• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘ Nzakomeza kwambara imyenda iriho ifoto ya Perezida Kagame ubuzima bwanjye bwose ‘ – Rucagu

‘ Nzakomeza kwambara imyenda iriho ifoto ya Perezida Kagame ubuzima bwanjye bwose ‘ – Rucagu

Ubwanditsi 19 Sep 2017 Mu Rwanda

Rucagu Boniface aratangaza ko atazigera areka kwambara imyenda iriho amafoto ya Perezida Paul Kagame kubera agaciro yasubije Abanyarwanda.

Ku myaka 71 yamavuko, Rucagu Boniface wabaye igihe kirekire muri MRND akaba numwe mubaguze imigabane muri RTLM. Nyuma y’uko igihugu kibohojwe Rucagu utarashiraga amakenga Inkotanyi yaje kuba mu myanya ikomeye k’ubutegetsi bwa RPF-Inkotanyi, harimo no kuba Perezida w’Itorero ry’Igihugu ubu akaba yaragizwe umwe mubagize Inama Ngishwanama y’Inararibonye, avuga ko yiteguye kuzakomeza kugaragara mu myenda iriho ifoto ya Perezida Paul Kagame, ibi ngo abishingira ku byiza Kagame, yakoreye Abanyarwanda.

-7974.jpg

Rucagu Boniface

Rucagu yabwiye ikinyamakuru Izubarirashe dukesha iyi nkuru ko Perezida Paul Kagame yavanye Abanyarwanda ahabi, ku buryo ubu aho Umunyarwanda ajya abantu batakimwita umwicanyi.

-7972.jpg

Rucagu mu Itorero ry’Igihugu

Rucagu wavukiye mu Karere ka Burera mu Majyaruguru y’u Rwanda, ni umwe mu Banyarwanda bamaze igihe muri Politike y’u Rwanda, kuko ku myaka 13 gusa yinjiye muri politiki, mu Ishyaka rya UNAR (Union des Nationalistes Rwandais).

Mu 1970 yagizwe Sous-Prefet wa Byumba, nyuma y’imyaka itatu agirwa Sous-Prefet wa Ruhengeli, nyuma yaho gato Ubutegetsi bwa Perezida Kayibanda buba burahiritswe.

Rucagu ufite abana batanu, yabaye mu butegetsi kandi bwa Perezida Habyarimana, kugeza mu mwaka wa 1994 ubwo Ingabo zahose ari iza RPA zitsindaga urugamba zikanahagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi. Gusa we avuga ko atigeze agira uruhare mu bwicanyi ubwo ari bwo bwose bwabaye mu Rwanda, burimo na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu mwaka wa 1997, Rucagu yagizwe Perefe wa Perefegitura ya Ruhengeri, umwanya yavuyeho mu mwaka wa 2009, ashingwa kuyobora akanama (task force) kagombaga kwiga iby’ishyirwaho ry’Itorero ry’Igihugu n’uko ryakora, Itorero riza gushyirwaho mu mwaka wa 2013 agirwa Umuyobozi mukuru waryo, umwanya nawo yari amazeho imyaka 8.

Mu kazi uyu Mugabo yagiye akora, niwe muyobozi wagaragaraga ahantu hose yambaye imyenda ye iriho ifoto ya Perezida Paul Kagame.

-7973.jpg
Iyo asobanura iby’iyi foto, Rucagu agira ati “N’ubundi nzakomeza kumwambara (Paul Kagame) kuko ndamwemera, yavanye u Rwanda ahabi arushyira aheza, ibi kandi biranatugaragariza ko azakomeza gushyira u Rwanda aheza, uriya yatumye Abanyarwanda tuva mu ipfunwe, ubungubu aho umunyarwanda ageze baramwakira, ariko mbere aho umunyarwanda yageraga abantu barahungaga bati, abicanyi baraje.”

Akomeza agira ati “Yahuje Abanyarwanda arabunga, iyi gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge yagize akamaro cyane, iyi gahunda yo kumvikanisha abantu no kuvuga ngo mureke kwiyumva mu Buhutu, mu Butwa cyangwa mu Bututsi ariko mwiyumve mu bunyarwanda, icyo ndakimukundira, ndakimwemerera, nzakomeza kukimwemerera, n’imyenda iriho amafoto ye nzakomeza kuyambara ubuzima bwose.”

Ubwo yayoboraga Perefegitura ya Ruhengeri, Rucagu yafashwe nk’uwagize uruhare rukomeye mu guhangana n’ikibazo cy’abacangezi bari barayiyogoje, no kumvisha abaturage kureka gukomeza gufasha abari bagize umutwe w’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi.

-7971.jpg

Rucagu Boniface na Perezida Kagame

Source : Izubarirashe

2017-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umurinzi wa Perezida Nkurunziza yirashe ahita apfa

Umurinzi wa Perezida Nkurunziza yirashe ahita apfa

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
AU Summit: Mu bakandida batatu bari bahanganye habuze usimbura Dr Dlamini Zuma

AU Summit: Mu bakandida batatu bari bahanganye habuze usimbura Dr Dlamini Zuma

Ubwanditsi 21 Jul 2016
Ku munsi ubanziriza uwa nyuma- ‘ Paul Kagame ‘ yiyamamarije I Gicumbi mu karere Inkotanyi zashinzemo  ibirindiro  mbere yo kubohora Igihugu

Ku munsi ubanziriza uwa nyuma- ‘ Paul Kagame ‘ yiyamamarije I Gicumbi mu karere Inkotanyi zashinzemo ibirindiro mbere yo kubohora Igihugu

Ubwanditsi 01 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yahagurukanye abakinnyi 18 yerekeje muri Madagascar  gukina imikino ibiri ya gicuti
Amakuru

Amavubi yahagurukanye abakinnyi 18 yerekeje muri Madagascar gukina imikino ibiri ya gicuti

Ubwanditsi 18 Mar 2024
Ni iki cyatumye Royal TV nayo ihagarika  ibiganiro mu Rwanda
Mu Rwanda

Ni iki cyatumye Royal TV nayo ihagarika ibiganiro mu Rwanda

Ubwanditsi 20 Sep 2017
Kamili Athanase umenyerewe kuri Radio Rwanda yagizwe Meya w’agateganyo wa Gicumbi
Mu Rwanda

Kamili Athanase umenyerewe kuri Radio Rwanda yagizwe Meya w’agateganyo wa Gicumbi

Ubwanditsi 01 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru