• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Iminsi irabarirwa ku ntoki ngo Vincent Murekezi ukekwaho Jenoside agezwe mu Rwanda

Iminsi irabarirwa ku ntoki ngo Vincent Murekezi ukekwaho Jenoside agezwe mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Dec 2016 ITOHOZA

Umucamanza mu rukiko rwa Lilongwe muri Malawi yasubitse urubanza rwa Vincent Murekezi ukekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi iminsi 21, kugira ngo leta ibone umwanya wo kumukoraho iperereza no kwiga ku busabe bw’u Rwanda bwo kumwohereza kuburanishwa ku byaha akekwaho.Iminsi iba myinshi igahimwa numwe gusa.

Umucamanza Patrick Chirwa yafashe icyo cyemezo kuwa Kabiri ubwo Murekezi yagezwaga mu rukiko nyuma yo gutabwa muri yombi mu cyumweru gishize, hagendewe ku mpapuro zatanzwe n’u Rwanda zigaragaza uruhare rwe muri Jenoside.

Steve Kayuni wari uhagarariye umuyobozi w’ubushinjacyaha bwa Repubulika, yasabye urukiko guha leta ya Malawi iminsi 21 ngo irangize ibijyanye no kohereza mu Rwanda Murekezi, kandi habeho n’ibiganiro byimbitse hagati ya Malawi n’u Rwanda.

Ikinyamakuru Nyasa Times cyanditse ko zimwe mu mpamvu zashingiweho ari uko Jenoside ari icyaha gikomeye bityo ari yo mpamvu leta ikeneye umwanya wo gusuzuma inyandiko zose zatanzwe n’u Rwanda kugira ngo amategeko yubahirizwe.

Yakomeje asaba ko hakwitabwa ku mategeko mpuzamahanga, aho Malawi itegetswe kohereza mu Rwanda Murekezi cyangwa ikamuburanisha.

Kayuni yanabwiye urukiko ko Murekezi akurikiranyweho ibindi byaha bya ruswa nkuko byagaragajwe mu 2008 n’ikigo gishinzwe kurwanya ruswa (ACB) n’ikigo cya Malawi gishinzwe imisoro n’amahoro (MRA), agomba kuzisobanuraho mbere yo koherezwa mu Rwanda.

Yagize ati “Murekezi afite ikindi kirego cya ruswa yagombaga kwisobanuraho imbere y’ikigo gishinzwe kurwanya ruswa n’ikigo cya Malawi gishinzwe imisoro n’amahoro, ariko muri 2008 ahungira muri Zimbabwe yihishayo, biragorana gukemura icyo kibazo kuko yahungiye kuri pasiporo ya Malawi.”

Umwunganizi mu mategeko wa Murekezi, Gift Katundu, yavuze ko leta itari ikwiye kuzana ibindi birego mu gihe umukiliya we arimo kwisobanura ku bijyanye no koherezwa mu Rwanda kuburanishwa ku byaha bya Jenoside akekwaho.

Murekezi afungiye muri gereza ya Maula mu Mujyi wa Lilongwe ategereje ko iminsi 21 ishira ngo asubire mu rukiko.

-5047.jpg

Murekezi akurikiranyweho ibyaha birimo kugira uruhare mu mugambi wo gucura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi hagati ya 1991 na Nyakanga 1994, yakoreye muri Butare-Ngoma, cyane mu yahoze ari segiteri Tumba. Ari mu bayoboye ibitero, kugenzura za bariyeri, gukoresha inama n’ibindi bikorwa.

2016-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

DRC: Jenerali Afurika Jean Michel wa RUDI -URUNANA na P5., yakomerekejwe bikabije n’ingabo za FARDC abari bamurinze 14 bahasiga ubuzima.

DRC: Jenerali Afurika Jean Michel wa RUDI -URUNANA na P5., yakomerekejwe bikabije n’ingabo za FARDC abari bamurinze 14 bahasiga ubuzima.

Ubwanditsi 15 Oct 2019
Abayobozi barindwi batawe muri yombi

Abayobozi barindwi batawe muri yombi

Ubwanditsi 27 Apr 2017
Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo

Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo

Ubwanditsi 11 Sep 2019
Nyuma yo kuvugwaho kwivanga muri politiki y’u Rwanda Michael Ryan yasimbujwe

Nyuma yo kuvugwaho kwivanga muri politiki y’u Rwanda Michael Ryan yasimbujwe

Ubwanditsi 13 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Côte d’Ivoire: Perezida Kagame yitabiriye inama izahuza Afurika n’Uburayi
INKURU NYAMUKURU

Côte d’Ivoire: Perezida Kagame yitabiriye inama izahuza Afurika n’Uburayi

Ubwanditsi 29 Nov 2017
BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo
UBUKUNGU

BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo

Ubwanditsi 28 Dec 2017
Impungenge ni zose ku basesenguzi, basanga  amatora y’ Umukuru w’Igihugu muri Uganda ateganyijwe kuri iyi tariki  ya 14 Mutarama 2021, ashobora gusiga amaraso n’imiborogo!
Amakuru

Impungenge ni zose ku basesenguzi, basanga  amatora y’ Umukuru w’Igihugu muri Uganda ateganyijwe kuri iyi tariki  ya 14 Mutarama 2021, ashobora gusiga amaraso n’imiborogo!

Ubwanditsi 14 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru