• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka

[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka

Ubwanditsi 06 Oct 2016 Mu Mahanga

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo Christian Rwakunda, ejo yayoboye umuhango wo gutaha ku mugaragaro imirongo ibiri izakoreshwa mu gupima ubuziranenge bw’imodoka nto n’iziciriritse zitarenza toni 3 n’igice z’uburemere, ku kigo cya Polisi y’u Rwanda gipima ubuziranenge bw’imodoka giherereye I Remera mu karere ka Gasabo.

Buri murongo muri iyi yombi, ufite ubushobozi bwo gusuzuma imodoka zigera ku 100 ku munsi.

Uyu muhango kandi witabiriwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, DIGP Juvénal Marizamunda, ba Komiseri muri Polisi y’u Rwanda, abahagarariye amashyirahamwe atwara abantu n’abashoferi.

Mu ijambo rye, Rwakunda yashimye Polisi y’u Rwanda ku mbaraga yakoresheje yagura ubushobozi bw’iki kigo maze avuga ko Minisiteri ahagarariye izafasha igitekerezo yagejejweho cyo kuzashyira ikigo nk’iki mu Ntara zose.

Yagize ati:”Igenzura ry’imodoka rijyanye na gahunda z’ubwikorezi n’umutekano wo mu muhanda , niyo mpamvu twe na Polisi y’u Rwanda twiyemeje kubishyigikira.”

Yibukije ko igenzura Atari ukureba ubuzima bw’imodoka gusa ahubwo bugamije n’umutekano wo mu muhanda kimwe no kudakwirakwiza ibyangiza ibidukikije .

Rwakunda yakomeje avuga ko kwiyandikisha ku bashaka kugana iki kigo bizajya bikorerwa ku rubuga Irembo aho yagize ati:” Ibi bikorwa byo kwagura bizatuma tugira igihugu kirangwamo imodoka zifite umutekano.”

Ni imirongo ije yiyongera ku yindi itanu yari isanzwe ikoreshwa n’iki kigo nk’uko bitangazwa n’Umuyobozi wa Polisi , Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Commissioner of Police (CP) George Rumanzi.

CP Rumanzi yavuze ko imirongo yongerewe izongera ubushobozi bityo igihe
abagana ikigo bategerezaga ngo bakorerwe kikazagabanuka kandi imodoka zizasuzumwa ku munsi ziziyongera.

Aha yagize ati:”Iyi mirongo ije ikenewe kuko izongera ubushobozi bw’iki kigo bityo bigatuma dutanga serivisi nziza ku batugana. Twashoboraga gukorera imodoka hagati ya 400 na 500 ku munsi ariko ubu tuzajya dukorera imodoka hagati ya 600 na 700 ku munsi.”

Yakomeje avuga ko kubera ubushobozi bwiyongereye buzatuma abagana iki kigo bajyaga bategereza hagati y’isaha imwe n’iminota 90 ku wazanye imodoka ye, ubu azajya ategereza igihe kitarenga iminota 45.

Isuzuma ubwaryo ntirirenza iminota 5 kandi haba harebwe byinshi ku modoka birimo uko isohora umwotsi, ibiyifasha guhagarara, ibituma itanyerera, ibiringanire bw’imitende yayo, uko imeze inyuma, amatara n’ibindi,…

CP Rumanzi yakomeje avuga ko hari gahunda yo kwagurira iki kigo mu ntara zose ndetse no kubona ibikoresho bihagije.

Yaboneyeho kandi gusaba ko hashakwa ahantu hitaruye umujyi , hazajya hakorerwa isuzuma ry’amakamyo ,aho yavuze ko byagabanya igihe cyakoreshwaga aho agize ati:”Ibi byose ni mu nyungu z’umutekano kandi ni imwe mu nshingano zacu.”

Polisi y’u Rwanda yatangiye ibikorwa byo gusuzuma imodoka mu mwaka wa 2008 aho iki kigo cyatangiranye n’imirongo ibiri n’ubushobozi bwo gusuzuma imodoka 150 ku munsi; aho bigaragara, nk’uko Polisi ibitangaza, ko impanuka ziterwa n’imiterere y’imodoka zagabanutse ku buryo bugaragara.

-4255.jpg

-4256.jpg

-4257.jpg

-4258.jpg

RNP

2016-10-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!

Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!

Ubwanditsi 09 Nov 2023
Kayonza: Umugabo afunzwe akurikiranyweho gutera abandi ubwoba ko azabica

Kayonza: Umugabo afunzwe akurikiranyweho gutera abandi ubwoba ko azabica

Ubwanditsi 10 Feb 2017
Abayisilamu bo muri Gatsibo na Kayonza basabwe kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

Abayisilamu bo muri Gatsibo na Kayonza basabwe kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 13 Dec 2016
Ange Kagame mu bayoboye tombola y’uko amakipe ya Basketball azahura

Ange Kagame mu bayoboye tombola y’uko amakipe ya Basketball azahura

Ubwanditsi 22 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Rwanda habonetse abandi bantu 3 barwaye Coronavirus
HIRYA NO HINO

Mu Rwanda habonetse abandi bantu 3 barwaye Coronavirus

Ubwanditsi 10 Apr 2020
Brazil irakicaye ku mwanya wa mbere mu kuyobora urutonde rw’amakipe y’ibihugu rushyirwaho na FIFA, u Rwanda ruri ku mwanya wa 137 ku Isi na 40 muri Afurika
Amakuru

Brazil irakicaye ku mwanya wa mbere mu kuyobora urutonde rw’amakipe y’ibihugu rushyirwaho na FIFA, u Rwanda ruri ku mwanya wa 137 ku Isi na 40 muri Afurika

Ubwanditsi 06 Oct 2022
RDC: Umukandida-Perezida ushyigikiwe Kabila ari mu mazi abira
POLITIKI

RDC: Umukandida-Perezida ushyigikiwe Kabila ari mu mazi abira

Ubwanditsi 02 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru