• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa ahantu hataramenyekana

Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa ahantu hataramenyekana

Ubwanditsi 01 Sep 2017 Mu Rwanda

Muri iki cyumweru, indege yo mu gihugu cy’u Burisiya yari ipakiye toni zisaga 40 z’intwaro bikekwa ko zari zijyanywe muri Sudani y’Epfo yaguye ku kibuga cy’indege cya Entebbe muri Uganda.

Amakuru yatanzwe n’ubuyobozi bw’ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Entebbe kuri uyu wa kane tariki ya 31 Kanama 2017, avuga ko indege yo mu bwoko bwa Ilyushin II – 76TD – 90VD on yo mu Burusiya yaguye kuri iki kibuga kuwa Kabiri w’iki cyumweru, ikaba yari ipakiye intwaro zitandukanye zirimo ibiturika n’ibyuma.

Aya makuru yavugaga ko muri izo ntwaro harimo Toni 31 z’imbunda zo mu bwoko bwa AK-47 rifles, ibyuma, magazine n’izindi ntwaro zitandukanye, n’izindi Toni 12 z’imizigo itandukanye.

Iyi mitwaro yafashwe itegereje imodoka iza kuyitwara muri Sudani y’Epfo ubuyobozi bw’ikibuga butegeka ko ijyanwa hanze y’ikibuga gutegerereza yo izo modoka.

Izi ntwaro zitari zoherejwe na kompanyi ya Bulgarian’s VIMM AD Company isanzwe ikorana na Uganda kuva na kera mu bijyanye n’ubuhahirane bw’intwaro bityo iyo ikaba ari imwe mu mpamvu zatumye izo ntwaro zoherezwa hanze y’ikibuga.

Muri 2010, nibwo Uganda yakiriye imbunda zo mu bwoko bwa machine guns na gerenade biturutse muri Bulgaria na Ukraine, ari na bwo muri uwo mwaka yakiraga indege z’intambara ziturutse mu gihugu cy’u Burusiya.

Ni mu gihe muri 2016, inzego zishinzwe umutekano no gukurikirana ibya gisirikare ku isi mu muryango w’Abibumbye wahagaritse Sudani y’Epfo kongera kugura intwaro ndetse no kuba iriya kombanyi yo mu gihugu cy’u Burusiya yari itwaye biriya birwanisho itari yemerewe kubikandagiza muri Uganda, bityo izi ntwaro zikaba zaragombaga guhita zijyanwa i Juba, umurwa mukuru wa Sudani y’Epfo.

Ku itariki ya 7 Kanama, hagaragaye inyandiko za Ambasade y’u Burusiya ikorera muri Uganda zari zandikiwe Ambasade y’Afurika y’Epfo ivuga ko indege y’u Burusiya izakoresha ikirere cy’ibihugu bihana imbibi na Sudani.

Umuvugizi w’igisirikare cya uganda, Brig. Richard Karemire yabwiye Chimpreports dukesha iyi nkuru ko Sudani y’Epfo nta burenganzira yari ifite bwo gukoresha indege z’amahanga mu kirere cy’ikindi gihugu byongeye mu gutwara intwaro.

Yagize ati ‘’UPDF nta kintu ifite kuvuga kuri ibi, ahubwo ikibazo kiri kuri Guverinoma ya Sudani y’Epfo. ‘’

Ushinzwe itumanaho mu gisirikare cya Sudani y’Epfo, Sasha Ampaire yahakanye aya makuru avuga ko izi ntwaro zitari iza Sudani y’Epfo.

Yagize ati” Ibyo dushinjwa byose ni ibinyoma kuko nta ntwaro twigeze dutumiza ngo zinjire I Juba zinyuze mur Uganda”

Ni mu gihe Uganda ifitanye amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare muri Sudani y’Epfo, ariko muri ayo masezerano akaba nta ho avuga ko igisirikare cya Uganda , UPDF kuba cyagura cyangwa ngo cyakire intwaro cyohereze muri Sudani.

-7831.jpg

Indege yo mu bwoko bwa Ilyushin II – 76TD – 90VD on yo mu Burusiya yaguye kuri iki kibuga kuwa Kabiri w’iki cyumweru.

2017-09-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

ICC unhappy with the government of Kenya

ICC unhappy with the government of Kenya

Ubwanditsi 19 Sep 2016
Perezida Museveni yazamuye umuhungu we ku ipeti rya General Major

Perezida Museveni yazamuye umuhungu we ku ipeti rya General Major

Ubwanditsi 17 May 2016
Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

RUSHYASHYA 09 Apr 2026
APR FC yanganyije na Mukura itakaje umwanya wa mbere wafashwe na Kiyovu SC  yatsinze Etincelles FC 1-0

APR FC yanganyije na Mukura itakaje umwanya wa mbere wafashwe na Kiyovu SC  yatsinze Etincelles FC 1-0

Ubwanditsi 14 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump
POLITIKI

Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Ubwanditsi 13 Jul 2018
Perezida Paul Kagame yifashishije umupira w’amaguru mu kwerekana uko amateka u Rwanda rwanyuzemo yatumye ruyavanamo amasomo atandukanye
Amakuru

Perezida Paul Kagame yifashishije umupira w’amaguru mu kwerekana uko amateka u Rwanda rwanyuzemo yatumye ruyavanamo amasomo atandukanye

Ubwanditsi 15 Mar 2023
Musanze : Perezida Kagame aribaza impamvu ibibazo bimara igihe bivugwa ariko ntibikemurwe
INKURU NYAMUKURU

Musanze : Perezida Kagame aribaza impamvu ibibazo bimara igihe bivugwa ariko ntibikemurwe

Ubwanditsi 09 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru