• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame na Madamu bitabiriye Inama ya 28 ya AU i Addis Ababa

Perezida Kagame na Madamu bitabiriye Inama ya 28 ya AU i Addis Ababa

Editorial 28 Jan 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze i Addis Ababa muri Ethiopia, aho bitabiriye inama ya 28 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, AU.

Kuwa 30-31 Mutarama 2017 nibwo abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bazahurira ku cyicaro cya AU i Addis Ababa mu kazi kadasanzwe karimo; gutora Umuyobozi wa Komisiyo ya AU n’abakomiseri, kugezwaho raporo ku mavugurura y’iyo Komisiyo yakozwe na Perezida Kagame n’itsinda ry’intiti icyenda zamufashije no kugena umusimbura wa Perezida Idriss Deby Itno ku buyobozi bwa AU.

Iyi nama izasiga hamenyekanye usimbura Dr.Dlamini Zuma mu bakandida batanu barimo; Umunya-Botswana Pelonomi Venson-Moitoi n’Umunya-Guinee Equatoriale Agapito Mba Mokuy, bari mu bahataniraga uwo mwanya ntibabasha gutambuka mu matora yabereye i Kigali muri Nyakanga 2016, biyemeje gukomeza guhatana n’abakandida bashya, Abdoulaye Bathily ukomoka muri Senegal, Moussa Faki Mahamat, ukomoka muri Tchad na Amina Mohamed, wo muri Kenya.

Kuri Perezida Kagame kwitabira iyi nama bifite igisobanuro gikomeye kuko agomba kuzatangaza ibyo yagezeho n’itsinda ry’intiti icyenda zamufashije gutegura impinduka muri Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU.

Mu bihe bitandukanye Umukuru w’Igihugu yahuye n’iryo tsinda yaba muri Village Urugwiro no mu rugo rwe i Rwamagana mu murenge wa Muhazi, ariko ntawe uramenya icyo bagezeho, biteganyijwe ko byose bizahishurirwa muri iyi nama.

Abakuru b’ibihugu kandi bazafata umwanzuro ku busabe bwa Maroc bwo kugaruka muri AU nyuma y’imyaka 34 yikuyemo. Birasaba ko ibihugu 36 muri 54 bigize AU byemeza ko iwugarukamo nkuko amatageko awugenga abiteganya.

Bazanemeza imbanzirizamushinga y’imirongo ngenderwaho mu gushyira mu bikorwa umwanzuro wa Kigali wo gutera inkunga ibikorwa bya AU binyuze mu gutanga 0.2% by’ibyinjizwa mu bihugu.

Mu nama ya 28 ya AU, abakuru b’ibihugu bagomba no kuzakomoza ku ngingo y’ihungabana ry’amahoro n’umutekano mu bihugu bimwe na bimwe. Aha biteganyijwe ko hazigwa ku ngamba zirimo; kohereza ingabo muri Sudani y’Epfo no kongera kubaka Centrafrique yashegeshwe bikaze n’intambara y’amoko n’amadini.

Hazanasuzumwa umuti wavugutirwa ibihugu birimo imvururu za politiki nko mu Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Guinea-Bissau. Ibibazo by’iterabwoba mu bihugu bya Tchad, Nigeria, Mali, Libya na Somalia ntibizasigara inyuma.

-5543.jpg

Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze i Addis Ababa muri Ethiopia

Source : Igihe.com

2017-01-28
Editorial

IZINDI NKURU

Iyo mutabinsaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe _Perezida Kagame

Iyo mutabinsaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe _Perezida Kagame

Editorial 15 Jul 2017
Iya 27 Mata 1994: Umunsi Oxfam yatanze itangazo ko ibibera mu Rwanda ari Jenoside

Iya 27 Mata 1994: Umunsi Oxfam yatanze itangazo ko ibibera mu Rwanda ari Jenoside

Editorial 27 Apr 2018
Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110

Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110

Editorial 09 Apr 2020
Mu burundi:   Abagabo babiri bigeze kuyobora u Burundi   bashobora guhitanwa na Nkurunziza mu minsi yavuba

Mu burundi: Abagabo babiri bigeze kuyobora u Burundi bashobora guhitanwa na Nkurunziza mu minsi yavuba

Editorial 16 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zimbabwe: Robert Mugabe wirukanwe ku buyobozi bw’ishyaka rye ntakozwa ibyo kwegura
HIRYA NO HINO

Zimbabwe: Robert Mugabe wirukanwe ku buyobozi bw’ishyaka rye ntakozwa ibyo kwegura

Editorial 20 Nov 2017
Burundi: Nyuma yo gufunga BBC na VOA ngo zitagaragariza amahanga itekinika muri referendum leta yisubiyeho ku bihano
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Nyuma yo gufunga BBC na VOA ngo zitagaragariza amahanga itekinika muri referendum leta yisubiyeho ku bihano

Editorial 24 May 2018
AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie
Amakuru

AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

Editorial 03 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru