• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kenya ibintu byasubiye irudubi nyuma yo kwivana mu matora kwa Odinga

Kenya ibintu byasubiye irudubi nyuma yo kwivana mu matora kwa Odinga

Ubwanditsi 11 Oct 2017 Mu Mahanga

Umukandida w’impuzamashyaka NASA (National Super Alliance), Raila Odinga yivanye mu matora yari ateganyijwe guhatanamo na Uhuru Kenyata tariki 26 Ukwakira uyu mwaka.

Odinga mu itangazo yashyize hanze yavuze ko adashobora kwitabira amatora mu gihe ibyo basabye Komisiyo y’Amatora guhindura ngo azagende neza bitakozwe. Asanga n’ubusanzwe amatora azabamo uburiganya nk’ubwari bwabaye mu yakozwe tariki 8 Kanama 2017 Urukiko rw’Ikirenga rukayatesha agaciro.

Urukiko rw’Ikirenga rumaze gutesha agaciro amatora yo muri Kanama, rwategetse ko hakorwa andi mu minsi 60. Komisiyo y’Amatora yahise itangaza ko azaba tariki 26 Ukwakira, Raila Odinga na Uhuru Kenyatata aribo bahatana gusa.

Kwivana mu matora kwa Odinga byatunguye benshi ariko by’umwihariko abanyamategeko kuko ikigiye gukurikiraho kitazwi.

Itegeko Nshinga rya Kenya ntacyo ribivugaho, amategeko agenga amatora muri icyo gihugu byageze ku rwego adashobora kwifashishwa yonyine ukurikije uko ikibazo kimeze.

Odinga we yivana mu matora, yavuze ko icyo asaba ari ugutangira bundi bushya amatora. Hagategurwa amatora ya bose mu minsi 90 nkuko biri mu mategeko ya Komisiyo y’Amatora yo mu 2011.

Uhuru Kenyatta we yavuze ko kuba Odinga yivanye mu matora ntacyo bivuze ku matora ateganyijwe tariki 26 Ukwakira. Kuri we ngo agomba kuba.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri abakomiseri ba Komisiyo y’Amatora muri Kenya bateranye bari kumwe n’abanyamategeko ngo barebe igikurikiraho nyuma y’ukwivana mu matora kwa Odinga.

Visi Perezida wa Kenya, William Ruto yasabye Komisiyo y’Amatora gutangaza Uhuru ko yatsinze amatora nyuma yo kwivanamo kwa Odinga, ashingiye ku kuba yari yanamutsinze mu matora aherutse.

Abanyamategeko batandukanye muri Kenya batangarije ikinyamakuru The Standard ko hari uburyo butandukanye bushoboka kwifashishwa.

Ubwa mbere ni uko Komisiyo y’Amatora ikomeza amatora yari ateganyijwe tariki 26 Ukwakira, Uhuru akaba umukandida rukumbi. Indi nzira ishoboka ni ugutegura amatora bundi bushya mu minsi 90 nkuko biri mu myanzuro y’Urukiko rw’Ikirenga yo mu mwaka wa 2013.

Abandi banyamategeko bavuze ko indi nzira ishoboka ari uko Uhuru Kenyatata yatangazwa ko yatsinze hashingiwe ku ngingo ya 138 y’Itegeko Nshinga ivuga ko igihe umukandida ari umwe mu matora, ari we utangazwa ko yatsinze.

Hari ubundi buryo bw’umushinga wari watangijwe n’abadepite bo mu ishyaka rya Uhuru Kenyatta, ngo amategeko agenga amatora avugururwe hagaragazwe icyakorwa igihe umwe mu bahatana ari babiri yikuye mu matora.

Bamwe mu banyamategeko bavuze ko uwo mushinga ahubwo wakwihutishwa itegeko rigashyirwaho akaba ariryo ryifashishwa hafatwa umwanzuro ku kwivana mu matora kwa Raila.

Uyu mushinga urimo amacenga

Ikinyamakuru Daily Ntaion cyatangaje ko n’ubundi watangijwe n’abadepite hamwe n’abasenateri ba Uhuru bagamije guca intege Odinga ngo yivane mu matora. Mu ngingo imwe y’uwo mushinga hari ahagaragaza ko Odinga niyivana mu matora Uhuru azahita atangazwa nka Perezida.

Gukoresha ubu buryo ni uguha amahirwe Uhuru kuko n’ubundi nujyanwa mu Nteko uzahita utorwa ku bwiganze dore ko benshi mu badepite ari abo mu ishyaka rya Uhuru.

Mu bigaragara yaba Itegeko Nshinga n’amategeko agenga amatora muri Kenya, ntacyo asobanura ku buryo bugaragara ku kwivana mu matora k’umwe mu bakandida nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga rutesheje agaciro amatora ya mbere.

Umunyamategeko Charles Kanjama we yavuze ko ubu aho bigeze umunyakenya uwo ari we wese yemerewe kujyana ikirego mu rukiko rw’Ikirenga asaba ko arirwo rufata umwanzuro ku bigomba gukurikira.

-8298.jpg

Uhuru Kenyatta ashobora kwemezwa ko ariwe watsinze

2017-10-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa

Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 21 Jul 2025
Hagati ya Tshisekedi n’Umuryango Mpuzamahanga, ninde wigiza nkana mu gushaka umuti w’intambara ya Kongo?

Hagati ya Tshisekedi n’Umuryango Mpuzamahanga, ninde wigiza nkana mu gushaka umuti w’intambara ya Kongo?

Ubwanditsi 24 Sep 2024
Ibi byo ni agasuzuguro gakabije, Umuhungu w’ umujenosideri ruharwa, Kabuga Felisiyani , ageze aho gusaba kutongera gukoresha ijambo”Jenoside”!!

Ibi byo ni agasuzuguro gakabije, Umuhungu w’ umujenosideri ruharwa, Kabuga Felisiyani , ageze aho gusaba kutongera gukoresha ijambo”Jenoside”!!

Ubwanditsi 29 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tumenye Mille Collines, hoteli ibitse amateka akomeye y’Abanyarwanda
UBUKERARUGENDO

Tumenye Mille Collines, hoteli ibitse amateka akomeye y’Abanyarwanda

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Senateri Mucyo yitabye Imana azize urupfu rutunguranye, rwababaje benshi
Mu Mahanga

Senateri Mucyo yitabye Imana azize urupfu rutunguranye, rwababaje benshi

Ubwanditsi 04 Oct 2016
440,000$: Ikiguzi  cya RNC ngo yumvikanishe gahunda yayo muri Congres y’America
ITOHOZA

440,000$: Ikiguzi cya RNC ngo yumvikanishe gahunda yayo muri Congres y’America

Ubwanditsi 02 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru