• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Rusizi : Kagame yiyamamarije mu Murenge wa Nyakabuye na Gihundwe

Rusizi : Kagame yiyamamarije mu Murenge wa Nyakabuye na Gihundwe

Ubwanditsi 28 Jul 2017 Mu Rwanda

Umukandida wa FPR-Inkotanyi kuri uyu wa Gatanu yiyamamarije mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Nyakabuye na Gihundwe mu Ntara y’Uburengerazuba.

Ibikorwa byo kwakira Umukandida Paul Kagame byatangiye ahagana saa saba n’igice muri Nyakabuye hafi y’uruganda rwa CIMERWA, ni hafi kirometero 30 uvuye mu mujyi wa Rusizi. Hakaba bugufi y’umupaka w’u Rwanda n’u Burundi.

Ni kumunsi wa 15, w’ibikorwa byo kwiyamamaza kubakandida bemejwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora.

Nkuko bigaragara abanyamuryango ba RPF, muri Rusizi, bazindutse baje kwakira umugeni bisabiye bibari ku mutima ko yakomezanya nabo mu gihe basabaga ko itegeko nshinga rihinduka mu ngingo yaryo y’ 101, niwe bifuzaga ko yakomeza kubayobora mu nzira igana kubaka u Rwanda no gusigasira ibyagezweho nkuko byumvikanye no mu mbyino z’abahanzi zakomeje kubaranga mugihe bari bategereje ko Paul Kagame ahasesekara.

-7402.jpg

-7403.jpg

-7388.jpg

-7387.jpg

-7386.jpg

-7385.jpg

-7384.jpg

Abacuruzi mu mujyi wa Kigali n’Abahagarariye imitwe ya Politiki itandukanye irimo PL, PSD,PPC, PSR, PDI, …nabo bari babukereye baje kwakira umukandida biyemeje gushyigikira. Ubudasa ku Rwanda n’abanyarwanda muri Demokarasi ibereye buri wese yo kwihitiramo ikimubereye, gukorera hamwe mu guteza imbere igihugu cyacu no gusigasira ibyagezweho nyuma y’amahano yagwiriye u Rwanda.

-7394.jpg

-7395.jpg

-7396.jpg

-7400.jpg

-7401.jpg

Depite Bamporiki Edouard uvuka muri aka Karere yahawe umwanya kugira ngo avuge ibyo Akarere ka Rusizi kagezeho aho yashimangiye ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, abari barahemukiranye babashije kwiyunga ku buryo bugaragarira buri wese.

Yakomeje avuga ko ibikorwa remezo birimo ‘uruganda rw’isima rwatanze akazi’ n’ibindi anashimangira ko ibyo Perezida Kagame yari yarabemereye ubwo yiyamamazaga mu 2010 ko byose yabibahaye.

-7404.jpg

Hon. Depite Bamporiki Edouard

Mu mvugo ijimije Hon. Bamporiki, yasabye kwima amatwi abanyapolitiki babi barimo Padiri Thomas Nahimana uvuka muri ako Karere na Twagiramungu Fausti ukunze kumvikana asebya u Rwanda.

Paul Kagame yahawe umwanya aho yatangiye ashimira abaturage anashimangira ko nta Munyarwanda uzasigara inyuma mu iterambere ahubwo ko bose bazagendera hamwe hatitawe ku karere cyangwa ahandi bakomoka.

Perezida Kagame ati “Iyi myaka 23 tumaranye yabaye iyo kongera kubaka igihugu gishya ubu dufite u Rwanda rushya… muri bashya rero. Abenshi muri bashya kubera ko n’abo ndeba hano imbere n’abandi muri bato cyane, bamwe ndetse muri mwe ntabwo imyaka 23 muyigejeje [ …] n’abakuru bari hano nabo ni bashya mu myumvire ya Politiki. Politiki yarahindutse. Iyari iriho ntaho ihuriye n’iyo mu myaka 23 ishize.”

Gihundwe Paul Kagame yagize ati : Iyo twiyubaka ni ukugirango ibyo bituruka hanze byambuka umupaka bitaduhungabanya. Nimutora rero nkuko mu bisezeranya imyaka 7, iri mbere tuzahindure Rusizi isura kuburyo bugaragara.

Burasa Jean G.

2017-07-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rwategetse ko  Anne  arekurwa,   Diane Rwigara na nyina  bagafungwa by’agateganyo

Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 23 Oct 2017
Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo

Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo

RUSHYASHYA 11 May 2026
Abasifuzi bagaragaweho amakosa y’imisifurire bahanwe na FERWAFA, barimo n’abayoboye umukino wahuje Rayon Sports na Etoile de l’Est wagaragayemo gusimbuza incuro nyinshi

Abasifuzi bagaragaweho amakosa y’imisifurire bahanwe na FERWAFA, barimo n’abayoboye umukino wahuje Rayon Sports na Etoile de l’Est wagaragayemo gusimbuza incuro nyinshi

Ubwanditsi 02 Dec 2021
AMAFOTO- Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona Rayon Sports yasinyishije Muhire Kevin na Héritier Nzinga Luvumbu.

AMAFOTO- Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona Rayon Sports yasinyishije Muhire Kevin na Héritier Nzinga Luvumbu.

Ubwanditsi 24 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nairobi : Kenyatta na Odinga bahuye bumvikana ko bagiye kurangiza ibitanya Abanyakenya
POLITIKI

Nairobi : Kenyatta na Odinga bahuye bumvikana ko bagiye kurangiza ibitanya Abanyakenya

Ubwanditsi 09 Mar 2018
Umubiligi yangiwe kuba intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi muri aka karere kubera politiki mbi y’igihugu cye
Amakuru

Umubiligi yangiwe kuba intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi muri aka karere kubera politiki mbi y’igihugu cye

Ubwanditsi 24 Jun 2024
Inzego z’Iperereza muri Uganda zirahiga  bukware abahoze mu nzego z’igisirikare na Polisi mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Inzego z’Iperereza muri Uganda zirahiga bukware abahoze mu nzego z’igisirikare na Polisi mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru