• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Papa Francis yasabye imbabazi kubera uruhare rwa Kiriziya muri jenoside yakorewe Abatutsi

Papa Francis yasabye imbabazi kubera uruhare rwa Kiriziya muri jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 20 Mar 2017 ITOHOZA

Uyu munsi kuwa mbere tariki 20 Werurwe 2017 Nyirubutungane Papa Francis yasabye imbabazi kubera guteshuka kwa Kiliziya gaturika kimwe na bamwe mu bayo bagize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Itangazo ryatanzwe na Vatican, nyuma y’umubonano wa Papa Francis na Perezida Kagame, rivuga yuko Nyirubutungane Papa yatanze ubutumwa bwe bw’akababaro buturutse ku mutima n’ubutumwa bwa Kiliziya kubera jenoside yakorerwe Abatutsi.

Iryo tangazo rigakomeza rivuga yuko Papa yasabye Imana imbabazi kubera ibyaha no gutsindwa kwa Kiliziya n’abayigize, barimo abapadiri n’abandi bagabo n’abagore bo mu idini gaturika bayobotse inzira y’u Rwango no kumena amaraso bateshutse ku nshingano zabo zo gusakaza ubutumwa bw’Imana.

Uku gusaba imbabazi kwa Papa Francis kuje gukurikira icyifuzo cyakomeje gutangwa na leta y’u Rwanda cy’uko Kiriziya Gaturika yasaba imbabazi kubera uruhare rwayo muri jenoside yakorewe Abatutsi, igahitana abantu basaga miliyoni.

Kiliziya Gaturika yakomeje kunengwa yuko yakoranaga hafi n’ubutegetsi bwateguye, bukanashyira jenoside mu bikorwa ! Mu gihe cya jenoside nyinshi muri za kiliziya ziciwemo imbaga y’abantu, bamwe batanzwe na bamwe mu bapadiri cyangwa ababikira !

Papa Francis w’imyaka 80 y’amavuko yavuze yuko yizeye izo mbabazi zisabwe zizomora ibikomere bya benshi zikanavamo n’umusemburo wo kugarurira icyizere Kiliziya.

Iyi nkuru dukesha AFP ikomeza igaragaza yuko bamwe mu bapadiri, ababikira kimwe n’abafurere bashinjwaga kuba baragize uruhare muri jenoside bashyikirijwe ubutabera, muri bo hagatangwa urugero rwa Augustine Misago warekuwe kuva muri gereza muri 2000.

Mu Ugushyingo umwaka ushize abasenyeri bahagarariye diyoseze icyenda zo mu Rwanda basinye itangazo risaba imbabazi kubera uruhare rwa kiliziya muri jenoside yakorewe Abatutsi, risomwa muri za kiliziya zose mu Rwanda. Icyo gihe ariko leta y’u Rwanda yavuze yuko imbabazi zisabwe na Kiliziya Gaturika mu Rwanda yomyine zitari zihagije !

Minisitiri w’u Rwanda w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo wari waherekeje Kagame i Vatican, kuri uyu wa mbere yavuze yuko omubonano wa Perezida Kagame na Papa Francis wabaye mu mucyo no mu bwugahane (mutual respect). Mushikiwabo akanavuga ariko yuko nubwo izo mbabazi zasabwe ngo muri za kiliziya zimwe na zimwe haracyari abagipfobya jenoside n’abahishira abayigizemo uruhare !

-6141.jpg

Perezida Kagame na Madamu i Vatican

Casmiry Kayumba

2017-03-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Alain Jupé, Arasabwa Kwisobanura ku bihumbi n’ibihumbi by’abapfuye muri genocide mu Rwanda

Alain Jupé, Arasabwa Kwisobanura ku bihumbi n’ibihumbi by’abapfuye muri genocide mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ubwanditsi 02 Jan 2024
Rusesabagina yivanye mu rubanza ariko ntazivana mu kimwaro, Abishake cyangwa abihakane urubanza rwe ruzaba!

Rusesabagina yivanye mu rubanza ariko ntazivana mu kimwaro, Abishake cyangwa abihakane urubanza rwe ruzaba!

Ubwanditsi 15 Mar 2021
Abacamanza muri ICC basabwe kudasesa urubanza rwa Visi Perezida wa Kenya

Abacamanza muri ICC basabwe kudasesa urubanza rwa Visi Perezida wa Kenya

Ubwanditsi 16 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Gen. Kale Kayihura Ku Rutonde Rw’abahigirwa Kwicwa
ITOHOZA

Uganda: Gen. Kale Kayihura Ku Rutonde Rw’abahigirwa Kwicwa

Ubwanditsi 13 Sep 2018
Perezida Kagame yashyikirijwe igihembo cyo guteza imbere ubukerarugendo
UBUKUNGU

Perezida Kagame yashyikirijwe igihembo cyo guteza imbere ubukerarugendo

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Burundi: Perezida Nkurunziza yashinze ishyirahamwe ry’Abahutu
Mu Rwanda

Burundi: Perezida Nkurunziza yashinze ishyirahamwe ry’Abahutu

Ubwanditsi 16 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru