• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Methodiste: Rurageretse hagati y’abakristo n’Umushumba Pasiteri Sekimonyo Fidele wabagurishirije urusengero n’ibikoresho by’ubuvuzi

Methodiste: Rurageretse hagati y’abakristo n’Umushumba Pasiteri Sekimonyo Fidele wabagurishirije urusengero n’ibikoresho by’ubuvuzi

Editorial 27 Jun 2017 ITOHOZA

Mu gihe hirya no hino mu matorero yo mu Rwanda hakomeje kugaragara umuyaga uhuha, kuri ubu nabwo rurambikanye hagati y’umushumba mukuru Sekimonyo Fidele n’abayoboke b’iri Torero Methodiste Unie International baramurega kugurisha urusengero rwa Kabaya ho mu Karere ka Ngororero, akanaregwa kwimakaza icyene wabo mu buyobozi bw’Itorero aho atanga amasoko hatabaye ipiganwa ndetse no gucunga nabi umutungo w’Itorero yahinduye akarima ke.

Ibi biravugwa mu gihe ikirego cyamaze gushyikirizwa ikigo cy’imiyoborere myiza RGB, abamureze bagatanga na Kopi mu zindi nzego za Leta zinyuranye. Abakristo b’Itorero Methodiste Unie International rifite icyicaro mu Kagali ka Kagugu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo batifuje ko twatangaza amazina yabo baratakamba basaba kurenganurwa bakagarurirwa ibyabo byatejwe icyamunara n’uyu Mushumba Sekimonyo Fidele batabizi kandi bakanasaba ko bafashwa gukurikirana umutungo w’Itorero akoresha uko yishakiye mu gihe abakristo biyushye akuya batanga imisanzu yo kubaka ibi bikorwa remezo birimo amashuri, insengero n’ibindi bigakagurishwa rwihishwa.

Abakristo b’Itorero Methodiste Unie International bakomeza bavuga ko uyu Mushumba Mukuru Sekimonyo Fidele atonesha bamwe bavuna umuheha bakongezwa undi, aho abaha amasoko nta mapiganwa abaye. Muri abo havugwamo uyobora uburezi akaba anahagarariye ikigo cy’amashuri abanza cy’i Batsinda atabifitiye ububasha kuko ngo afite ibyangombwa bihimbano. Iyo umukristo abajije ikibazo ku miyoborere mibi ahita amuca mu itorero kuko yagaragaje ibitagenda neza mu Itorero.

Itorero Methodiste Unie International rifite ibikorwa remezo bidatanga umusaruro birimo nk’ikigo cy’amashuli yisumbuye cya Rushashi n’amashuli abanza ya Batsinda ku kicaro gikuru, n’ikigo cya mashuri abanza cya Ndobogo giherereye i Rubavu kuri ubu cyanamaze gutezwa icyamunara nacyo bivugwa ko uyu mushumba asaruramo yishyirira ku mufuka, yewe n’ikigo bakodesha ubuyobozi bw Akarere ka Rubavu aho bigishiriza abana bahoze ku muhanda.

Andi makuru atugeraho nuko hagurishijwe ibikoresho by’ubuvuzi byari byatanzwe n’abagira neza byuzuye Kontineli aho ibitaro byagombaga kuba aha ku cyicaro gikuru i Batsinda, kuri ubu aya mazu yari agenewe kuzakorerwamo ibi bitaro ubu yabaye amacumbi.

Pasiteri Sekimonyo Fidele avuga ko ayo ari amakuru ashaje ngo bityo ngo nta mpamvu yo kugira icyo yabivugaho.

Iyi nkuru tuzakomeza kuyibakurikiranira mu minsi iri mbere kuko ikirego kuri izi ngingo cyamaze kugera mu nzego birera, abakristo b’iri Torero bakaba bizeye kuzabona imitungo yabo igaruzwa.

-7118.jpg

Pasiteri Sekimonyo Fidele uregwa n’abayoboke be kuba yaragurishije urusengero

2017-06-27
Editorial

IZINDI NKURU

Umusore w’imyaka 28 yibye ikigo cy’imisoro muri Kenya miliyari zisaga 30 Frw akoresheje ikoranabuhanga

Umusore w’imyaka 28 yibye ikigo cy’imisoro muri Kenya miliyari zisaga 30 Frw akoresheje ikoranabuhanga

Editorial 25 Mar 2017
Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Editorial 09 Aug 2019
Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Editorial 07 Mar 2025
Uko Umuherwe Rujugiro Ayabatwa Tribert yangiwe gutura muri Canada

Uko Umuherwe Rujugiro Ayabatwa Tribert yangiwe gutura muri Canada

Editorial 12 Jun 2016
Umusore w’imyaka 28 yibye ikigo cy’imisoro muri Kenya miliyari zisaga 30 Frw akoresheje ikoranabuhanga

Umusore w’imyaka 28 yibye ikigo cy’imisoro muri Kenya miliyari zisaga 30 Frw akoresheje ikoranabuhanga

Editorial 25 Mar 2017
Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Editorial 09 Aug 2019
Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Editorial 07 Mar 2025
Uko Umuherwe Rujugiro Ayabatwa Tribert yangiwe gutura muri Canada

Uko Umuherwe Rujugiro Ayabatwa Tribert yangiwe gutura muri Canada

Editorial 12 Jun 2016
Umusore w’imyaka 28 yibye ikigo cy’imisoro muri Kenya miliyari zisaga 30 Frw akoresheje ikoranabuhanga

Umusore w’imyaka 28 yibye ikigo cy’imisoro muri Kenya miliyari zisaga 30 Frw akoresheje ikoranabuhanga

Editorial 25 Mar 2017
Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Editorial 09 Aug 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru