• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Amayobera: Perezida Museveni yizeye Gen. kale Kayihura ariko ntiyizera urwego yamushinze

Amayobera: Perezida Museveni yizeye Gen. kale Kayihura ariko ntiyizera urwego yamushinze

Ubwanditsi 17 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Gen.Kale Kayihura watangiye kuyobora Polisi ya Uganda kuva muri 2005 yashimiye Perezida Museveni ku cyizere yamuhaye cyo kongera kuyobora uru rwego iyindi imyaka 4 iri imbere.

Gusa amakenga ni yose kuko nubwo Gen. Kale yagiye avugurura imwe mu mikorere ya polisi nko kurwanya ruswa  abatari bagiye baramurwanyije ndetse n’ amakosa menshi yagaragaye muri polisi yagiye ayaryozwa.

Mu myaka ya za 2015 , Gen.Kale yitabye Inteko Nshingamategeko ubwo yasaba gusobanura mu buryo burambuye imikorere y’ urwego ayoboye icyo abantu benshi bari biteze ko ashobora gukurwa mu mwanya we.

Museveni yizera Kale ariko ntiyezera polisi

Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni aherutse kwerura ko atacyizeye urwego rwa polisi bitewe n’uko rwinjiwe n’ abanyabyaha ndetse  we afata nk’ abicanyi.

Mu Ukwakira 2017, hari inkuru yagaragaye mu kinyamakuru gikorera muri Uganda, Perezida Museveni  yerekana impungengenge afitiye  uru rwego rushinzwe kurinda abantu n’ imitungo yabo.

Mu mvugo yaranzwe n’ uburakari, yagarutse ku cyuho kigaragara mu mutekano cyazanywe na polisi mu bijyanye n’inshingano zayo itubahiriza zo gufasha mu kubahiriza amategeko n’ituze muri icyo gihugu nkuko Chimpreports yabitangaje.

Ati “Amahoro asobanura kuba hatari ibibazo by’umutekano muke, bigomba kuba kandi ivanwaho ry’ibituma amategeko adakurikizwa.”

Perezida Museveni yakomeje avuga ko kujenjeka k’uru rwego ari bimwe mu byatumye habaho iyicwa ry’uwari umuyobozi wungirije wa polisi,AIGP Felix Kaweesi, Joan Kagezi  wari umushinjacyaha n’abayobozi b’abayisilamu.

IGP Gen Kale Kayihura

Yemeza ko polisi yinjiriwe nkuko yari aherutse kubitangaza, akagaragaza ko  ikwiye gukozwamo umweyo, hagakurwamo ikintu cyose abona ari kidobya, kuko ibibazo byari mu gisirikare byarangiye, ariko polisi byayinaniye.

Ahereye kuri ibyo byose yabasabye gukubura kugeza ku rwego rwo gusubiramo n’ibijyanye n’amapeti yabo ubwabo.

Yanenze kandi abapolisi uburyo bakomeje gushyamirana n’abaturage, kubatoteza  no kubakorera iyicarubozo, kuvugwaho ruswa n’ibindi.

Yanagaye uburyo abakekwako kugira uruhare mu rupfu rwa  Kaweesi bafunguwe bakaba bidegembya, nyamara bakabaye bakurikiranwa, kuko ngo nubwo icyo kitabahama hari ibindi bakekwaho bakabaye bakurikiranwaho, bimwe ndetse byabahesha ibihano bikomeye birimo gufungwa burundu.

Si ibyo gusa kuko, Museveni aherutse no kwihaniza Polisi kubera ibyaha by’iyicarubozo yagiye ivugwaho na bamwe mu bo yabaga yafashe.

Ese Gen. Kale Kayihura azasoza iyi manda ya 4

Nubwo agenda ahangana n’ ibibazo bikomeye, uyu mugabo ukunzwe kwitwa umunyarwanda n’ abatari bacye aho muri Uganda azwiho ubushishozi budasanzwe kuko ari no mu bayobozi ba polisi bagiye kumara igihe kinini kuri uyu mwanya.

Byumvikane ko kugirango Perezida Museveni amuhitemo ni uko yizeye neza ko yibitseho ubushobozi bwinshi.

Abakurikiranira hafi imikoranire ya Gen.Kale na Perezida Museveni bemeza ko aba bagabo bombi bizerena ndetse bakanavuga ko Gen. Kale ari ukuboko Kw’ iburyo kwa Museveni nubwo muri politiki umwanzi ahinduka inshuti naho inshuti igahinduka umwanzi mu gihe gito cyane.

Albert Ngabo/Rushyashya.net

2017-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza

Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza

Ubwanditsi 16 Dec 2023
Rene Rutagungira, inzirakarengane y’intambara za propaganda za Museveni. Arembeye muri gereza ya CMI, Makindye

Rene Rutagungira, inzirakarengane y’intambara za propaganda za Museveni. Arembeye muri gereza ya CMI, Makindye

Ubwanditsi 05 Jul 2019
Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Ubwanditsi 30 Aug 2021
Ibyo utamenye kuba Jenosideri umunani batifuzwa n’igihugu na kimwe harimo n’ibicumbikiye imiryango yabo

Ibyo utamenye kuba Jenosideri umunani batifuzwa n’igihugu na kimwe harimo n’ibicumbikiye imiryango yabo

Ubwanditsi 09 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi
Amakuru

Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi

Ubwanditsi 12 Feb 2024
Abaturage ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bamenyeshejwe ko u Rwanda ruri mu bihugu Umunyamerika ashobora kujyamo yizeye umutekano
INKURU NYAMUKURU

Abaturage ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bamenyeshejwe ko u Rwanda ruri mu bihugu Umunyamerika ashobora kujyamo yizeye umutekano

Ubwanditsi 27 Dec 2018
Umukinnyi wa APR urwariye Kampala aratabaza
IMIKINO

Umukinnyi wa APR urwariye Kampala aratabaza

Ubwanditsi 20 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru