• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida VLADIMIR PUTIN yagize uruhare mu byavuye mu matora y’Amerika yihimura kuri HILLARY CLINTON.

Perezida VLADIMIR PUTIN yagize uruhare mu byavuye mu matora y’Amerika yihimura kuri HILLARY CLINTON.

Editorial 16 Dec 2016 ITOHOZA

Nyuma y’amatora yabaye taliki ya 8 ugushyingo 2016 bikagaragara ko umukandida Donald Trump ariwe watsinze benshi ntibanyuzwe nabyo. Icyakurikiyeho ni ugushyirwa mu majwi havugwa ko igihugu cy’Uburusiya cyaba cyarivanze mu matora hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Hakurikiyeho gukora itohoza bareba niba koko Uburusiya bwaba bwarivanze muri ariya matora. Ikigaragara ni uko Amerika irimo kubigendamo buhoro kubera ingaruka byayigiraho kugira ngo ibindi bihugu bitayica amazi, ariko iyo ukurikiranye amakuru atangazwa n’ibigo by’ubutasi CIA na FBI ndetse n’ibitangazamakuru byerekana ko Uburusiya bwakoze iyo bwabaga bakoresha ikoranabuhanga rihanitse kugira ngo Hillary Clinton udacana uwaka na Putin ngo adatorwa.

-5051.jpg

Perezida Vladimir Putin

-5052.jpg

Amakuru aravuga ko igihe cy’amatora Perezida Vladimir Putin atigeze aryama ngo yabyikurikiraniye ubwe kugira ngo Donald Trump ariwe utorwa. NBC News mu makuru yabonye ivuga ko Putin yakoresheje inama mu ibanga rikomeye aho yatanze gahunda ku bashinzwe kwiba no kuyobya amakuru kuri internet bakorera uburusiya. Iyi television ngo aya makuru yayahawe nabashinzwe iperereza bo mu rwego rwo hejuru ngo babifiteho amakuru adashidikanwaho n’ibimenyetso ntakuka.

Ikindi mu cyumweru gishize ikinyamakuru The Washington Post cyatangaje ko ikigo cy’iperereza CIA cyemeje ko Uburusiya bwinjiye mu nyandiko abantu bohererezanya kuri internet (emails) z’abantu benshi niz’inzego za leta ngo nazo ntizasigaye ngo icyari kigamijwe bashakaga kureba izakwifashishwa kugira ngo Trump abashe gutsinda Clinton kandi koko yaramutsinze taliki ya 8 Ugushyingo.

-5048.jpg

Hillary Clinton

Haravugwa ko ngo Putin yagombaga kwihimura bikomeye kuri Clinton ngo kuko nawe yivanze cyane mu matora y’inteko Nshinga mamategeko y’Uburusiya yabaye muri 2011. Icyo gihe ngo Hillary Clinton yashishikarije cyane abigaragambya mu burusiya kwiroha mu mihanda bakanga ibyavuye mu matora. Ariko iyo ukurikiranye amateka ya Clinton na Putin ntibigeze bacana uwaka kuko Clinton yagereranyaga Putin nka Hitler naho Putin akavuga ko Clinton adakomeye mu mutwe. Ikindi Putin yari yaravuze ko mu gihe Clinton yaramuka atorewe kuyobora Amerika ko intambara ya gatatu y’isi izarota uko byagenda kose.

Television NBC News yakomeje ivuga ko nubwo ibi byose byabaye koko bisa no kwihimura kuri Clinton, ko ari ibintu abanyamerika bagomba gutekerezaho kabiri bikabaha n’amasomo. Naho uwahoze ari ambassador w’Amerika mu Burusiya hagati ya 2012-2014 Michael McFaul avuga ko abanyamerika bagomba kureba kure bakabona ko Uburusiya bwaberetse ko politike yabo yinjiriwe bikomeye, ngo kuko Uburusiya buri kwereka isi ko Amerika yiyita intangarugero muri demokarasi kandi itayigenderamo, ikindi ngo Putin arashaka kwererekana ko Amerika y’igihangage abantu batinyaga itagikomeye uko babyibwira.

Ikirimo gukorwa ubu ni ugushaka uko inzego z’ubutasi z’Amerika nazo zakwihimura k’Uburusiya. Haravugwa ko mu mnsi iri imbere haratangazwa imitungo ya Putin naho iri n’uburyo yagiye ayibona ayibye mubivuye mu maboko yabaturage b’uburusiya. Iki sicyo cyonyine kizakorwa harategurwa utundi dushya ngo nabo bazakorera Uburusiya.

Kuri Trump we ukunze kuvuga Putin amutaka, aravuga ko ari ibinyoma byambaye ubusa ko ntaho Uburusiya bwigeze bumutera inkunga mugutsinda amatora. Ariko gusa hakaba hari ibintu bituma hibazwa byinshi kumubano wa Trump na Putin. Mu minsi ishize benshi batunguwe no kubona Trump ashyira Rex Tillerson mu mwanya w’ubunyamabanga bwa Leta bushinzwe ububanyi n’amahanga mu gihe bivugwa ko uyu mugabo ari inshuti magara ya Putin kuva mu myaka 1990 ubwo bakoranaga mubijyanye na peteroli. Aha niho Putin ahera avuga ko imibanire y’Amerika n’Uburusiya igiye kurushaho kuba myiza, ariko abasesenguzi bakavuga ko bitazoroha kubera ibibazo byugarije isi bibagonganisha.

-5049.jpg

Abashingamategeko bo bakaba baravuze ko hagomba gukorwa itohoza kuri iki kibazo cy’uburusiya mukuba barivanze mu matora y’igihugu cyabo. Umwe mubayobozi ba CIA utarashatse gutangazwa mu mazina ye we asaba Obama kugira icyo yakora mbere yuko ava kuntebe ifatirwaho ibyemezo ngo kuko batagomba gukomeza batangazwa nibyabaye mu matora aho guhaguruka bagashaka icyakorwa.
Umuntu akibaza niba hari icyo bizahindura mu byayavuye muri ariya matora.

Tubitege amaso

Hakizimana Themistocle

2016-12-16
Editorial

IZINDI NKURU

HRW yongeye guhamagarira Loni na RDC guta muri yombi Mudacumura wa FDLR

HRW yongeye guhamagarira Loni na RDC guta muri yombi Mudacumura wa FDLR

Editorial 13 Jul 2017
Frank Ruhinda yemeje iyegura rya Lea Karegeya wari ukuriye akanama k’inararibonye muri RNC

Frank Ruhinda yemeje iyegura rya Lea Karegeya wari ukuriye akanama k’inararibonye muri RNC

Editorial 13 Jan 2020
Perezida Kagame na mugenzi we wa Uganda, Museveni, bategerejwe muri Ethiopia

Perezida Kagame na mugenzi we wa Uganda, Museveni, bategerejwe muri Ethiopia

Editorial 17 Apr 2018
Uganda: Abayobozi ba Kisoro basabiye Gen.Kayihura gufungurwa

Uganda: Abayobozi ba Kisoro basabiye Gen.Kayihura gufungurwa

Editorial 19 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abadepite batangiye gutorera kwirukana Minisitiri w’Umutekano,  nyuma yuko hari abagaragaje ko ISO na CMI  byashyizeho inzu z’ibanga zikorerwamo iyicarubozo.
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abadepite batangiye gutorera kwirukana Minisitiri w’Umutekano, nyuma yuko hari abagaragaje ko ISO na CMI byashyizeho inzu z’ibanga zikorerwamo iyicarubozo.

Editorial 13 Feb 2020
Ibya Kayumba Nyamwasa simbizi, tuzaba tugiye gutsura umubano- Minisitiri Sezibera
ITOHOZA

Ibya Kayumba Nyamwasa simbizi, tuzaba tugiye gutsura umubano- Minisitiri Sezibera

Editorial 21 Nov 2018
Mu bihugu 10 byamunzwe na corruption kurusha ibindi ku isi bitatu biri muri Afurika
ITOHOZA

Mu bihugu 10 byamunzwe na corruption kurusha ibindi ku isi bitatu biri muri Afurika

Editorial 14 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru