• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uko Umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Senateri Jean de Dieu Mucyo wagenze

Uko Umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Senateri Jean de Dieu Mucyo wagenze

Ubwanditsi 07 Oct 2016 Mu Mahanga

Mu gitondo umuryango wa Senateri Jean de Dieu Mucyo, abo bakoranye, abo bakoranaga, inshuti ze n’abandi bamuzi n’abacitse ku icumu bose bazindukiye ku rugo rwe mu Murenge wa Nyamirambo mu Kagari ka Kivugiza ngo bamusezereho bwa nyuma.

Abasenateri, Abadepite, ba Guverineri b’Intara, Abasirikare n’Abapolisi bakuru, abahanzi n’abandi bakoranye mu mirimo itandukanye bitabiriye uyu muhango wo kumusezerabo mu cyubahiro.

-4282.jpg

-4274.jpg

-4275.jpg

-4276.jpg

-4277.jpg

-4278.jpg

-4280.jpg

-4281.jpg

Abari mu rugo rwe barimo kumusezeraho bwa nyuma baririmba indirimbo zizwi cyane muri Kiliziya Gatolika nka Mubyeyi ugira ibambe, Twaremewe kuzajya mu ijuru n’izindi.

11:00: Umurambo wa Senateri Jean de Dieu Mucyo wari umaze kugezwa mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko mu cyumba gikoreramo Umutwe wa Sena, ahinjiraga umugabo hagasiba undi.

-4290.jpg

-4289.jpg

-4288.jpg

-4287.jpg

-4286.jpg

-4285.jpg

-4297.jpg

-4298.jpg

-4299.jpg

Mu bayobozi bahari, harimo Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi; Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof Sam Rugege; Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille; Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe wa Sena, Bernard Makuza; abasirikare bakuru n’abapolisi bakuru, abasenateri, abadepite.

-4300.jpg

Abayobozi bakuru b’Igihugu Ibumoso Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Sam Rugege na Perezida wa Sena Bernard Makuza

-4301.jpg

Francois Ngarambe Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi yababajwe bikomeye n’urupfu rwa JD Mucyo

Hari kandi Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi, François Ngarambe, Minisitiri muri Perezidansi, Venantia Tugireyezu; Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’Igihugu, IGP Emmanuel Gasana; Minisitiri w’Ingabo, Gen Kabarebe James; Minisitiri Uwacu Julienne; Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye; Minisitiri w’Umutungo Kamere ( Ubutaka, amashyamba, ibidukije n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro),Dr Vincent Biruta; Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba. n’abandi…..

-4292.jpg

-4293.jpg

-4295.jpg

-4296.jpg

Umuryango wa Sen.Mucyo JD

Nyuma ya sasita kuri Kiliziya ya Regina Pacis i Remera hari huzuye mu buryo budasanzwe , abantu bamwe bahagaze hanze. Ku maso yabo biragaraga ko bababajwe n’urupfu rwa Senateri Jean de Dieu Mucyo. Wari inshuti ya benshi.

Murusengero

-4305.jpg

-4303.jpg

-4306.jpg

-4304.jpg

-4302.jpg

-4308.jpg

-4307.jpg

13:30: Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n’Umuryango, Inshuri n’Abayobozi batandukanye mu gusezera mu cyubahiro Senateri Jean de Dieu Mucyo mu misa yabereye muri Kiliziya ya Regina Pacis i Remera.

14:00: Mu nyigisho yatanzwe n’Umushumba wa Diyoseze Gatolika ya Butare, Musenyeri Filipo Rukamba, yagaragaje uko Imana yakoresheje SenaterI Mucyo kugira ngo igaragaze ineza yayo mu bantu.

-4309.jpg

Umushumba wa Diyoseze Gatolika ya Butare, Musenyeri Filipo Rukamba

Yagize ati “Mucyo Jean de Dieu mu bintu byinshi yashinzwe n’igihugu harimo no kwita ku bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bari barakomeretse ku mutima no ku mubiri, bafite inzara, bafite inyota, barwaye, abana badashobora kwiga na benshi mu babyeyi badashobora kwivuza. Imana yaramukoresheje kugira ngo igaragaze ineza yayo muri abo bantu bari bakennye, bari bababaye, batari bafite ikibavura, batari bafite uko babaho.”

-4310.jpg

Nyuma yo kumusabira ku Imana umubiri we washyinguwe mu irimbi rya Rusoro.Imana imwakire mu bayo

2016-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300

U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300

Ubwanditsi 26 Nov 2017
Abamotari ba Burera basabwe gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha

Abamotari ba Burera basabwe gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 03 May 2016
Muri FDLR uburozi buravuza ubuhuha kubera amacakubiri ashingiye ku karere

Muri FDLR uburozi buravuza ubuhuha kubera amacakubiri ashingiye ku karere

Ubwanditsi 11 Oct 2021
Rwamagana: Hatangijwe amahugurwa ku buryo bwo gusana no kwita ku bikoresho byandika ku ntwaro nto

Rwamagana: Hatangijwe amahugurwa ku buryo bwo gusana no kwita ku bikoresho byandika ku ntwaro nto

Ubwanditsi 19 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore amagambo buri mugore wese ufite umukunda aba akeneye kumva
SHOWBIZ

Dore amagambo buri mugore wese ufite umukunda aba akeneye kumva

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Gatsibo: Abazitabira itorero ry’igihugu batumwe inzitiramibu
Mu Mahanga

Gatsibo: Abazitabira itorero ry’igihugu batumwe inzitiramibu

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Kivu, isibaniro ry’intambara ikomeye ya Afurika itaribagirana
ITOHOZA

Kivu, isibaniro ry’intambara ikomeye ya Afurika itaribagirana

Ubwanditsi 06 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru