• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amerika : DONALD TRUMP ashobora kugambanirwa n’Inzego z’Iperereza

Amerika : DONALD TRUMP ashobora kugambanirwa n’Inzego z’Iperereza

Ubwanditsi 17 Jan 2017 ITOHOZA

Nkuko tumaze iminsi tubibabwira munkuru zitandukanye perezida watowe muri Amerika arimo guhura n’ibibazo atari yiteguye kubera amagambo yagiye avuga. Gusa Trump ashobora kuba atorohewe bitewe nuko atigeze agira imyimenyerezo muri politike nabyo hari icyo byari kumufasha.

Ikiriho ubu ni uko perezida Trump usigaje iminsi mike ngo ahabwe ubutegetsi mu buryo bwemewe taliki ya 20 Mutarama 2017, yahamagaje abamushigikiye ndetse n’abamutoye abasaba guhaguruka bakaba maso kuko ngo abanzi baturuka mu ishyaka ryabademokarate n’abarepubulike barimo kumugambanira bikomeye kuburyo ngo bashobora kuba bafite umugambi utari mwiza kuri we, ariko avuga ko batazamushobora.

-5385.jpg
Iyo urebye Donald Trump muri iyi minsi ibibazo byaramwibasiye kandi ukabona ko aho biganisha atari ibintu bizaragira vuba aha, ni ibibazo bizajya bikururana.

Nkuko tubikesha The Jerusalem Post iki kinyamakuru cyandikirwa muri Israel kiravuga ko gifite amakuru yizewe neza avuga ko hari itsinda ry’abantu bavuye munzego zinyuranye z’iperereza z’Amerika zikaba zaragiye muri Israel kugirango babasobanurire ikibazo cya Trump. Nyuma y’ibisobanuro baje kubasaba ko igihe Trump azaba yageze muri White House hari amakuru y’ibanga yo kurwego rwo hejuru (Top Secrets) atagomba kumenyeshwa kubera imyitwarire afite.

Ibi bikaba bigaragara ko ibintu birimo gufata indi ntera kuko kuba perezida w’igihugu utizewe n’inzego zifatwa nk’umutima w’igihugu, bigaragara ko iminsiyawe iba ibarirwa kuntoke.

Yediot Aharonot wakoze iyi nkuru avuga ko hari amakuru akomeye Trump aramutse amenye ashobora gutuma agera kugihugu cy’Uburusiya na Iran ngo bigatuma umutekano w’isi uhungabana muburyo bukomeye. Amakuru arakomeza avuga ko inzego z’ubutasi z’Amerika zihangayikishijwe n’imikoranire ishobora kuba iri hagati ya perezida watowe Trump na Vladimir Putin bafata nk’umwanzi ukomeye w’Amerika.

Muri iyi nama yabereye mu ibanga rikomeye cyane , uyu munyamakuru yabwiwe ko urwego rwa National Security Agency (NSA) rwo muri Amerika, uwari uruhagarariye yabwiye bagenzi babo ba Israel ko bafite amakuru adashidikanwaho ko abarusiya bibye amakuru muruhande rw’abademokarate bakayaha Trump ndetse na Wikileaks, hakaba hari n’indi mikoranire bakeka ko iri hagati ya Trump na Putin.

Aha twabibutsa ko imikoranire iri hagati y’inzego z’iperereza hagati ya Amerika na Israel yashinze imiz kuva muri 2000.

-5384.jpg

Donald Trump

Nkuko twabibabwiye mu nkuru zahise, hari umurongo ibi bihugu byibihangage biba bigenderaho ndetse hakaba n’imigambi baba bafite bagomba gushyira mu bikorwa mugihe runaka batitaye k’umuntu uwariwe wese waba uri kubutegetsi. Birumvikana ko uwashaka kurogoya imigabo n’imigambi yabo bitamworohera. Kuri Donald Trump bimaze kugaragara ko adashaka umuntu wese wivanga mubuyobozi bwa gahunda ze, ariko akibagirwa ko udashobora kuyobora inzego zigusumbya imbaraga, ahubwo ugerageza kugendana nazo.

Iyo ukurikiranye neza usanga hari umurongo ubutegetsi bw’Amerika bwarangije gufata kugihugu cy’Uburusiya, hakaba hari ukuntu bashaka guhangana nabwo badakozwa kuba byakemuka munzira nziza. Iyo ukurikiranye intambara itutumba hafi y’imipaka ihuza Uburusiya n’ibihugu biri mumuryango wa NATO ubibona ko hari ikitagenda neza. Ubwo muri iki cyumweru abasirikare b’Amerika bagera kuri 3000 baherekejwe n’ibitwaro bya rutura bageraga muri Poland bakerekezwa gukambika hari y’umupaka w’Uburusiya nibwo umuntu yavuga ko ibintu atari shyashya.

-5383.jpg
Reuters ibiro ntaramakuru by’abongreza byatangaje ko mubo Trump yatoranije ngo bamufashe kuyobora Amerika hatangiye kugaragara imyumvire itandukanye niya shebuja. Uzaba ashinzwe ingabo Gen. James Mattis yavuze ko Uburusiya buza kumwanya wa mbere mubihugu bibangamiye umutekano n’inyungu z’Amerika akaba ariyo mpamvu bagomba kwitegura guhangana nabwo mubuyo bwose bushoboka.
Mattis yavuze ko yiteguye gukorana n’izindi nzego z’umtekano kugir ngo barebere hamwe uko bahangana n’Uburusiya, Ubushinwa na Islamic State ngo kuko nibo babangamiye Amerika bikomeye kuva intambara ya 2 yarangira. Ibi rero bivuze ikintu kinini kubareba kure.

Ibi byose rero Trump agomba kubyitaho agakomereza aho abandi bageze kabone nubwo hari ibyahinduka ariko akagendera mu murongo w’abandi. Bitagenze gutyo Trump azicara muri White House, hari abandi nabo bari kureba uko bazayicaramo ubutaha. Ikibazo ni ukumenya niba mugihe yakomeza imyitwarire afite ubu, ko yazarangiza mandat ye mumwuka nkuriya? Ese yakomeza kwicara ku ngoma ibarizwa muri White House mugihe abandi nabo babaza indi.

Hakizimana Themistocle

2017-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Umumotari akurikiranweho gufata ku ngufu umuzungukazi yari atwaye ashaka kumva uko bamera

Uganda: Umumotari akurikiranweho gufata ku ngufu umuzungukazi yari atwaye ashaka kumva uko bamera

Ubwanditsi 23 May 2018
Urutonde rw’abatanze umusanzu wo gutera u Rwanda

Urutonde rw’abatanze umusanzu wo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 08 Jul 2016
Raporo ya HRW ku matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda irashingira ku miryango n’ itangazamakuru  bibogama – Mbanda

Raporo ya HRW ku matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda irashingira ku miryango n’ itangazamakuru bibogama – Mbanda

Ubwanditsi 25 Aug 2017
Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ubwanditsi 01 Aug 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yanganyije na Mukura itakaje umwanya wa mbere wafashwe na Kiyovu SC  yatsinze Etincelles FC 1-0
Amakuru

APR FC yanganyije na Mukura itakaje umwanya wa mbere wafashwe na Kiyovu SC  yatsinze Etincelles FC 1-0

Ubwanditsi 14 Mar 2022
Dore ibintu 3 byari byihishe inyuma y’urugendo rwa Safi Madiba i Dubai “INKURU IRAMBUYE”
IMIKINO

Dore ibintu 3 byari byihishe inyuma y’urugendo rwa Safi Madiba i Dubai “INKURU IRAMBUYE”

Ubwanditsi 07 Nov 2016
Rusizi : Inzego z’umutekano z’u Rwanda zabonye ibimenyetso byasizwe inyuma n’abantu bitwaje ibirwanisho
ITOHOZA

Rusizi : Inzego z’umutekano z’u Rwanda zabonye ibimenyetso byasizwe inyuma n’abantu bitwaje ibirwanisho

Ubwanditsi 13 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru