy’Isi giheruka kubera muri Brazil mu mwaka wa 2014 na bwo bemeye kugenda ari uko agahimbazamusyi kabo bakajyanye mu ndege bakamara gukina bahita bagahabwa.

Ntakirutimana Alfred

2016-08-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Ubwanditsi 06 May 2021
U Rwanda rwanganyije na Tanzania mbere yo kwakira Ethiopia

U Rwanda rwanganyije na Tanzania mbere yo kwakira Ethiopia

Ubwanditsi 15 Oct 2019
Mu mikino nyafurika AS Kigali yatomboye Olympique De Missiri-Sima, APR FC itombora Mogadishu City Club yo muri Somalia inahabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo

Mu mikino nyafurika AS Kigali yatomboye Olympique De Missiri-Sima, APR FC itombora Mogadishu City Club yo muri Somalia inahabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo

Ubwanditsi 14 Aug 2021
Huye :Amavubi yabuze amanota atatu ku munota wa nyuma

Huye :Amavubi yabuze amanota atatu ku munota wa nyuma

Ubwanditsi 19 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAF yahagaritse imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika cy’abari munsi y’imyaka 17 kubera icyorezo cya koronavirusi gikomeje gukaza umurego mu gihugu cya Maroc kuko kizakira iri rushanwa
Amakuru

CAF yahagaritse imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika cy’abari munsi y’imyaka 17 kubera icyorezo cya koronavirusi gikomeje gukaza umurego mu gihugu cya Maroc kuko kizakira iri rushanwa

Ubwanditsi 09 Mar 2021
Perezida Kagame yasabye REG korohereza abakeneye serivisi z’amashanyarazi mu buryo bwihutirwa
IKORANABUHANGA

Perezida Kagame yasabye REG korohereza abakeneye serivisi z’amashanyarazi mu buryo bwihutirwa

Ubwanditsi 05 May 2019
Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima
Amakuru

Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima

Ubwanditsi 03 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru