• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Amakosa yitwa mato ashobora gukorwa hagati y’abashakanye akagira ingaruka zikomeye

Amakosa yitwa mato ashobora gukorwa hagati y’abashakanye akagira ingaruka zikomeye

Ubwanditsi 15 Mar 2017 HIRYA NO HINO

Abahanga mu by’imibanire bemeza ko nta rugo rwubakwa nk’urundi ndetse nta n’urutagira ibibazo, ahubwo bagashimangira ko uburyo bwo kubikemura ariryo hurizo riba ritegereje benshi kuko mu miryango itandukanye usanga ababana hari amakosa bashobora gufata nk’ayoroheje bakanatekereza ko ntacyo atwaye ariko ugasanga ingaruka zayo ziremereye cyane.

Iyo abasore n’inkumi batarashakana, hari imiryango baba bafata nk’icyitegererezo bakumva ko bakwiriye kuzubaka urugo rumeze nk’urwabo, ariko rimwe na rimwe bagatungurwa no gusanga abo bifuza kureberaho nabo bafite ya makosa ameze nkaho ari rusange mu ngo nyinshi.

Urubuga Elcrema rwibanda ku nkuru z’urukundo ndetse n’imibanire rugaragaza amakosa atandatu afatwa nk’ayoroheje ariko agira ingaruka ku miryango.

1. Kureka ababyeyi bakabafatira imyanzuro

Uko ababyeyi banyu baba babakunda kose n’ububryo baba babahangayikira hari imyanzuro batagomba kubafatira.

Ni ikosa rikomeye kureka ababyeyi bagakomeza kubafatira imyanzuro kandi mufite urugo rwanyu nabo bakagira urwabo. Icyo mwakora ni ukubagisha inama gusa ariko imyanzuro mukayifatira ubwanyu.

2. Kudaha agaciro ibyo gukora imibonano mpuzabitsina

Abashakanye benshi usanga bahugiye mu kazi no gushakisha imibereho ya buri munsi izatunga urugo, ibyo rero bituma baha agaciro gake ikijyanye no gutera akabariro.
Igihe ingingo yo gutera akabariro yirengagijwe, urugo ruba rugenda rugana aharindimuka kuko ibyo bituma umutekano ubura n’ibibahuza bikagabanuka.

3. Kwinjiza inshuti zanyu mu buzima bw’urugo

Iri ni irindi kosa abantu bashakanye usanga bakora kandi bakaryita iryoroheje. Ubusanzwe ibyemezo by’urugo bifatwa n’umugabo n’umugore, iyo rero hari undi muntu hafi aho mwemereye kubinjirira mu buzima birabangama cyane.

Kandi ibyo bituma hagati y’umugabo n’umugore umwuka uba mubi kuko iyo bitababaje umugore bitera umugabo umunabi.

4. Gucyekana ibibi

Gucyeka ndetse no kwibwira ngo buriya mugenzi wanjye ubwo atavuga, yagaye ibi n’ibi, ni bibi kuko amagambo nk’ayo ashobora kwangiza umubano wanyu.
Iyo abashakanye bataganira umwe agacyeka, undi akibwira bisenya umubano kandi ingaruka zabyo ziba mbi cyane kuko bigabanya icyizere mwari mufitanye.

5. Kutita ku byo uwo mwashakanye akora

Hari abantu bigira ba ntibindera, ugasanga uwo mwashakanye yakoze uko ashoboye ngo akwiteho cyangwa se akunezeze ariko ukabiha agaciro gake.
Iryo ni ikosa ryo kwirengangiza kandi uko urushaho kubimugaragariza, agenda ahinduka mubi ukazasigara wibaza impamvu utakibona ibyiza bimuturukaho kandi ari wowe wabigizemo uruhare.

6. Kubwira abandi ibyo wakabwiye uwo mwashakanye

Usanga umugore ajya kuganyira mugenzi we, cyangwa se umugabo akaganiriza abandi ibitagenda mu rugo rwe. Nyamara ibyo yagombaga kubiganiriza uwo bashakanye ngo babishakire umuti urambye.

-6102.jpg

Uko uganira n’uwo mwashakanye niko murushaho kuba inshuti magara, iyo rero ibyo mwakavuganye ubivugana n’abandi, kwibonanamo birayoyoka, urugo rugasenyuka urureba.

Nubwo nta muntu utunganye ubaho ariko uko byagenda kose buri munsi ababana baba bakwiriye kugerageza kurushaho gukora neza ku nyungu rusange bahuriyeho n’abo babana.

2017-03-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Isomo  kuri bashiki bacu bakiri bato . Nabamaze gukura!

Isomo kuri bashiki bacu bakiri bato . Nabamaze gukura!

Ubwanditsi 11 May 2017
Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo

Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo

Ubwanditsi 12 Mar 2019
Intambara hagati ya Mai Mai n’abanyamurenge yatumye bahunga ingo zabo

Intambara hagati ya Mai Mai n’abanyamurenge yatumye bahunga ingo zabo

Ubwanditsi 06 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame
UBUKUNGU

Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame

Ubwanditsi 24 Dec 2018
Impano y’imodoka  ya V8 Apôtre Masasu yahawe n’abakirisitu basengera muri Restauration Church  yavugishije benshi ‘ Amangambure ‘
Mu Rwanda

Impano y’imodoka ya V8 Apôtre Masasu yahawe n’abakirisitu basengera muri Restauration Church yavugishije benshi ‘ Amangambure ‘

Ubwanditsi 23 Aug 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru