• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ferwafa irahakana amakuru avuga ko mu Rwanda habereye inama yo guhigika Issa Hayatou

Ferwafa irahakana amakuru avuga ko mu Rwanda habereye inama yo guhigika Issa Hayatou

Ubwanditsi 25 Oct 2016 Mu Mahanga

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Ferwafa, ritangaza ko inama yahuje bamwe mu bayobozi b’amashyirahamwe w’umupira w’amaguru bo mu karere ngo yari iyo kwiga ku gihugu kizakira CECAFA aho kuba iyo gushaka umusimbura wa Perezida wa Issa Hayatou uyobora CAF magingo aya.

Amakuru dukesha IGIHE, avuga ko abayobozi b’amashyirahamwe y’umupira w’amaguru bo muri aka karere ka CECAFA, wongeyeho uwa Tchad Angola na Gabon, bagombaga guhurira mu Rwanda mu mpera z’icyumweru twashoje, mu rwego rwo gutegura umukandida wazahangana na Issa Hayatou mu matora ya CAF mu mwaka utaha.

Ku ikubitiro, abayobozi b’amashyirahamwe ya Sudani y’Epfo, Djibouti Tanzania na Angola bari bageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu, mu gihe hari hategerejwe abandi bayobozi ku wa Gatandatu. Amakuru atugeraho ariko, avuga ko iby’iyi nama muri CAF babimenye itaraba, aho bivugwa ko umwe mu bagombaga kuyitabira yaba yarabihishuriye iri shyirahamwe rya ruhago muri Afurika, maze bikarangira iburijwemo.

Ubwo twavuganaga na Perezida wa Ferwafa Nzamwita Vincent De Gaulle ariko, yahakanye isano iyi nama yari ifitanye n’amatora ya CAF.

De Gaulle yagize ati “Twari abayobozi batatu gusa, njye n’uwa Sudani y’Epfo na Tanzania. Ntabwo abantu batatu bategura amatora cyane ko kugeza n’ubu hari umukandida umwe gusa”.

“Urebye, nta gahunda(yo guhura kwacu) ihambaye yari ihari. Umuyobozi wa Tanzania yajyaga mu Burundi hari ubucuruzi akorerayo, uwa Sudani y’Epfo n’uwa Djibouti bumvishe ko azaca mu Rwanda na bo bahise baza kugira ngo tuganire ku buryo CECAFA yazakirwamo”.

“Kugeza ubu, mu matora ya CAF hari umukandida umwe(Issa Hayatou) kandi u Rwanda ruramushyigikiye.”

Nzamwita Vincent De Gaulle ariko ntiyadusobanuriye impamvu aba bayobozi b’aya mashyirahamwe ari bo bahisemo kuganira ku bijyanye n’igihugu kizakira CECAFA, mu gihe muri bo nta muyobozi w’iri shyirahamwe urimo, nta w’umwungirije ndetse bikaba bitanazwi n’ubunyamabanga bwa CECAFA.

Ku rundi ruhande kandi, nubwo Ferwafa itangaza ko iri inyuma ya Issa Hayatou, ubuyobozi bwa ruhago nyarwanda biciye muri perezida wayo, bari bashyigikiye icyifuzo cy’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ryo muri Djibouti, cyuko Perezida wa CAF bitazajya biba ngombwa ko atorwa mu bantu 15 basanzwe muri komite nyobozi ya CAF.

-4468.jpg

-4467.jpg

Ku ngoma ya Issa Hayatou, u Rwanda rwakiriye CHAN 2016, CAN U20 muri 2009 na U17 muri 2011

Iki gitekerezo ubundi byagaragaraga ko gishaka kurwanya ko Issa Hayatou yakomeza kwiyamamaza ntawe bahanganye, cyari cyashyigikiwe n’ibihugu bike birimo u Rwanda, gusa biza kurangira gitewe ishoti n’abandi banyamuryango ba CAF, ikintu cyahise giha amahirwe Issa Hayatou yo kuzongera kuyobora iri shyirahamwe mu matora ateganyiwe muri Werurwe umwaka utaha.

Source : Igihe.com

2016-10-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Guverinoma yatangije ku mugaragaro ishyirwa ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Guverinoma yatangije ku mugaragaro ishyirwa ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Ubwanditsi 27 Sep 2016
Hitabajwe penaliti ikipe ya Misiri na Equatorial Guinea ziyongereye kuyandi 6 kugera muri 1/4 cy’igikombe cya Afurika

Hitabajwe penaliti ikipe ya Misiri na Equatorial Guinea ziyongereye kuyandi 6 kugera muri 1/4 cy’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 27 Jan 2022
Umukozi wa Banki ya Kigali yarabuze ariko Polisi ntiyemera ko yaburiwe irengero

Umukozi wa Banki ya Kigali yarabuze ariko Polisi ntiyemera ko yaburiwe irengero

Ubwanditsi 08 Jun 2016
Abaturage bo mu karere ka Rulindo bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Abaturage bo mu karere ka Rulindo bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 01 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe 11 arimo 7 y’abagabo 4 y’abagore niyo yitabira irushwanwa rya volleyball ’Kirehe Open’
Amakuru

Amakipe 11 arimo 7 y’abagabo 4 y’abagore niyo yitabira irushwanwa rya volleyball ’Kirehe Open’

Ubwanditsi 22 Sep 2023
Mbere yo kwerekeza muri Afurika y’epfo Rayon Sports yeretse isomo rya ruhago Marine FC iyitsinda 2-0
IMIKINO

Mbere yo kwerekeza muri Afurika y’epfo Rayon Sports yeretse isomo rya ruhago Marine FC iyitsinda 2-0

Ubwanditsi 11 Mar 2018
APR FC na Rayon Sports zigiye gucungira kuri shampiyona, nyuma yaho byanze ku rwego rwa Afurika
Amakuru

APR FC na Rayon Sports zigiye gucungira kuri shampiyona, nyuma yaho byanze ku rwego rwa Afurika

Ubwanditsi 02 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru