• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amerika : DONALD TRUMP ashobora kugambanirwa n’Inzego z’Iperereza

Amerika : DONALD TRUMP ashobora kugambanirwa n’Inzego z’Iperereza

Ubwanditsi 17 Jan 2017 ITOHOZA

Nkuko tumaze iminsi tubibabwira munkuru zitandukanye perezida watowe muri Amerika arimo guhura n’ibibazo atari yiteguye kubera amagambo yagiye avuga. Gusa Trump ashobora kuba atorohewe bitewe nuko atigeze agira imyimenyerezo muri politike nabyo hari icyo byari kumufasha.

Ikiriho ubu ni uko perezida Trump usigaje iminsi mike ngo ahabwe ubutegetsi mu buryo bwemewe taliki ya 20 Mutarama 2017, yahamagaje abamushigikiye ndetse n’abamutoye abasaba guhaguruka bakaba maso kuko ngo abanzi baturuka mu ishyaka ryabademokarate n’abarepubulike barimo kumugambanira bikomeye kuburyo ngo bashobora kuba bafite umugambi utari mwiza kuri we, ariko avuga ko batazamushobora.

-5385.jpg
Iyo urebye Donald Trump muri iyi minsi ibibazo byaramwibasiye kandi ukabona ko aho biganisha atari ibintu bizaragira vuba aha, ni ibibazo bizajya bikururana.

Nkuko tubikesha The Jerusalem Post iki kinyamakuru cyandikirwa muri Israel kiravuga ko gifite amakuru yizewe neza avuga ko hari itsinda ry’abantu bavuye munzego zinyuranye z’iperereza z’Amerika zikaba zaragiye muri Israel kugirango babasobanurire ikibazo cya Trump. Nyuma y’ibisobanuro baje kubasaba ko igihe Trump azaba yageze muri White House hari amakuru y’ibanga yo kurwego rwo hejuru (Top Secrets) atagomba kumenyeshwa kubera imyitwarire afite.

Ibi bikaba bigaragara ko ibintu birimo gufata indi ntera kuko kuba perezida w’igihugu utizewe n’inzego zifatwa nk’umutima w’igihugu, bigaragara ko iminsiyawe iba ibarirwa kuntoke.

Yediot Aharonot wakoze iyi nkuru avuga ko hari amakuru akomeye Trump aramutse amenye ashobora gutuma agera kugihugu cy’Uburusiya na Iran ngo bigatuma umutekano w’isi uhungabana muburyo bukomeye. Amakuru arakomeza avuga ko inzego z’ubutasi z’Amerika zihangayikishijwe n’imikoranire ishobora kuba iri hagati ya perezida watowe Trump na Vladimir Putin bafata nk’umwanzi ukomeye w’Amerika.

Muri iyi nama yabereye mu ibanga rikomeye cyane , uyu munyamakuru yabwiwe ko urwego rwa National Security Agency (NSA) rwo muri Amerika, uwari uruhagarariye yabwiye bagenzi babo ba Israel ko bafite amakuru adashidikanwaho ko abarusiya bibye amakuru muruhande rw’abademokarate bakayaha Trump ndetse na Wikileaks, hakaba hari n’indi mikoranire bakeka ko iri hagati ya Trump na Putin.

Aha twabibutsa ko imikoranire iri hagati y’inzego z’iperereza hagati ya Amerika na Israel yashinze imiz kuva muri 2000.

-5384.jpg

Donald Trump

Nkuko twabibabwiye mu nkuru zahise, hari umurongo ibi bihugu byibihangage biba bigenderaho ndetse hakaba n’imigambi baba bafite bagomba gushyira mu bikorwa mugihe runaka batitaye k’umuntu uwariwe wese waba uri kubutegetsi. Birumvikana ko uwashaka kurogoya imigabo n’imigambi yabo bitamworohera. Kuri Donald Trump bimaze kugaragara ko adashaka umuntu wese wivanga mubuyobozi bwa gahunda ze, ariko akibagirwa ko udashobora kuyobora inzego zigusumbya imbaraga, ahubwo ugerageza kugendana nazo.

Iyo ukurikiranye neza usanga hari umurongo ubutegetsi bw’Amerika bwarangije gufata kugihugu cy’Uburusiya, hakaba hari ukuntu bashaka guhangana nabwo badakozwa kuba byakemuka munzira nziza. Iyo ukurikiranye intambara itutumba hafi y’imipaka ihuza Uburusiya n’ibihugu biri mumuryango wa NATO ubibona ko hari ikitagenda neza. Ubwo muri iki cyumweru abasirikare b’Amerika bagera kuri 3000 baherekejwe n’ibitwaro bya rutura bageraga muri Poland bakerekezwa gukambika hari y’umupaka w’Uburusiya nibwo umuntu yavuga ko ibintu atari shyashya.

-5383.jpg
Reuters ibiro ntaramakuru by’abongreza byatangaje ko mubo Trump yatoranije ngo bamufashe kuyobora Amerika hatangiye kugaragara imyumvire itandukanye niya shebuja. Uzaba ashinzwe ingabo Gen. James Mattis yavuze ko Uburusiya buza kumwanya wa mbere mubihugu bibangamiye umutekano n’inyungu z’Amerika akaba ariyo mpamvu bagomba kwitegura guhangana nabwo mubuyo bwose bushoboka.
Mattis yavuze ko yiteguye gukorana n’izindi nzego z’umtekano kugir ngo barebere hamwe uko bahangana n’Uburusiya, Ubushinwa na Islamic State ngo kuko nibo babangamiye Amerika bikomeye kuva intambara ya 2 yarangira. Ibi rero bivuze ikintu kinini kubareba kure.

Ibi byose rero Trump agomba kubyitaho agakomereza aho abandi bageze kabone nubwo hari ibyahinduka ariko akagendera mu murongo w’abandi. Bitagenze gutyo Trump azicara muri White House, hari abandi nabo bari kureba uko bazayicaramo ubutaha. Ikibazo ni ukumenya niba mugihe yakomeza imyitwarire afite ubu, ko yazarangiza mandat ye mumwuka nkuriya? Ese yakomeza kwicara ku ngoma ibarizwa muri White House mugihe abandi nabo babaza indi.

Hakizimana Themistocle

2017-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impunzi z’Abanyarwanda zafashwe zijyanywe muri RNC zishobora kuregwa iterabwoba

Impunzi z’Abanyarwanda zafashwe zijyanywe muri RNC zishobora kuregwa iterabwoba

Ubwanditsi 28 Dec 2017
Tumenye abarwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 6)

Tumenye abarwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 6)

Ubwanditsi 19 Mar 2016
Congo-Kinshasa: FDLR yagabye igitero muri Rutshuru, abayobozi barasaba ingabo za Congo gukaza umutekano

Congo-Kinshasa: FDLR yagabye igitero muri Rutshuru, abayobozi barasaba ingabo za Congo gukaza umutekano

Ubwanditsi 01 Sep 2019
Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Ubwanditsi 04 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

People are still escaping Nkurunziza regeme in abig number
ITOHOZA

People are still escaping Nkurunziza regeme in abig number

Ubwanditsi 14 Mar 2016
FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo
Amakuru

FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo

RUSHYASHYA 13 Nov 2025
INGABIRE VICTOIRE AKOMEJE KUBA UMUYOBORO UNYUZWAMO AMAFARANGA ATERA INKUNGA FDLR
Amakuru

INGABIRE VICTOIRE AKOMEJE KUBA UMUYOBORO UNYUZWAMO AMAFARANGA ATERA INKUNGA FDLR

Ubwanditsi 29 May 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru