• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Centrafurika: Abapolisi b’u Rwanda n’abaturage bigiye hamwe umuco wo kugira uruhare mu kwicungira umutekano no kwiteza imbere

Centrafurika: Abapolisi b’u Rwanda n’abaturage bigiye hamwe umuco wo kugira uruhare mu kwicungira umutekano no kwiteza imbere

Ubwanditsi 23 Nov 2016 Mu Rwanda

Ubuyobozi bwa PSU, umutwe w’abapolisi bashinzwe kurinda abayobozi bakuru no guherekeza ibikorwa bya Loni , ku bufatanye n’ubuhuzabikorwa bwa FPU, umutwe ushinzwe kurinda abaturage, ibikorwa remezo no kurinda umutekano ahahurirwa n’abantu benshi mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Centrafurika MONUSCA, bagiranye inama n’abayobozi b’ibanze mu gace ka munani (8ieme Arrondissement) k’umurwa mukuru wa Bangui ku italiki ya 20 Ugushyingo uyu mwaka.

Aka gace akaba ari nako ikigo abapolisi b’u Rwanda boherejwe kubungabunga amahoro muri icyi gihugu bakambitsemo giherereye; kakaba ariko, ari kamwe mu duce turangwamo ibyaha byinshi byiganjemo urugomo, gucuruza no kunywa ibiyobyabwenge, ubujura ndetse kakaba gakekwamo abaturage benshi batunze imbunda.

Iyi nama ikaba yabaye ku bwumvikane hagati y’abo bayobozi b’ibanze n’abayobozi b’imitwe yombi y’abapolisi b’u Rwanda , ikaba yari ifite intego zirimo guteza imbere imibanire myiza hagati y’abaturage batuye ako gace n’abapolisi bahakambitse ,kwigira hamwe ibibazo by’umutekano bivugwa muri ako karere, kuzamura isura nziza ya MINUSCA muri ako gace, kurebera hamwe ibibazo by’imibereho myiza y’abaturage muri ako gace no kujya inama uburyo byakemuka ariko cyane cyane bigizwemo uruhare rw’ibanze n’abaturage bagatuye.

Atangiza iyo nama umuyobozi wa PSU, Assistant Commissioner of Police (ACP) Balthelemy Rugwizangoga, yibukije zimwe mu ngingo z’ibanze zikubiye muri manda ya MINUSCA cyane iyo kurinda abaturajye ba Centrafurika ndetse no gufasha Leta yatowe n’abaturage, kugaba ububasha ku butaka bwose bw’igihugu ndetse no guteza imbere uburenganzira bwa muntu.

ACP Rugwizangoga yavuze ko ibyo byashoboka ari uko habayeho imibanire n’imikoranire myiza hagati y’abaturage n’abapolisi cyangwa ingabo za MINUSCA.

Yagize ati:” Byazatuma abaturage bisanzura mu kuduha amakuru ku bitagenda cyangwa ibyahungabanya umutekano wanyu aho mutuye kandi mukagira uruhare mu kwicungira umutekano, tugafatanya cyangwa tugakora ibyo mudashoboye.”

ACP Rugwizangoga kandi, yabagiriye inama yo kureba uko bakwishyirira ho gahunda zo kwicungira umutekano bakora amarondo y’abaturage kandi bagasangira amakuru n’amarondo y’abapolisi ba MINUSCA ku cyo bakeka cyose cyahungabanya umutekano.

Uhagarariye ubuhuzabikorwa bwa FPU muri MONUSCA Suzan Arina, yababwiyeko agiye kuvugana na bamwe mu bapolisi ba MINUSCA kujya bagira inama zijyanye n’akazi abapolisi b’igihugu cyabo baba kuri za sitasiyo za Polisi muri ako gace, akaba yanabahaye nimero za telefone bazajya bahamagaraho mu gihe bahuye n’ikibazo icyo ari cyo cyose.

Ku ngingo y’ibibazo by’imibereho myiza, Arina yababwiye ko bakwigisha abaturage kwishyira hamwe bakaba bagaragaza ibyo bifuza guterwamo inkunga byihuta.

Abayobozi b’ibanze muri Arrondissement 8, bagaragaje ko bishimiye kuba abapolisi b’u Rwanda bakambitse mu gace kabo, ko imyitwarire yabo itanga icyizere ku mutekano wabo ari nayo mpamvu babatumiye ngo baganire ku bibazo byabo; nabo bakaba barasezeranyije imibanire myiza ndetse n’ubufatanye mugihe cyose aba bapolisi bazamara aho.

Bavuze kandi ko, kubera abo bapolisi bahari, bizeye ko ibibazo byiganjemo ubujura bumena amazu bubugarije, bukorwa n’insoresore ziri muri ako gace zitagira icyo zikora, bizakemuka nta kabuza kuberako bigiye gukurikiranwa n’abo bizeyeho ubushobozi.

-4786.jpg

Inama yanzuye, abo bayobozi bagaragazako bishimiye MINUSCA binyuze mu bapolisi b’u Rwanda, ko bazajya batanga amakuru ku cyabangamira umutekano wabo kandi ko bagiye gushyira hamwe abantu bashinzwe kuyobora urubyiruko mu gutekereza udushinga tubyara inyungu bakadushyikiriza ababishinzwe muri MINUSCA kugirango babashakire inkunga.

Inama yarangiye impande zombi zemeranyije ko inama nk’izi zajya ziba nibura rimwe mu kwezi.

RNP

2016-11-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia bifatanyije n’Abaturage mu muganda

Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia bifatanyije n’Abaturage mu muganda

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Abapolisi 25 bashoje amahugurwa yo kwigisha kurinda abayobozi n’abandi banyacyubahiro

Abapolisi 25 bashoje amahugurwa yo kwigisha kurinda abayobozi n’abandi banyacyubahiro

Ubwanditsi 02 Jul 2017
Abantu 5 bakize Coronavirus, abayanduye mu Rwanda bagera ku 143 bavuye ku 138

Abantu 5 bakize Coronavirus, abayanduye mu Rwanda bagera ku 143 bavuye ku 138

Ubwanditsi 18 Apr 2020
Kagame, Murekezi na Mushikiwabo baje mu bayobozi 10 ba mbere basubiza abaturage kuri twitter

Kagame, Murekezi na Mushikiwabo baje mu bayobozi 10 ba mbere basubiza abaturage kuri twitter

Ubwanditsi 02 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.
Amakuru

“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.

Ubwanditsi 12 Dec 2020
U Rwanda rugiye kwakira inama nyafurika yiga ku micungire y’umutekano w’indege
UBUKERARUGENDO

U Rwanda rugiye kwakira inama nyafurika yiga ku micungire y’umutekano w’indege

Ubwanditsi 05 May 2018
RDC: Perezida Kabila yakoze impinduka mu buyobozi bw’ingabo agarura abantu be ba hafi
ITOHOZA

RDC: Perezida Kabila yakoze impinduka mu buyobozi bw’ingabo agarura abantu be ba hafi

Ubwanditsi 18 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru