• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Inama za RGB ku bayobozi baterwa ubwoba n’ Itangazamakuru rivuga ibitagenda

Inama za RGB ku bayobozi baterwa ubwoba n’ Itangazamakuru rivuga ibitagenda

Editorial 19 Dec 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi ushinzwe itangazamakuru mu Kigo cy’Igihugu cy’imiyoborere (RGB) yeruriye bamwe mu bayobozi ko batari bakwiye kubabazwa n’uko umunyamakuru yagaragaje ibitagenda neza.

Ibi Gerald Mbanda yabigarutseho mu bukangurambaga RGB yageneye abayobozi b’inzego zitandukanye zikorera mu Karere ka Nyarugu bwari bugamije kumenyekanisha itegeko ryo kubona no gutanga amakuru.

Ni mu gihe kandi bamwe mu bayobozi babazaga impamvu abanyamakuru barinda gutumwaho iyo hari ibyiza byabaye, nyamara ngo haba ikitagenze neza ntibamenye uko bahageze nk’uko Ndayiragije Simon uyobora Umurenge wa Ngera yabibazaga.

Bamwe mu bayobozi b’inzego zitandukanye z’akarere ka Nyaruguru ndetse n’abakozi b’urwego rw’abanyamakuru bigenzura (Ifoto/Nshimiyimana E)

Aha Mbanda yibukije ko gutangaza ibyiza na byo biri mu byo abanyamakuru bakora ariko abibutsa ko mu gihe bifuza kugaragaza ibyiza bagezeho bashobora no kubyumvikana n’ibitangazamakuru bakanabaha no ku ngengo y’imari.

Yagize ati “Icyo kwinuba ko abayobozi batishimira abababaza ibitagenda ni ikibazo gikunze kugaruka ariko burya baravuga ngo ‘udakosa ni udakora’, iteka iyo umuntu akora ibyo ari byo byose hari igihe umuntu abonamo ikintu kitagenze neza.”

Yakomeje agira ati “Niba hari ikintu kitagenze neza dukwiye kucyemera kandi tukumva ko nukitubajije akitubajije agira ngo tugikosore.”

Gusa Mbanda anagaruka ku myitwarire ikwiye kuranga abanyamakuru igihe batara inkuru zikomoza ku bitagenda neza.

Ati “Natwe nk’abanyamakuru igihe tubaza abayobozi ntabwo dukwiye kuba nk’abashinjacyaha cyangwa abacamanza, hari abo wumva ukagirango umunyamakuru agiye kuba umucamanza icyo twemera n’uburyo bwo kunenga bwubaka, ukanenga ariko ugamije kubaka.”

Asobanura ko umwuga w’itangazamakuru atari umwuga wo kwinjira mu buzima bw’izindi nzego ngo umunyamakuru amera nk’uca imanza.

Ati “Twebwe dukwiye kubona y’uko ikitagenda twakivuga cyangwa twagikora tugamije ko niba kitagenda gikwiye gukosorwa, kugira ngo turusheho kugira imikorere myiza, kuko iyo umuyobozi abwiwe ikitagenda aba agize Imana akabona ikitagenda nyamufasha kugikosora akakibona nk’ubufasha.”

Yunzemo ati “N ibwo bwuzuzanye twifuza, ni yo mikoranire dukeneye idufasha gukosora ibitagenda ariko nanone n’ibyiza tubivuge, ntitubirengeho.”

-5109.jpg

Gerald Mbanda Umuyobozi ushinzwe itangazamakuru mu Kigo cy’Igihugu cy’imiyoborere (RGB)

2016-12-19
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda U20 rwegukanye igikombe cya Zone 5 muri Handball cyaberabaga muri Ethiopia

U Rwanda U20 rwegukanye igikombe cya Zone 5 muri Handball cyaberabaga muri Ethiopia

Editorial 17 May 2024
Bumaya Andre wigeze kuba Minisitiri yagarutse mu Rwanda ndetse arateganya gusura umuhungu we P Fla uri muri Gereza

Bumaya Andre wigeze kuba Minisitiri yagarutse mu Rwanda ndetse arateganya gusura umuhungu we P Fla uri muri Gereza

Editorial 24 Jan 2017
Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Editorial 30 Apr 2022
Impanuro z’Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame i Nyagatare

Impanuro z’Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame i Nyagatare

Editorial 18 Feb 2017
U Rwanda U20 rwegukanye igikombe cya Zone 5 muri Handball cyaberabaga muri Ethiopia

U Rwanda U20 rwegukanye igikombe cya Zone 5 muri Handball cyaberabaga muri Ethiopia

Editorial 17 May 2024
Bumaya Andre wigeze kuba Minisitiri yagarutse mu Rwanda ndetse arateganya gusura umuhungu we P Fla uri muri Gereza

Bumaya Andre wigeze kuba Minisitiri yagarutse mu Rwanda ndetse arateganya gusura umuhungu we P Fla uri muri Gereza

Editorial 24 Jan 2017
Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Editorial 30 Apr 2022
Impanuro z’Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame i Nyagatare

Impanuro z’Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame i Nyagatare

Editorial 18 Feb 2017
U Rwanda U20 rwegukanye igikombe cya Zone 5 muri Handball cyaberabaga muri Ethiopia

U Rwanda U20 rwegukanye igikombe cya Zone 5 muri Handball cyaberabaga muri Ethiopia

Editorial 17 May 2024
Bumaya Andre wigeze kuba Minisitiri yagarutse mu Rwanda ndetse arateganya gusura umuhungu we P Fla uri muri Gereza

Bumaya Andre wigeze kuba Minisitiri yagarutse mu Rwanda ndetse arateganya gusura umuhungu we P Fla uri muri Gereza

Editorial 24 Jan 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru