• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Museveni aratangira uruzinduko muri Tanzania

Perezida Museveni aratangira uruzinduko muri Tanzania

Editorial 24 Feb 2017 Mu Rwanda

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda guhera ejo tariki 25/02/2017 biteganyijwe yuko azatangira uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Tanzania, igihugu cyamuhaye ubuhungiro muri za 70 !

Umuyobozi w’intara ya Dar es Salaam, Paul Makonda, ejo yabwiye abanyamakuru aho mu murwa mukuru wa Tanzaia yuko Museveni azaba ari mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri, rukazarangira ejo bundi tariki 26.

-5869.jpg

Makonda yabwiye abo banyamakuru yuko Perezida Museveni azagirana ibiganiro birambuye na mugezi we, Perezida John Pombe Magufuli, ariko yirinda kuvuga ibyo bizibandaho uretse kuvuga gusa yuko bizaba bigendanye n’ubukungu, ubucuruzi na diplomasi.

Abakurikiranira hafi ibyo muri Prezidansi ya Tanzania bahamya yuko ibiganiro by’abo bakuru b’ibihugu byombi bizibanda ku kibazo cy’imishyikirano igamije kureba uko amahoro yagaruka mu gihugu cy’u Burundi.

Perezida Museveni niwe muhuza mukuru w’ibibazo by’Abarundi n’ubwo imirimo ya buri munsi ikorwa na Benjamin William Mkapa, wahoze ari Perezida wa Tanzania. Imishyikirano y’Amahoro ku Burundi ihagarariwe n’umuryango w’uburasirazuba bwa Afurika (EAC), ubu Magufuli abereye umuyobozi !

-5872.jpg

Perezida Museveni na Perezida Magufuri

Iyo mishyikirano y’Abarundi ubushize yabereye Arusha, isanzwe ibera, kuva tariki 16 kugeza tariki 18 z’uku kwezi ariko leta y’u Burundi yanze koherezayo intumwa zayo, itanga impamvu ubona zifite intego (intumbero) zo gushaka kwica iyo mishyikirano.

Leta y’u Burundi yavuze yuko idashobora kujya mu mishyikirano yanatumiwemo imitwe yibumbiye muri CNARED ngo kuko yagize uruhare muri ya kudeta yapfubye, Gicurasi 2015. Bujumbura kandi ikanavuga yuko iyo mishyikirano igomba kuzajya ibera mu Burundi aho gutwarwa Arusha muri Tanzania.

-5873.jpg

Perezida Museveni na Perezida Nkurunziza

Iki kibazo rero gihangayikishije Mkapa akaba yaratangaje yuko agomba kugishyikiriza abayoboye EAC ku buryo bwihutirwa ! Museveni nk’umuhuza nawe ni ngombwa guhura na Perezida wa EAC’ ku buryo bwihutirwa ngo barebere hamwe icyakorwa !

Casmiry Kayumba

2017-02-24
Editorial

IZINDI NKURU

Abasifuzi bagaragaweho amakosa y’imisifurire bahanwe na FERWAFA, barimo n’abayoboye umukino wahuje Rayon Sports na Etoile de l’Est wagaragayemo gusimbuza incuro nyinshi

Abasifuzi bagaragaweho amakosa y’imisifurire bahanwe na FERWAFA, barimo n’abayoboye umukino wahuje Rayon Sports na Etoile de l’Est wagaragayemo gusimbuza incuro nyinshi

Editorial 02 Dec 2021
Police yashubije umuhinde miliyoni 13 Frw yibwe n’umukozi we

Police yashubije umuhinde miliyoni 13 Frw yibwe n’umukozi we

Editorial 17 Aug 2017
Kenya na Sudan y’Epfo bishobora gutuma inteko ya EAC itinda cyane gutangira akazi

Kenya na Sudan y’Epfo bishobora gutuma inteko ya EAC itinda cyane gutangira akazi

Editorial 08 Jun 2017
Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yeguye

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yeguye

Editorial 20 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC
POLITIKI

Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC

Editorial 25 Apr 2018
Museveni yatsinze amatora Mbabazi atsindwa cyane
POLITIKI

Museveni yatsinze amatora Mbabazi atsindwa cyane

Editorial 25 Feb 2016
Polisi y’u Rwanda irakangurira ababyeyi  n’abayobozi gukomeza ingamba zo kwita ku burenganzira bw’abana
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irakangurira ababyeyi n’abayobozi gukomeza ingamba zo kwita ku burenganzira bw’abana

Editorial 14 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru