• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Ubwanditsi 19 Dec 2016 Mu Mahanga

Ntaganzwa Ladislas yongeye kugezwa imbere y’Urukiko Rukuru, kuri uyu wa 19 Ukuboza 2016, nabwo ntiyatangira kuburana mu mizi ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi ashinjwa.

Ntaganzwa wari Burugumesitiri wa Komini Nyakizu muri Butare mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuri uyu wa Mbere, yazanye inzitizi ko dosiye ikubiyemo ibyo ashinjwa ari ndende bisaba igihe kugira ngo ategure imyiregurire ye.

Agezwa imbere y’Urukiko Rukuru mu cyumweru gishize ngo urubanza rutangire kuburanishwa mu mizi, bwo uregwa yari yagaragaje ko dosiye atayishyikirijwe, aribwo urukiko rwategekaga ko Ubushinjcyaha buyimugezaho, rugasubukurwa kuri uyu wa 19 Ukuboza 2016.

Kugeza na n’uyu munsi ariko ibyaha bikomeye bya Jenoside Ntaganzwa Ladislas ashinjwa, birimo icyaha cyo gukora Jenoside, icyaha cyo kwica nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu; icyaha cyo kurimbura imbaga, icyaha cyo gusambanya abagore ku ngufu n’icyaha cyo gushishikariza abantu gukora Jenoside, byose ntaravuga ko yemere cyangwa ngo abihakane.

Me Bugabo Laurent wunganira mu mategeko Ntaganzwa yabwiye urukiko ko bakeneye igihe gihagije cyo gutegura kwiregura, agaragariza urukiko ko dosiye ifite impapuro 1490 ari ndende.

Kubw’ibyo, me Bugabo yasabye urukiko ko urubanza rwasubikwa, agahabwa amezi atatu yo gutegura dosiye neza.

Umushinjcyaha Nkusi Faustin yabwiye urukiko ko niba uruhande rw’uregwa rusaba igihe cyo kubanza gusoma dosiye, ari ibintu byumvikana igihe bagihabwa nta cyo bitwaye.

-5107.jpg

Uretse icy’ayo mezi atatu, Me Bugabo yanabwiye urukiko ko bakeneye ubushobozi bwo kujya mu magereza gukora anketi, mu gutegura urubanza. Kubw’ibyo akavuga ko asaba amafaranga n’imodoka bizamufasha mu kazi.

Muri icyo gihe, Me Bugabo asobanura ko bazanashakiramo abatangabuhamya bashinjura.

Kuri icyo cyo gusaba ubushobozi, umucamanza yahise amububwira ko hari uburyo binyuramo bwateganyijwe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, bityo ko na we abukurikiza, ariko ko urukiko rwumvise ko abikeneye.

Me Bugabo yanasabye ko abatangabuhamya bashinja umukiriya we nk’uko ubushinjcyaha bwatanze inyandikomvugo za bo, bazahamagazwa mu rukiko bakemeza ko ibyo bavuze ari ibya bo.

Ikindi kandi, akavuga ko urukiko rwazabaha umwanya wo kubaza, abatangabuhamya bashinja, ku byo bavuze.

Umucamanza yamumaze impungenge, amubwira ko ibyo n’ubusanzwe amategeko abiteganya.

Umucamanza yaboneyeho gusaba impande zombi, gutanga urutonde rw’abatangabuhamya, zikanamenyekanisha abagomba kurindirwa umutekano.

Umushinjacyaha yabwiye urukiko ko bamwe mu bashinja Ntaganzwa bari muri dosiye ICTR yohereje, anavuga ko hazitabwa nk’umutekano wabo barindiwe , banitwa amazina.

Ariko Nkusi yavuze ko abagaragara ku rutonde yahaye urukiko, bishoboka ko bose atari ko bazakoreshwa, cyangwa ko hashobora kugira uwumva noneho nta kibazo kuba yatanga ubuhamya adahishwe.

Ku byerekeye igihe cy’amezi atatu Me Bugabo yasabaga, umucamanza yababwiye ko ari igihe kirekire.

Me Bugabo we akavuga ko amezi atatu atari menshi ugereranyije n’amezi icyenda ubushinjacyaha bwamaze bukora ishinja.

Ubushinjacyaha bwo bukavuga ko bwo buba bukeneye igihe kinini, kuko bwo gukora dosiye ari nko kubaka inzu kuva kuri fondasiyo, abandi bakazaza ari ugusiga amarangi.

Bityo , ubushinjcyaha bukavuga ko uruhande rw’uregwa ruzahera ku byo bwo bwakoze.

Ntaganzwa we yabwiye urukiko ko yumva ko igihe cy’amezi atatu atagezeho, yaba abangamiwe kuko ngo no kwandikisha mudasobwa ari ibintu atemenyereye.

Ariko, mbere y’uko urukiko rufata umwanzuro kuri icyo gihe uruhande rw’uregwa asaba, rwabajije Me Bugabo niba hari icyo byaba bitwaye kuri uyu wa Mbere, Ubushinjacyaha bugasobanura ibyaha burega Ntaganzwa.

Ibi ariko Me Bugabo yahise abyanga, avuga ko umunsi bavuye gukora dosiye, byazaba ngombwa ko ubushinjacyaha busubiramo.

Nyuma y’impaka, urukiko rwafashe umwanzuro ko urubanza ruzasubukurwa kuwa ^ Werurwe 2017.

Ntaganzwa wari mu bahigwaga bukware n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zari zarashyizeho igihembo cya miliyoni 5 z’amadolari k’uwatuma afatwa.

Ntaganzwa yaje gutabwa muri yombi kuwa 7 Ukuboza 2015, afatiwe muri Repuburika Iharanira Demukarasi ya Congo.

Ntaganzwa Ladislas yari ku rutonde rw’abashakishwa kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi barimo umunyemari Felesiyani Kabuga.

-5108.jpg

Ntaganzwa agezwa mu Rwanda

2016-12-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amerika yasabye abasirikare bayo kwitegura gutera Koreya ya Ruguru

Amerika yasabye abasirikare bayo kwitegura gutera Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Nyanza: Abakaraningufu  bashyizeho ihuriro ryo kurwanya ibyaha

Nyanza: Abakaraningufu bashyizeho ihuriro ryo kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 07 Jun 2016
umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

Ubwanditsi 17 Jun 2022
Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?

Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?

RUSHYASHYA 15 Apr 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Rwanda hagiye kuzajya hateranyirizwa imodoka zo mu bwoko bwa Polo, VW Passat na Teramon
Mu Rwanda

Mu Rwanda hagiye kuzajya hateranyirizwa imodoka zo mu bwoko bwa Polo, VW Passat na Teramon

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Imiterere y’urubanza rwa Perezida Zuma rutangiye iburanishwa
Mu Rwanda

Imiterere y’urubanza rwa Perezida Zuma rutangiye iburanishwa

Ubwanditsi 15 May 2017
u Burundi  bwanze kwitabira  imikino ya gisirikari – EAC
Mu Rwanda

u Burundi bwanze kwitabira imikino ya gisirikari – EAC

Ubwanditsi 08 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru