• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka

[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka

Editorial 06 Oct 2016 Mu Mahanga

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo Christian Rwakunda, ejo yayoboye umuhango wo gutaha ku mugaragaro imirongo ibiri izakoreshwa mu gupima ubuziranenge bw’imodoka nto n’iziciriritse zitarenza toni 3 n’igice z’uburemere, ku kigo cya Polisi y’u Rwanda gipima ubuziranenge bw’imodoka giherereye I Remera mu karere ka Gasabo.

Buri murongo muri iyi yombi, ufite ubushobozi bwo gusuzuma imodoka zigera ku 100 ku munsi.

Uyu muhango kandi witabiriwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, DIGP Juvénal Marizamunda, ba Komiseri muri Polisi y’u Rwanda, abahagarariye amashyirahamwe atwara abantu n’abashoferi.

Mu ijambo rye, Rwakunda yashimye Polisi y’u Rwanda ku mbaraga yakoresheje yagura ubushobozi bw’iki kigo maze avuga ko Minisiteri ahagarariye izafasha igitekerezo yagejejweho cyo kuzashyira ikigo nk’iki mu Ntara zose.

Yagize ati:”Igenzura ry’imodoka rijyanye na gahunda z’ubwikorezi n’umutekano wo mu muhanda , niyo mpamvu twe na Polisi y’u Rwanda twiyemeje kubishyigikira.”

Yibukije ko igenzura Atari ukureba ubuzima bw’imodoka gusa ahubwo bugamije n’umutekano wo mu muhanda kimwe no kudakwirakwiza ibyangiza ibidukikije .

Rwakunda yakomeje avuga ko kwiyandikisha ku bashaka kugana iki kigo bizajya bikorerwa ku rubuga Irembo aho yagize ati:” Ibi bikorwa byo kwagura bizatuma tugira igihugu kirangwamo imodoka zifite umutekano.”

Ni imirongo ije yiyongera ku yindi itanu yari isanzwe ikoreshwa n’iki kigo nk’uko bitangazwa n’Umuyobozi wa Polisi , Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Commissioner of Police (CP) George Rumanzi.

CP Rumanzi yavuze ko imirongo yongerewe izongera ubushobozi bityo igihe
abagana ikigo bategerezaga ngo bakorerwe kikazagabanuka kandi imodoka zizasuzumwa ku munsi ziziyongera.

Aha yagize ati:”Iyi mirongo ije ikenewe kuko izongera ubushobozi bw’iki kigo bityo bigatuma dutanga serivisi nziza ku batugana. Twashoboraga gukorera imodoka hagati ya 400 na 500 ku munsi ariko ubu tuzajya dukorera imodoka hagati ya 600 na 700 ku munsi.”

Yakomeje avuga ko kubera ubushobozi bwiyongereye buzatuma abagana iki kigo bajyaga bategereza hagati y’isaha imwe n’iminota 90 ku wazanye imodoka ye, ubu azajya ategereza igihe kitarenga iminota 45.

Isuzuma ubwaryo ntirirenza iminota 5 kandi haba harebwe byinshi ku modoka birimo uko isohora umwotsi, ibiyifasha guhagarara, ibituma itanyerera, ibiringanire bw’imitende yayo, uko imeze inyuma, amatara n’ibindi,…

CP Rumanzi yakomeje avuga ko hari gahunda yo kwagurira iki kigo mu ntara zose ndetse no kubona ibikoresho bihagije.

Yaboneyeho kandi gusaba ko hashakwa ahantu hitaruye umujyi , hazajya hakorerwa isuzuma ry’amakamyo ,aho yavuze ko byagabanya igihe cyakoreshwaga aho agize ati:”Ibi byose ni mu nyungu z’umutekano kandi ni imwe mu nshingano zacu.”

Polisi y’u Rwanda yatangiye ibikorwa byo gusuzuma imodoka mu mwaka wa 2008 aho iki kigo cyatangiranye n’imirongo ibiri n’ubushobozi bwo gusuzuma imodoka 150 ku munsi; aho bigaragara, nk’uko Polisi ibitangaza, ko impanuka ziterwa n’imiterere y’imodoka zagabanutse ku buryo bugaragara.

-4255.jpg

-4256.jpg

-4257.jpg

-4258.jpg

RNP

2016-10-06
Editorial

IZINDI NKURU

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Editorial 07 Jan 2021
Uganda yarekuye Mutarindwa, imutegeka kujya yitaba ubushinjacyaha

Uganda yarekuye Mutarindwa, imutegeka kujya yitaba ubushinjacyaha

Editorial 31 Mar 2020
Nyamagabe: Gitifu w’Akarere yasabwe ibisobanuro na Njyanama, ahitamo gusezera

Nyamagabe: Gitifu w’Akarere yasabwe ibisobanuro na Njyanama, ahitamo gusezera

Editorial 14 Nov 2016
Ab ‘Avoka  b’impunzi z’Abanyarwanda 45 ziherutse gutabwa muri yombi  zijyanywe mu myitozo ya gisirikare ya RNC bagejeje ikirego mu rukiko

Ab ‘Avoka b’impunzi z’Abanyarwanda 45 ziherutse gutabwa muri yombi zijyanywe mu myitozo ya gisirikare ya RNC bagejeje ikirego mu rukiko

Editorial 27 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Museveni yishimiye kuburyo bukomeye Charly na Nina arabaramutsa mu bukwe abaha na envelope
Mu Rwanda

Museveni yishimiye kuburyo bukomeye Charly na Nina arabaramutsa mu bukwe abaha na envelope

Editorial 03 Sep 2017
Banki ikomeye mu Bufaransa yajyanwe mu nkiko ishinjwa gutanga amafaranga yaguzwe  Intwaro  ku bwa Col Bagosora
ITOHOZA

Banki ikomeye mu Bufaransa yajyanwe mu nkiko ishinjwa gutanga amafaranga yaguzwe Intwaro ku bwa Col Bagosora

Editorial 29 Jun 2017
Myinshi mu myanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yagezweho hejuru ya 75 %
UBUKUNGU

Myinshi mu myanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yagezweho hejuru ya 75 %

Editorial 10 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru