• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida KIM JONG UN amaze kumena amaraso y’abantu benshi

Perezida KIM JONG UN amaze kumena amaraso y’abantu benshi

Editorial 31 Dec 2016 ITOHOZA

Burya kuri iyi si hari abantu bavukira kubuza abandi amahoro kubera ko baba baravutse ari ibicamuke cg se ibikuke. Amakuru aturuka muri Koreya y’Amajyaruguru aravuga ko mu myaka itanu ishize perezida Kim Jong Un ayobora iki gihugu amaze kwivugana abantu barenga 340. Aba akaba ari abantu bategekaga muri leta ye cg babaga bafite aho bahurira n’ubutegetsi bwe, abenshi akaba aba abaziza kubangamira ubutegetsi bwe cg kudakurikiza amategeko aba yarabahaye.

Uyu muperezida watangiye kuyobora ari muto cyane kuva 30 Ukuboza 2011 ubwo se wayoboraga iki gihugu yaramaze gupfa, amaze kwivugana kuva kubayobozi bo mu rwego rwo hejuru kugeza kubo hasi ndetse n’abo mumuryango we ntabarebera izuba.

-5216.jpg

Aha twavuga nka se wabo witwa Jang Song Thaek wiciwe mu ruhame aregwa gushaka guhirika leta ya Kim Jong un. Undi wishwe wari mu rwego rwo hejuru ni minisitiri w’ingabo Hyon Yong Chol we akaba yarishwe urwagashinyaguru umwaka ushize wa 2015, mbere yuko yicwa umuryango we wose ukaba warahamagajwe kugira ngo urebe urupfu rwe uko rugenda.

Uyu mutegetsi wambariye kuba inkoramaraso yatangiye kwica kumugaragaro mu mwaka 2012 nkuko ikinyamakuru Yonhap kibivuga, ubwo yicaga abantu 3, umwaka wakurikiyeho wa 2013 yivugana abarenga 30, naho umwaka wa 2014 yica 40, uko imyaka igenda ishira niko arushaho kuba inkoramaraso kuko yivuganye 60, uyu mwaka wa 2016 ntiharamenyekana abo yacuze inkumbi.

-5215.jpg

Muri aba bategetsi bishwe 140 ni abo murwego rwo hejuru naho 200 ni abo murwego rwo hasi harimo nabava mumuryango we. Twongere tubibutse ko imibare y’abaturage yo bitoroshye kugirango imenyekane, nabo bakaba batorohewe n’uyu mugabo.

Institute for National Security Strategy (INSS) yo muri Korea y’amajyepfo iravuga ko mu makuru ifite ni uko muri uyu mwaka mu kwezi kwa Kanama 2016, Kim Jong Un yategetse ko barashisha ikibunda cya rutura gihanura indege ministiri w’umutekano wasinziriye akagona ubwo bari mu nama bagahita bamurasira mu ruhame.

-5214.jpg

Imyitwarire yuyu mutegetsi ikaba ihangayikishije n’ibihugu byibihangage nka Amerika kuko yavuze ko igihugu cye cya Korea y’amajyaruguru kigomba kuba igihangage mugisirikare kuburyo ntamuntu ugomba kukivogera. Muri urwo rwego imbaraga yazishize mugukora ibitwaro bya kirimbuzi n’ibisasu birasa kure kuburyo iyo gahunda yayigeneye ingengo y’imari irenga miliyoni z’amadorali 300.

Ikindi ni uko yashizeho akayabo kangana na 180 miliyoni z’amadorali mukubaka amashusho y’amabumbano agaragaza abayoboye icyo gihugu baturutse mu muryango we kugira ngo yerekane ubuhange bwabo.

Kubera ko nawe afite ubwoba bwibyo bikorwa ngo amaze guhindura ba ministiri b’ingabo inshuro zigera kuri 5 mu gihe amaze kubuyozi, ikindi akaba yibasiye abasirikare yasigiwe na se mu bamurinda.

-5213.jpg

Akandi gahomamunwa ni uko Kim Jong Un yategetse ko kuva muri uku 25 Ukuboza 2016, umunsi wa Noheli benshi bizihiza ivuka rya Yezu, muri Korea Y’Amajyaruguru bazajya bizihiza ivuka rya nyirakuru wa Kim Jong Un ngo kuko Yezu atigeze agera muri icyo gihugu.

Ese aba baturage bazatabarwa nande ko bitoroshye?

Hakizimana Themistocle

2016-12-31
Editorial

IZINDI NKURU

Wizkid mu mazi abira: Polisi mpuzamahanga yahawe impapuro zo kumuta muri yombi azira ubuhemu

Wizkid mu mazi abira: Polisi mpuzamahanga yahawe impapuro zo kumuta muri yombi azira ubuhemu

Editorial 17 Dec 2016
CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

Editorial 20 Nov 2019
Ese ko intambara ya Gatatu y’Isi yaba imaze gutangira kumugaragaro

Ese ko intambara ya Gatatu y’Isi yaba imaze gutangira kumugaragaro

Editorial 15 Oct 2016
Kayumba Nyamwasa arakoresha Sande Charles mu bikorwa byo guhiga abitwa abanzi ba RNC

Kayumba Nyamwasa arakoresha Sande Charles mu bikorwa byo guhiga abitwa abanzi ba RNC

Editorial 25 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko byari byifashe mu ifatwa ry’amashusho ya ‘Rwanda: The Royal Tour’ (Amafoto na Video)
UBUKERARUGENDO

Uko byari byifashe mu ifatwa ry’amashusho ya ‘Rwanda: The Royal Tour’ (Amafoto na Video)

Editorial 26 Apr 2018
Perezida Kagame yasabye ko ibyaha byo guhohotera abana bizamurirwa ibihano
POLITIKI

Perezida Kagame yasabye ko ibyaha byo guhohotera abana bizamurirwa ibihano

Editorial 05 Nov 2019
Uburwayi bwatumye Uwayezu Jean Fidèle ahagarika kuyobora umuryango wa Rayon Sports
Amakuru

Uburwayi bwatumye Uwayezu Jean Fidèle ahagarika kuyobora umuryango wa Rayon Sports

Editorial 13 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru