• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ese Umugore na we yatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina?

Ese Umugore na we yatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina?

Editorial 17 Apr 2017 HIRYA NO HINO

Marie Jeanne Mukaneza (izina twamuhimbye) utuye mu Karere ka Muhanga, avuga ko nta na rimwe aratangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina hagati ye n’umugabo we bashakanye, ubu babyaranye abana babiri.

Mukaneza avuga ko yabyakiriye ko ari umugabo ugomba gutangiza iki gikorwa. Mu buhamya bwihariye yahaye Izubarirashe.rw, dukesha iyi nkuru, Mukaneza yavuze ko yumva gutangiza ikiganiro cyo gukora imibonano nk’umugore yumva byaba atari umuco, akavuga ko n’abagore benshi bagenzi be baganira ari ko babifata.

“Hari ibyo umugore aba yumva bimureba n’ibyo aba yumva bitamureba. Umugore yumva ko kuba yateka ari ikintu kimureba, kuba imyenda imeshe ari ikintu kimureba ariko iyo bigeze ku bintu by’imibonano mpuzabitsina umugore yumva ko bireba umugabo akaba ari we ubitangiza.”

Yungamo ati “Nyine kuko ari ko umuntu aba yarabimenyereye binajyana wenda n’umuco umugabo ni we ufata inzira ya mbere akajya kurambagiza umugore, n’ubundi umugore n’ibyo ngibyo bitangizwa n’umugabo, umugore arabyakira ko ari umugabo ari we ugomba gutangiza igikorwa cy’imibonano kandi mbona nta kibazo biteye.”

Umubajije impamvu we atatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina Mukaneza akubwira ko “akenshi usanga hari igihe biterwa n’isoni abagore baba bifitemo, cyangwa se bikanaterwa ahanini no kuba umugore avuga wenda ati ‘umugabo yagira ngo ‘iki?’ ‘Yangaya, yabifata ko ndi indaya se’, ibintu nk’ibyo.’”

Gusa Mukaneza avuga ko hari ubwo umugore abishaka, akifuza ko haba igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina nyamara ntabibwire umugabo we, ati “abagore benshi bashiririramo bakabyihorera!”

Ibi bishimangirwa na Safari Byuma Alphonse, umugabo w’imyaka 40, utuye mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Rwezamenyo muri Nyakabanda uvuga ko mu rugo rwe ari we uhora utangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina.

Agira ati “Ubundi uko mbibona muri rusange hagati y’umugabo n’umugore iyo bagiye gukora imibonano mpuzabitsina mbona y’uko abagabo ari bo bagombye kubanza kugira icyo basaba abagore babo. Nubwo n’abagore baba bafite ubwo burenganzira ubona iteka ryose bo bihagararaho ntibabivuge. Bishoboke ko ari mu muco nyarwanda, ndetse n’uw’Abanyafurika, mbona biri no muri kamere y’abagore aho bava bakagera.”

Byuma ashimangira ko anashingira ku ngero abona ku nyamanswa.

Agira ati “No mu nyamanswa tubona y’uko isake ari yo yirukanka iruhande rw’inkokokazi, ku ihene ruhaya niyo ihebeba, ku nka ikimasa nicyo kibanza mbese iteka ryose abagabo ni bo babanza gusaba abagore no mu nyamaswa ni uko mbona ari kamere y’umuntu Imana yashyizeho.”

Ku bw’uyu Byuma, ufite abana 5, nta kibazo ibi byakagombye gutera mu rugo ku bantu bajijutse, akagira ati “kuba umugabo ari we utangira icyo gikorwa ntacyo bitwaye icya ngombwa ni uko bigira iherezo ryiza, kandi byumvikanyweho.”

Undi mugabo witwa Munyaneza Théogene, w’imyaka 40, utuye mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Runda mu kagari ka Ruyenzi na we avuga ko mu rugo rwe ari we utangiza iki gikorwa.

-6323.jpg

Gusa Munyaneza we avuga ko iyo umugore we yifuza ko iki gikorwa kiba hari uburyo abimwerekamo. Agira ati “Hari ibikorwa byinshi bishobora kwereka umugabo ko umugore we hari icyo ari gushaka. Umugore ashobora kuba ashaka gukora iyo mibonano mpuzabitsina ntatinyuke kuvuga ngo akwaturire nk’umugabo akubwire ko abishaka ariko akabikoresha ibikorwa runaka, ushobora gusanga yashashe uburiri, ugasanga yatetse yateguye neza, ugasanga na we ubwe yambaye neza, yakarabye… nawe yakoze ku buryo ugera mu rugo ukabona hari igituma uri bumushake.”

Munyaneza we asaba abagabo kumenya ko mu Rwanda ibijyanye n’ibitsina ari ikintu kidakunze kuvugwaho cyane, bikaba akarusho ku bagore ati “abagore gushaka imibonano mpuzabitsina burya si uko batavuga ahubwo bavugisha ibikorwa.”

Badacoka Richard, umukozi w’Umuryango nyarwanda uharanira iterambere n’imibereho myiza y’abagore mu Rwanda ‘Rwanda Women Network’ asobanura ko umugabo cyo kimwe n’umugore buri wese ashobora gutangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina, ko ibitari ibi ari ihohoterwa.

Agira ati “Dushingiye ko igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina ari igikorwa ngirana twemera ko buri wese nk’umuntu ashobora kuba yakwifuza iki gikorwa.”

Badacoka avuga ko mu Rwanda bigaragara ko bisa nk’umuziro ko umugore aba yatinyuka ngo abwire umugabo ko yifuza icyo gikorwa agategereza ngo intambwe ya mbere ifatwe nk’umugabo, akagira ati “Dutekereza ko ibyo ngibyo na byo ubwabyo bishobora kugira ingaruka ku migendekere y’icyo gikorwa cyane ko uwagitekereje we buri gihe aza yiteguye.”

Uyu mukozi asaba abanyarwanda ko barenga urwego rwo gufata ko igihe umugore atangije iki gikorwa ari umuziro, ko ari uburenganzira bwe yemererwa n’amategeko.

Source : IZUBARIRASHE

2017-04-17
Editorial

IZINDI NKURU

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Editorial 03 Jun 2019
Ethiopie: Umugaba w’Ingabo yiciwe mu gikorwa cyo guhirika ubutegetsi

Ethiopie: Umugaba w’Ingabo yiciwe mu gikorwa cyo guhirika ubutegetsi

Editorial 23 Jun 2019
Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo

Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo

Editorial 12 Mar 2018
Perezida Nkurunziza arasaba ko inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yari iteganyijwe isubikwa

Perezida Nkurunziza arasaba ko inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yari iteganyijwe isubikwa

Editorial 26 Nov 2018
Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Editorial 03 Jun 2019
Ethiopie: Umugaba w’Ingabo yiciwe mu gikorwa cyo guhirika ubutegetsi

Ethiopie: Umugaba w’Ingabo yiciwe mu gikorwa cyo guhirika ubutegetsi

Editorial 23 Jun 2019
Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo

Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo

Editorial 12 Mar 2018
Perezida Nkurunziza arasaba ko inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yari iteganyijwe isubikwa

Perezida Nkurunziza arasaba ko inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yari iteganyijwe isubikwa

Editorial 26 Nov 2018
Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Editorial 03 Jun 2019
Ethiopie: Umugaba w’Ingabo yiciwe mu gikorwa cyo guhirika ubutegetsi

Ethiopie: Umugaba w’Ingabo yiciwe mu gikorwa cyo guhirika ubutegetsi

Editorial 23 Jun 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru