• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame na Madamu bitabiriye Inama ya 28 ya AU i Addis Ababa

Perezida Kagame na Madamu bitabiriye Inama ya 28 ya AU i Addis Ababa

Editorial 28 Jan 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze i Addis Ababa muri Ethiopia, aho bitabiriye inama ya 28 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, AU.

Kuwa 30-31 Mutarama 2017 nibwo abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bazahurira ku cyicaro cya AU i Addis Ababa mu kazi kadasanzwe karimo; gutora Umuyobozi wa Komisiyo ya AU n’abakomiseri, kugezwaho raporo ku mavugurura y’iyo Komisiyo yakozwe na Perezida Kagame n’itsinda ry’intiti icyenda zamufashije no kugena umusimbura wa Perezida Idriss Deby Itno ku buyobozi bwa AU.

Iyi nama izasiga hamenyekanye usimbura Dr.Dlamini Zuma mu bakandida batanu barimo; Umunya-Botswana Pelonomi Venson-Moitoi n’Umunya-Guinee Equatoriale Agapito Mba Mokuy, bari mu bahataniraga uwo mwanya ntibabasha gutambuka mu matora yabereye i Kigali muri Nyakanga 2016, biyemeje gukomeza guhatana n’abakandida bashya, Abdoulaye Bathily ukomoka muri Senegal, Moussa Faki Mahamat, ukomoka muri Tchad na Amina Mohamed, wo muri Kenya.

Kuri Perezida Kagame kwitabira iyi nama bifite igisobanuro gikomeye kuko agomba kuzatangaza ibyo yagezeho n’itsinda ry’intiti icyenda zamufashije gutegura impinduka muri Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU.

Mu bihe bitandukanye Umukuru w’Igihugu yahuye n’iryo tsinda yaba muri Village Urugwiro no mu rugo rwe i Rwamagana mu murenge wa Muhazi, ariko ntawe uramenya icyo bagezeho, biteganyijwe ko byose bizahishurirwa muri iyi nama.

Abakuru b’ibihugu kandi bazafata umwanzuro ku busabe bwa Maroc bwo kugaruka muri AU nyuma y’imyaka 34 yikuyemo. Birasaba ko ibihugu 36 muri 54 bigize AU byemeza ko iwugarukamo nkuko amatageko awugenga abiteganya.

Bazanemeza imbanzirizamushinga y’imirongo ngenderwaho mu gushyira mu bikorwa umwanzuro wa Kigali wo gutera inkunga ibikorwa bya AU binyuze mu gutanga 0.2% by’ibyinjizwa mu bihugu.

Mu nama ya 28 ya AU, abakuru b’ibihugu bagomba no kuzakomoza ku ngingo y’ihungabana ry’amahoro n’umutekano mu bihugu bimwe na bimwe. Aha biteganyijwe ko hazigwa ku ngamba zirimo; kohereza ingabo muri Sudani y’Epfo no kongera kubaka Centrafrique yashegeshwe bikaze n’intambara y’amoko n’amadini.

Hazanasuzumwa umuti wavugutirwa ibihugu birimo imvururu za politiki nko mu Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Guinea-Bissau. Ibibazo by’iterabwoba mu bihugu bya Tchad, Nigeria, Mali, Libya na Somalia ntibizasigara inyuma.

-5543.jpg

Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze i Addis Ababa muri Ethiopia

Source : Igihe.com

2017-01-28
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashimye umusanzu wa Global Fund mu kwita ku buzima

Perezida Kagame yashimye umusanzu wa Global Fund mu kwita ku buzima

Editorial 03 May 2017
‘ Nzakomeza kwambara imyenda iriho ifoto ya Perezida Kagame ubuzima bwanjye bwose ‘ – Rucagu

‘ Nzakomeza kwambara imyenda iriho ifoto ya Perezida Kagame ubuzima bwanjye bwose ‘ – Rucagu

Editorial 19 Sep 2017
Umuhanzikazi wakanyujijeho Yvonne Chaka Chaka ategerejwe  i Kigali

Umuhanzikazi wakanyujijeho Yvonne Chaka Chaka ategerejwe i Kigali

Editorial 01 May 2017
AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

Editorial 22 Feb 2025
Perezida Kagame yashimye umusanzu wa Global Fund mu kwita ku buzima

Perezida Kagame yashimye umusanzu wa Global Fund mu kwita ku buzima

Editorial 03 May 2017
‘ Nzakomeza kwambara imyenda iriho ifoto ya Perezida Kagame ubuzima bwanjye bwose ‘ – Rucagu

‘ Nzakomeza kwambara imyenda iriho ifoto ya Perezida Kagame ubuzima bwanjye bwose ‘ – Rucagu

Editorial 19 Sep 2017
Umuhanzikazi wakanyujijeho Yvonne Chaka Chaka ategerejwe  i Kigali

Umuhanzikazi wakanyujijeho Yvonne Chaka Chaka ategerejwe i Kigali

Editorial 01 May 2017
AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

Editorial 22 Feb 2025
Perezida Kagame yashimye umusanzu wa Global Fund mu kwita ku buzima

Perezida Kagame yashimye umusanzu wa Global Fund mu kwita ku buzima

Editorial 03 May 2017
‘ Nzakomeza kwambara imyenda iriho ifoto ya Perezida Kagame ubuzima bwanjye bwose ‘ – Rucagu

‘ Nzakomeza kwambara imyenda iriho ifoto ya Perezida Kagame ubuzima bwanjye bwose ‘ – Rucagu

Editorial 19 Sep 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru