• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuhanzi Diamond Platinumz agarutse gutaramira Abanyarwanda

Umuhanzi Diamond Platinumz agarutse gutaramira Abanyarwanda

Ubwanditsi 01 Jun 2017 Mu Rwanda

Umuhanzi w’Umunyatanzaniya Diamond Platinumz agarutse gutaramira Abanyarwanda mu mpera z’ukwezi gutaha kwa Nyakanga.

Uyu muhanzi w’icyamamare (The Number One Star) haba mu bihugu by’Afurika y’Iburasirazuba na Afurika muri rusange, biteganijwe ko ku wa 2 Nyakanga azakoresha igitaramo ariko biravugwa kokizabera hanze ya Kigali.

Uyu muhanzi mu bisanzwe wiswe n’ababyeyi be Abdul Naseeb Juma aheruka gutaramira Abanyarwanda mu mpera z’umwaka wa 2015 (New Year’s East African Party concert), iki gitaramo cyari cyateguwe na East African Promoters (EAP).

Mu kiganiro Diamond yagiranye n’umunyamakuru wo muri Tanzaniya Milard Ayo, Diamond yemeje aya makuru ko agiye kongera gutaramira abaturage bo mu Karere na Afurika muri rusange. Biteganijwe ko azatamira I Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ku wa 1 Nyakanga nyuma agakomereza I Kigali ku wa 2 Nyakanga uyu mwaka.

Sosiyete nshya mu gutegura ibikorwa bitandukanye ya Primetime Promotions biravugwa ko ariyo iri gusoza ibiganiro n’uyu muhanzi ku bijyanye n’iki gitaramo.

Ndayisaba Lee, umwe mu bari gutegura iki gikorwa avuga ko ibiganiro bari kugirana na Diamond birimo kugenda neza.

-6761.jpg

-6762.jpg

Diamond Platinumz ni umuhanzi w’icyamamare mu Karere kandi arakunzwe cyane mu Rwanda.

Ndayisaba uri muri Tanzaniya mu kiganiro na New Times, yagize ati “ Nzagaruka mu Rwanda ku wa gatanu w’iki cyumweru kugirango dusoze ibijyanye n’iki gitaramo byose. Kuri ubu sinatangaza byinshi kuko hari bimwe bitararangira neza”.

Diamond Platinumz ni umuhanzi w’icyamamare mu Karere kandi arakunzwe cyane mu Rwanda. Ubwo yataramiraga I Kigali, igitaramo cye cyitabiriwe n’ibihumbi by’abantu ku buryo yavuye ku rubyiniro hari benshi bakimushaka.

Uyu muhanzi umaze gutwara ibihembo bitandukanye mpuzamahanga aherutse gutangiza urubuga WasafiDotCom aho azajya agurishiriza imiziki nyarwanda aho arimo gufatanya na Televiziyo ya Clouds TV Rwanda WasafiDot.

Abahanzi nyarwanda nka DJ Pius batangiye gucuruza imiziki yabo kuri urwo rubuga rwa Diamond.

2017-06-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo gutangaza Addy Bukaraba nk’umutoza mushya wa Etoile de l’Est, yahise akoresha imyitozo bitegura kwakira Gicumbi FC

Nyuma yo gutangaza Addy Bukaraba nk’umutoza mushya wa Etoile de l’Est, yahise akoresha imyitozo bitegura kwakira Gicumbi FC

Ubwanditsi 15 Feb 2022
Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 24 Sep 2021
Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Ubwanditsi 19 Oct 2021
Akurikiranweho kwica umupasitoro akamurya, akanamugaburira abandi

Akurikiranweho kwica umupasitoro akamurya, akanamugaburira abandi

Ubwanditsi 05 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Akamaro amazi yahinduwe amaraso ya Yesu agirira abantu “-Patmos of faith church
Mu Rwanda

“Akamaro amazi yahinduwe amaraso ya Yesu agirira abantu “-Patmos of faith church

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Impamvu Umuteruzi w’Amakarito y’’Ibirungo’ mu Ruganda  i Paris asha kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda
ITOHOZA

Impamvu Umuteruzi w’Amakarito y’’Ibirungo’ mu Ruganda i Paris asha kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda

Ubwanditsi 08 Feb 2017
Aho bikomereye  n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe
Mu Rwanda

Aho bikomereye n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe

Ubwanditsi 03 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru