• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»ADEPR : Batatu bari bayoboye Komisiyo – Nzahuratorero mu turere tw’Umujyi wa Kigali bandikiye inzego nkuru z’Igihugu bamena amabanga , banasaba imbabazi

ADEPR : Batatu bari bayoboye Komisiyo – Nzahuratorero mu turere tw’Umujyi wa Kigali bandikiye inzego nkuru z’Igihugu bamena amabanga , banasaba imbabazi

Ubwanditsi 10 Mar 2017 ITOHOZA

Nkuko bigaragara mu ibaruwa yandikiwe inzego zitandukanye nkuru z’Igihugu tariki 4 Werurwe 2017 , bamwe mubari bahagarariye Komisiyo – Nzahuratorero mu turere dutatu tugize umujyi wa Kigali banditse ibaruwa bamenyesha inzego zose bandikiye mbere ko babeshyuza ibyo bari bazibwiye , bavuga ko batakwemera gushyigikira ikinyoma cy’ubuyobozi bwabo bugamije kwangisha Abakristu ba ADEPR ubuyobozi buyoboye Itorero .

Muri iyi baruwa bavuga ko iki cyemezo bagifashe nyuma yo kuganira n’umutima nama wabo bagasanga barakoze amakosa yo kubeshya ubuyobozi .

Musorukeye Protais waruhagarariye Akarere ka Gasabo , Mugabonake Schadrack waruhagarariye Akarere ka Kicukiro na Usengimana Ildephonse waruhagarariye Akarere ka Nyarugenge , bose bashyize imikono yabo kuri iyo baruwa , banasaba imbabazi ubuyobozi bwa ADEPR bemeza ko baguye mu mutego wabanga Itorero .

Bose hamwe bemeza ko basobanuriye ubuyobozi mu nzego zitandukanye uko ubuyobozi bwa Komisiyo Nzahuratorero bwakoresheje imyirondoro y’abantu batari abayobocye ba ADEPR ahubwo bagafata imyirondoro y’abagize Koperative y’Abamotari ‘ IMBARAGA MOTARD MUHIMA , bukifashisha n’imyirondoro bakuraga ku biro by’Utugari no kuri Banki .

Abari bahagarariye Komisiyo – Nzahuratorero mu turere dutatu tugize umujyi wa Kigali bavuze ko mu ibyo baganirizwaga mu manama bikubiye mu bice bine .

Iyi nyandiko ikomeza igira iyi :” Ikibabaje kandi cyatumye tutakwihanganira iyi mikorere mibi nuko harimo kubeshya inzego za leta , guhimbira abantu imikono itari iyabo , gukangurira abanyarwanda kwigomeka no kwamagana ubuyobozi bwa ADEPR hagamijwe guteza urusaku mu banyarwanda , dusanga tutakomeza kuba mu kinyoma tukireba .

Ibyavugirwaga mu nama twabaga turimo n’ibi bikurikira :

– Urwangano rukabije rwibasira abayobozi b’Itorero rya ADEPR
– Guteranya Abanyarwanda n’inzego za leta
– Kwaka imisanzu abari muri Komisiyo Nzahuratorero ikoreshwa ibyo tutazi
– Gukoresha inama rwihishwa .”

Abakirisito b’Itorero rya Pentekote mu Rwanda ( ADEPR ) batavuga rumwe n’ubuyobozi buriho, bashyizeho Komisiyo – Nzahuratorer0 bavuga ko igamije gusubiza k’umurongo ibikorwa bita ko “ ibigayitse ” Iyo komisiyo iyobowe n’abantu batanu barimo batatu bagize nyobozi n’abajyanama babiri.

-6070.jpg

Rev Sibomana Jean

Itangazo ry’amapaji abiri ryanditswe n’iyo Komisiyo iyobowe na Dr Jean de Dieu Basabose, ryatangiye gucicikana ku mbuga nkoranyambaga mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 19 Mutarama 2017.

Urwandiko

-6069.jpg
-6071.jpg

2017-03-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Ubwanditsi 24 Sep 2023
U Bufaransa: CPCR yifuje ko Barahira na Ngenzi bongera guhanishwa gufungwa burundu

U Bufaransa: CPCR yifuje ko Barahira na Ngenzi bongera guhanishwa gufungwa burundu

Ubwanditsi 02 May 2018
IBUKA yamaganye Kaminuza ishaka gutiza umurindi ikwirakwizwa ry’igitabo gipfobya Jenoside

IBUKA yamaganye Kaminuza ishaka gutiza umurindi ikwirakwizwa ry’igitabo gipfobya Jenoside

Ubwanditsi 17 Sep 2018
1994 : Uko Paul Kagame  yanze kuba Perezida hakajyaho Pasteur Bizimungu

1994 : Uko Paul Kagame yanze kuba Perezida hakajyaho Pasteur Bizimungu

Ubwanditsi 30 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikoreshwa ry’imihanda kuri uyu wa gatanu
Mu Mahanga

Ikoreshwa ry’imihanda kuri uyu wa gatanu

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda
UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Oct 2019
Amafoto – Mahoro Yvan na Murangwa Nelson bakiniraga ikipe ya UVC Volleyball Club berekeje muri REG VC
Amakuru

Amafoto – Mahoro Yvan na Murangwa Nelson bakiniraga ikipe ya UVC Volleyball Club berekeje muri REG VC

Ubwanditsi 09 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru