• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»PSD yirukanye Professeur Ndayishimiye Eric kubera imyitwarire idahwitse

PSD yirukanye Professeur Ndayishimiye Eric kubera imyitwarire idahwitse

Ubwanditsi 13 Oct 2016 Mu Mahanga

Ishyaka Riharanira Demokarasi n’Imibereho myiza y’abaturage(PSD) ryirukanye Ndayishimiye Eric wari umuyoboke waryo rimushinja kurangwa n’imyitwarire idahwitse.

Biro politiki y’iryo shyaka yafashe uwo mwanzuro ubwo yateranaga ku wa Gatandatu tariki ya 8 Ukwakira 2016.

Ndayishimiye Eric yari mu bakandida 410 baturuka mu mitwe ya politiki ikorera mu Rwanda n’abigenga bagombaga gutoranywamo 80 bagombaga kwicara mu Nteko Ishinga Amategeko biciye mu matora y’abadepite yabaye ku wa wa 16-18 Nzeri 2013. Icyo gihe yari mu bakandida bigenga bahagarariye urubyiruko.

Raporo ya Komite Ishinzwe imikorere y’ishyaka n’imyitwarire y’abayoboke baryo, yagaragarije biro politiki yayo imyitwarire idahwitse ya Ndayishimiye, bivugwa ko idahwitse. Nyuma yo kuyibona ngo yagiye agirwa inama ariko ngo ntiyaziha agaciro, ibyo byatumye asezererwa muri biro politiki ndetse yirukanwa no mu ishyaka PSD.

Iyo myitwarire irimo gusuzugura inzego z’ishyaka n’andi makosa akomeye nkuko byemejwe na Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome, Umunyamabanga Mukuru wa PSD.

Ati “ Hari ibikorwa byinshi yagiye akora bidahesha agaciro ishyaka, gusebya ishyaka ubwaryo, hari ibijyanye no kwinjira muri website y’ishyaka akayivanaho, hari n’indi myitwarire idahwitse hanze, aho avuga amagambo adahesha ishyaka icyubahiro na politiki y’igihugu muri rusange n’ibindi.”

Ngabitsinze yavuze ko igikomeye Ndayishimye ashinjwa ari ugusuzugura inzego z’ishyaka, zamuhamagara akanga kwitaba. Ashinjwa kandi kurisebya ko hari ibikorwa yarikoreye ntiyishyurwe.

Iryo shyaka rihakana ibyo bikorwa kuko ngo atari umukozi waryo ahubwo yari umuyoboke usanzwe, ku buryo nta n’amasezerano y’akazi yigeze agirana naryo.

Ikindi ashinjwa ngo ni ugusebya iryo shyaka abicishije mu kwandikira inzego zitandukanye ko yarenganye, ku bijyanye n’ako kazi yiyitiriye.

-4326.jpg

Dr. Biruta Vincent ari mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric

Muri 2015 Ndayishimiye yahawe n’Ubuyobozi bwa PSD inshingano zo gukurikirana imikorere n’imikoresherezwe y’urubuga rw’iri shyaka (Website). Gusa ngo bikorwa n’abayoboke bitandukanye no guhabwa akazi.

Muri iyi nama kandi hari abandi bayoboke babiri bihanangirijwe, bo mu Ntara y’i Burengerazuba ku bijyanye n’imyitwarire idahwitse yabagarayeho, umwe muri bo yitabiriye inama asaba imbabazi.

-4327.jpg

Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome, Umunyamabanga Mukuru wa PSD

Mbere gato yo gufata iyo myanzuro, Dr Biruta yatangarije IGIHE dukesha iyi nkuru ko imitwe ya politiki mu gihugu igira komite ishinzwe imyitwarire y’abayoboke, igeza kuri biro politiki imyitwarire muri rusange y’abayoboke, ndetse ko gushyira iyo ngingo ku murongo w’ibyo bari kwigaho nta kidasanzwe cyabaye, ahubwo ko ari ibikorwa bisanzwe by’ishyaka.

Umwanditsi wacu

2016-10-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Madame wa Perezida wa Bénin yasuye Isange One Stop Center

Madame wa Perezida wa Bénin yasuye Isange One Stop Center

Ubwanditsi 09 Nov 2016
Abatavuga Rumwe Na Leta Ya Nkurunziza Babwiwe Ko Bazakurwa Amajigo

Abatavuga Rumwe Na Leta Ya Nkurunziza Babwiwe Ko Bazakurwa Amajigo

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Intara y’Uburasirazuba mu ngamba nshya zo kurwanya ibiyobyabwenge

Intara y’Uburasirazuba mu ngamba nshya zo kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 11 Mar 2016
Amatora ya Perezida 2017 atangiye kwiteguranwa akabaraga n’abafite ubumuga

Amatora ya Perezida 2017 atangiye kwiteguranwa akabaraga n’abafite ubumuga

Ubwanditsi 21 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bufaransa: Umunyarwanda Samuel Baker yarohamye muri ‘piscine’ yitaba Imana
INKURU NYAMUKURU

U Bufaransa: Umunyarwanda Samuel Baker yarohamye muri ‘piscine’ yitaba Imana

Ubwanditsi 29 Dec 2018
APR HC na Police HC zatangiye neza irushanwa rya ECAHF Senior Club championship 2024 ribera i Kigali
Amakuru

APR HC na Police HC zatangiye neza irushanwa rya ECAHF Senior Club championship 2024 ribera i Kigali

Ubwanditsi 16 Dec 2024
Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura
Amakuru

Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura

Ubwanditsi 08 Oct 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru