• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»UK: Abanyarwanda barokotse Jenoside babangamiwe n’abayikoze bacyidegembya

UK: Abanyarwanda barokotse Jenoside babangamiwe n’abayikoze bacyidegembya

Ubwanditsi 30 Nov 2016 ITOHOZA

Ihuriro ry’Abanyarwanda barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi baba mu Bwongereza babangamiwe cyane n’uko abagize uruhare muri iyi Jenoside yatwaye ubuzima bw’abasaga miliyoni bacyidegembya muri iki gihugu.

Mu gihe kuri uyu wa mbere tarki 28 Ugushyingo, Urukiko rukuru ruburanisha ku koherezwa mu Rwanda batanu bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, iri huriro rizwi nka Urumuri ryahaye Leta y’u Bwongereza umukoro wo guhitamo hagati yo kugaragaza niba iharanira ubutabera cyangwa itubwubahiriza ndetse ntinite ku masezerano mpuzamahanga bwasinye.

-4826.jpg

Dr Vincent Bajinya

Uwa mbere mu banyarwanda baburana kuri uyu wa mbere ni Dr. Vincent Bajinya Alias Brown usigaye atuye ahitwa Islington mu majyaruguru ya London. Akurikiranyweho kuba yari umwe mu bagize itsinda ry’abuyobozi bakuru b’igihugu ryateguye rikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi cyane cyane mu mihanda y’Umujyi wa Kigali ku bufatanye n’Interahamwe.

-4825.jpg

Celestin Mutabaruka

Undi ni Pasiteri mu Itorero ry’Abapantekote Celestin Mutabaruka ubu utuye ahitwa Kent, akaba ashinjwa gukorana n’Interahamwe agategura akanaziyobora aho zisanga Abatutsi ibihumbi 20 barimo abagabo, abagore, n’abana. Abatangabuhamya bavuga ko bamwe muri aba batutsi bishwe urubozo.

-4827.jpg

Charles Munyaneza

Uwa gatatu ni Charles Munyaneza wahoze ari burugumesitiri wa Komine Kinyamakara yo muri Perefegitura ya Gikongoro atuye i Bedford akaba ashinjwa kuyobora no gushyira mu bikorwa ubwicanyi mu duce tugize komini yari abereye umuyobozi. Ashinjwa kandi kugaba igitero ku batutsi bari hafi y’umugezi wa Mwogo, cyahitanye Abatutsi ibihumbi n’ibihumbi.

-4828.jpg

Mr. Emmanuel Nteziryayo

Hari kandi Mr. Emmanuel Nteziryayo wahoze ari burugumesitiri wa Komini Mudasomwa Perefegitura ya Gikongoro, akaba yari n’inshuti ya Munyaneza. Na we ashinjwa kuyobora no gushyira mu bikorwa ubwicanyi bw’aho yari ayoboye.

Nteziryayo avugwaho uruhare rukomeye mu bwicanyi, anavugwaho kuba yarageze mu Bwongereza agahindura izina rye rikaba Emmanuel Nidikumana, aho yari yituriye Wythenshawe- Manchester ajijisha ko yashatse ubuhungiro aturutse mu Burundi.

-4829.jpg

Celestin Ugirashebuja

Uwa nyuma ni Celestin Ugirashebuja wari Burugumesitiri wa Komini Kigoma muri Perefegitura ya Gitarama, na we akaba ashinjwa kuyobora no gushyira mu bikorwa Jenoside muri komine yari ayoboye. Aho guhisha Abatutsi, Ugirashebuja avugwaho kuba yarabashutse akabakura mu bwihisho, maze agahita ategeka ko bicwa. Nyuma ya Jenoside yahungiye mu Bwongereza atura i Walton-on-the-Naze, Essex.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Ihuriro Urumuri rigaragaza ko rihangayikishijwe no kuba urubanza rwo kohereza aba banyarwanda kuburanira aho bakoreye ibyaha rutarangira mu myaka 10 rumaze rutangiye.

2016-11-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Irakoze Arsene w’imyaka 21 y’amavuko, aracyekwaho kwica nyirakuru, Murekatete Bernadette w’imyaka 68,Aratoroka ubu ntawuzi irengero rye

Irakoze Arsene w’imyaka 21 y’amavuko, aracyekwaho kwica nyirakuru, Murekatete Bernadette w’imyaka 68,Aratoroka ubu ntawuzi irengero rye

Ubwanditsi 07 Oct 2017
Impamvu y’Urupfu rw’ Umwami Kigeli V Ndahindurwa ‘Watangiye’ muri Amerika

Impamvu y’Urupfu rw’ Umwami Kigeli V Ndahindurwa ‘Watangiye’ muri Amerika

Ubwanditsi 18 Oct 2016
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Ubwanditsi 21 Nov 2021
Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Ubwanditsi 09 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNLG yongeye gutunga agatoki  ku bakoze Jenoside bugamye mu mahanga
POLITIKI

CNLG yongeye gutunga agatoki ku bakoze Jenoside bugamye mu mahanga

Ubwanditsi 14 Jun 2017
ITANGAZO RYO KUMENYESHA
MULTIMEDIA

ITANGAZO RYO KUMENYESHA

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Police y’u Rwanda yasoje ibizamini ku murambo  wa Jacques Bihozagara
Mu Mahanga

Police y’u Rwanda yasoje ibizamini ku murambo wa Jacques Bihozagara

Ubwanditsi 13 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru