• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida VLADIMIR PUTIN yagize uruhare mu byavuye mu matora y’Amerika yihimura kuri HILLARY CLINTON.

Perezida VLADIMIR PUTIN yagize uruhare mu byavuye mu matora y’Amerika yihimura kuri HILLARY CLINTON.

Editorial 16 Dec 2016 ITOHOZA

Nyuma y’amatora yabaye taliki ya 8 ugushyingo 2016 bikagaragara ko umukandida Donald Trump ariwe watsinze benshi ntibanyuzwe nabyo. Icyakurikiyeho ni ugushyirwa mu majwi havugwa ko igihugu cy’Uburusiya cyaba cyarivanze mu matora hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Hakurikiyeho gukora itohoza bareba niba koko Uburusiya bwaba bwarivanze muri ariya matora. Ikigaragara ni uko Amerika irimo kubigendamo buhoro kubera ingaruka byayigiraho kugira ngo ibindi bihugu bitayica amazi, ariko iyo ukurikiranye amakuru atangazwa n’ibigo by’ubutasi CIA na FBI ndetse n’ibitangazamakuru byerekana ko Uburusiya bwakoze iyo bwabaga bakoresha ikoranabuhanga rihanitse kugira ngo Hillary Clinton udacana uwaka na Putin ngo adatorwa.

-5051.jpg

Perezida Vladimir Putin

-5052.jpg

Amakuru aravuga ko igihe cy’amatora Perezida Vladimir Putin atigeze aryama ngo yabyikurikiraniye ubwe kugira ngo Donald Trump ariwe utorwa. NBC News mu makuru yabonye ivuga ko Putin yakoresheje inama mu ibanga rikomeye aho yatanze gahunda ku bashinzwe kwiba no kuyobya amakuru kuri internet bakorera uburusiya. Iyi television ngo aya makuru yayahawe nabashinzwe iperereza bo mu rwego rwo hejuru ngo babifiteho amakuru adashidikanwaho n’ibimenyetso ntakuka.

Ikindi mu cyumweru gishize ikinyamakuru The Washington Post cyatangaje ko ikigo cy’iperereza CIA cyemeje ko Uburusiya bwinjiye mu nyandiko abantu bohererezanya kuri internet (emails) z’abantu benshi niz’inzego za leta ngo nazo ntizasigaye ngo icyari kigamijwe bashakaga kureba izakwifashishwa kugira ngo Trump abashe gutsinda Clinton kandi koko yaramutsinze taliki ya 8 Ugushyingo.

-5048.jpg

Hillary Clinton

Haravugwa ko ngo Putin yagombaga kwihimura bikomeye kuri Clinton ngo kuko nawe yivanze cyane mu matora y’inteko Nshinga mamategeko y’Uburusiya yabaye muri 2011. Icyo gihe ngo Hillary Clinton yashishikarije cyane abigaragambya mu burusiya kwiroha mu mihanda bakanga ibyavuye mu matora. Ariko iyo ukurikiranye amateka ya Clinton na Putin ntibigeze bacana uwaka kuko Clinton yagereranyaga Putin nka Hitler naho Putin akavuga ko Clinton adakomeye mu mutwe. Ikindi Putin yari yaravuze ko mu gihe Clinton yaramuka atorewe kuyobora Amerika ko intambara ya gatatu y’isi izarota uko byagenda kose.

Television NBC News yakomeje ivuga ko nubwo ibi byose byabaye koko bisa no kwihimura kuri Clinton, ko ari ibintu abanyamerika bagomba gutekerezaho kabiri bikabaha n’amasomo. Naho uwahoze ari ambassador w’Amerika mu Burusiya hagati ya 2012-2014 Michael McFaul avuga ko abanyamerika bagomba kureba kure bakabona ko Uburusiya bwaberetse ko politike yabo yinjiriwe bikomeye, ngo kuko Uburusiya buri kwereka isi ko Amerika yiyita intangarugero muri demokarasi kandi itayigenderamo, ikindi ngo Putin arashaka kwererekana ko Amerika y’igihangage abantu batinyaga itagikomeye uko babyibwira.

Ikirimo gukorwa ubu ni ugushaka uko inzego z’ubutasi z’Amerika nazo zakwihimura k’Uburusiya. Haravugwa ko mu mnsi iri imbere haratangazwa imitungo ya Putin naho iri n’uburyo yagiye ayibona ayibye mubivuye mu maboko yabaturage b’uburusiya. Iki sicyo cyonyine kizakorwa harategurwa utundi dushya ngo nabo bazakorera Uburusiya.

Kuri Trump we ukunze kuvuga Putin amutaka, aravuga ko ari ibinyoma byambaye ubusa ko ntaho Uburusiya bwigeze bumutera inkunga mugutsinda amatora. Ariko gusa hakaba hari ibintu bituma hibazwa byinshi kumubano wa Trump na Putin. Mu minsi ishize benshi batunguwe no kubona Trump ashyira Rex Tillerson mu mwanya w’ubunyamabanga bwa Leta bushinzwe ububanyi n’amahanga mu gihe bivugwa ko uyu mugabo ari inshuti magara ya Putin kuva mu myaka 1990 ubwo bakoranaga mubijyanye na peteroli. Aha niho Putin ahera avuga ko imibanire y’Amerika n’Uburusiya igiye kurushaho kuba myiza, ariko abasesenguzi bakavuga ko bitazoroha kubera ibibazo byugarije isi bibagonganisha.

-5049.jpg

Abashingamategeko bo bakaba baravuze ko hagomba gukorwa itohoza kuri iki kibazo cy’uburusiya mukuba barivanze mu matora y’igihugu cyabo. Umwe mubayobozi ba CIA utarashatse gutangazwa mu mazina ye we asaba Obama kugira icyo yakora mbere yuko ava kuntebe ifatirwaho ibyemezo ngo kuko batagomba gukomeza batangazwa nibyabaye mu matora aho guhaguruka bagashaka icyakorwa.
Umuntu akibaza niba hari icyo bizahindura mu byayavuye muri ariya matora.

Tubitege amaso

Hakizimana Themistocle

2016-12-16
Editorial

IZINDI NKURU

Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Editorial 09 May 2023
Inama ya RNC yaranzwe n’impaka zikomeye kubirebana nibura rya Rutabana ariko Kayumba Nyamwasa yashakaga ko bitaganirwaho

Inama ya RNC yaranzwe n’impaka zikomeye kubirebana nibura rya Rutabana ariko Kayumba Nyamwasa yashakaga ko bitaganirwaho

Editorial 09 Dec 2019
Byagenze bite ngo Rutabana wakiriwe muri Uganda nka VIP aze gushimutwa? Umuryango we uwobarega niwe baregera

Byagenze bite ngo Rutabana wakiriwe muri Uganda nka VIP aze gushimutwa? Umuryango we uwobarega niwe baregera

Editorial 05 Oct 2019
Rudasingwa Theogene yaba ahugiye kuki?

Rudasingwa Theogene yaba ahugiye kuki?

Editorial 23 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Rayon Sports yafashe rutemikirere yerekeza muri Afurika y’Epfo
IMIKINO

Ikipe ya Rayon Sports yafashe rutemikirere yerekeza muri Afurika y’Epfo

Editorial 17 Mar 2018
Mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Rayon Sports irakira APR FC ibura abakinnyi 3 barimo Manishimwe Djabel
Amakuru

Mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Rayon Sports irakira APR FC ibura abakinnyi 3 barimo Manishimwe Djabel

Editorial 11 May 2022
Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura
Mu Rwanda

Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Editorial 19 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru