• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘ La Palisse Hotel ‘ ishobora kuba mubo Perezida Kagame yabwiraga

‘ La Palisse Hotel ‘ ishobora kuba mubo Perezida Kagame yabwiraga

Ubwanditsi 29 Jun 2017 Mu Rwanda

Tariki 24/6/2017 Perezida Kagame yakoranye umuganda n’abaturage b’Umurenge wa Ndera muri Gasabo n’abo mu gace ka Kicukiro gakora ku gishanga cya Nyandungu, aho yaboneyeho kwibutsa abantu bigabije ibishanga kwibwiriza bakabivamo bihuse.
Aho mu gishanga cya Nyandungu, ari naho La Palisse Hotel Nyandungu ibarizwa, harimo kubakwa ubusitani bw’ikitegererezo, Nyandungu ECO Tourism Park. Hazaba ari ahantu ho gusohokera no kuruhukira, ahantu h’ubukerarugendo no kwidagadurira.

Muri uwo muganda wasozaga ukwezi kwa gatandatu, ari nawo wari uwa mbere nyuma y’aho RPF umwemereje kuba umukandida Perezida wayo, Kagame yari yifatanyije n’abandi banyarwanda gutunganya aho hantu biteganyijwe yuko hazarangira hatwaye amafaranga atari hasi ya miliyari ebyiri n’igice.

Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye uwo mu ganda, no ku baturarwanda muri rusange, Perezida Kagame yavuze yuko ibishanga byacu tugomba kubibungabunga, ntibizakomeze kuvogerwa, n’ababikoze bakibwiriza bakabivamo. Yavuze ku buryo busobanutse neza yuko abafite ibikorwa mu bishanga kandi atari ho bigomba kuba biri bagomba kubyimura badatinze.

Perezida akomeza agira ati: “Ndibutsa ko mu minsi mike iri imbere bigomba gukosorwa, ubwo ndaburira abazi ko bari aho hantu aho ariho hose, waba ufitemo ishuri, waba ufitemo inzu wubatsemo ubamo, waba ufitemo ifamu y’inka, biraza gushakirwa ubundi buryo, ibyo bijye aho bikwiriye kujya bive aho bidakwiriye.”

Kuva La Palisse Nyandungu yakubakwa abantu bakomeje kuvuga yuko yubatswe mu gishanga, bakibaza impamvu leta yabyemeye ntibabone igisubizo. Icyatangazaga benshi n’uko iyi hoteli yubatswe igihe abantu bari bafite ibikorwa hafi ya Nyabugogo, ahitwa “Poid Lourd” babwirwaga kubikuramo. Ibyo byatumye bamwe batangira gukwirakwiza impuha z’uko muri La Palisse Nyandungu hagomba kuba harimo umuntu ukomeye ufitemo imigabane !

Mu ijambo rye muri uwo muganda ntabwo Kagame yigeze avuga La Palisse Hotel cyangwa indi nyubako by’umwihariko ariko uko yavugaga ayo magambo yo kwimuka mu bishanga benshi mu bari mu muganda bageragezaga kureba aho La Palisse yubatswe ariko amaso akagarukira kuri Kigali Parents, ishuli rishimwa kuba ryigisha neza ariko naryo rikaba rituranye na La Palisse Hotel muri icyo gishanga cya Nyandungu, giteganywa no kuzashyirwamo utunyamaswa (zoo) tuzajya dukurura abantu kuhasura.

-7100.jpg

Perezida Kagame yakoranye umuganda n’abaturage b’Umurenge wa Ndera muri Gasabo n’abo mu gace ka Kicukiro

Nubwo ariko La Palisse yubatswe mu gishanga, igice kinini cyayo muri icyo gishanga ni aho abantu bakorera imyidagaduro itandukanye no kuharuhukira. Ubuyobozi bwa La Palisse Hotel nabwo bugomba kuba busanzwe buzi yuko icyo gishanga cya Nyandungu ari umuturanyi cyangwa umubanyi wo kwitwararika cyane. Tariki 5 Ugushyingo 2013 umujyi wa Kigali waciye amande ya miliyoni ebyiri iyi hoteli ngo kuko yanduzaga icyo gishanga, inategekwa gukuraho amatiyo yose yatwaraga imyanda muri ruhurura igana mu gishanga !

La Palisse ifite irindi shami rya hoteli riri mu Karere ka Bugesera mu murenge wa Gashora, naryo rikaba ryitwa La Palisse Gashora. Iri shami ry’iyi hotel, rifite amacumbi meza asakajwe ibyatsi, riri ku nkengero z’ikiyaga cya Rumira kirimo ingona nyinshi. Uwashaka yanavuga yuko n’igice kimwe cya La Palisse Gashora kiri mu gishanga !

Abacumbika muri La Palisse Gashora bagirwa inama yo kutegera cyane icyo kiyaga cya Rumira kubera yuko ingona nyinshi zikirimo zishobora kuhabamirira !

Muri iryo jambo rya Kagame mu muganda yongeyeho y’uko abubatse mu bishanga batazitwaza yuko yuko bafite ibyangombwa byo kubaka ngo kuko yaba bo cyangwa ababibahaye bose bari mu makosa !

-7099.jpg

La Palisse Hotel Nyandungu iri mu mujyi wa Kigali munsi gatoya y’ikibuga cy’indege

Casmiry Kayumba

2017-06-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali: Ubutinganyi bwafashe indi ntera

Kigali: Ubutinganyi bwafashe indi ntera

Ubwanditsi 17 Mar 2017
Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka

Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka

Ubwanditsi 14 Dec 2017
Umusirikare wa RDF wari ufunzwe yarasiwe ku rukiko ashaka gutoroka

Umusirikare wa RDF wari ufunzwe yarasiwe ku rukiko ashaka gutoroka

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Ubwanditsi 28 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 02 Mar 2023
Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.
Amakuru

Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.

Ubwanditsi 27 Apr 2021
Burundi: Imbonerakure ziratungwa agatoki mu rupfu rwa René Pacifique Ntwari, w’imyaka 20 wishwe ateraguwe ibyuma
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Imbonerakure ziratungwa agatoki mu rupfu rwa René Pacifique Ntwari, w’imyaka 20 wishwe ateraguwe ibyuma

Ubwanditsi 01 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru