• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yasezereye Rayon Sports igera ku mukino wa nyuma wa Super Cup 2026 isanzeyo Kiyovu SC yo yasezereye Mukura VS   |   28 Aug 2026

  • U Rwanda rwabonye inguzanyo ya miliyari 280 Frw yo kuzamura ibikorwaremezo   |   26 Aug 2026

  • Volleyball: Mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu Bagore iri kubera muri Kenya, U Rwanda rwandagaje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)   |   26 Aug 2026

  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Sebarundi yabaye Semuhanuka arota atumaho abashatse guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza Pierre   |   24 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»AfDB yagurije u Rwanda miliyari 215 Frw zirimo azarangiza ikibazo cy’amazi i Kigali

AfDB yagurije u Rwanda miliyari 215 Frw zirimo azarangiza ikibazo cy’amazi i Kigali

Ubwanditsi 30 Nov 2017 UBUKUNGU

Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB) yahaye u Rwanda inguzanyo y’igihe kirekire y’amadolari miliyoni 255.4, ni ukuvuga agera kuri miliyari 215 Frw, ariho igice kizashorwa mu gukwirakwiza amazi n’isukura n’ikizajya mu kuzamura ubumenyi mu iterambere ry’urwego rw’inganda.

Iyi nguzanyo yashyizweho umukono kuri uyu wa Gatatu na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Clever Gatete, na Gabriel Negatu uyobora AfDB mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba , iriho miliyoni $171 zizashyirwa mu gukwirakwiza amazi n’isukura na miliyoni $84 zizashyirwa mu kuzamura ubumenyi.

Ku bijyanye n’amazi, Minisitiri Gatete yagize ati “Ni ugusana, kuvugurura no kwagura imiyoboro y’amazi mu Mujyi wa Kigali no mu yindi mijyi, kubaka no kuvugurura uruganda rw’amazi rwa Nzove ku buryo ruziyongeraho metero kibe 35,000 hano mu mujyi wa Kigali.”

“Harimo kubaka icyiciro cya kabiri cy’uruganda rw’amazi rwa Gihira II rukiyongeraho metero kibe 15,000 ku munsi, kuvugurura no kwagura imiyoboro y’amazi mu mijyi itandatu yunganira Kigali.”

Iyo mijyi ni Musanze, Rubavu, Muhanga, Nyagatare, Huye na Rusizi. Yavuze ko hazanakorwa inyigo z’ishoramari ryo mu gihe kiri imbere mu turere twa Muhanga, Karongi na Ngoma.

Bibarwa ko abaturage miliyoni 1.1 ku bazagerwagaho n’amazi meza kubera iyi gahubda, mu gihe abandi 475, 000 bazagerwaho n’ibikorwa by’isuku n’isukura.

Minisitiri Gatete yavuze ko hari n’ibikorwa remezo by’isukura bizubakwa ibindi bikavugururwa, harimo uburyo bwo guhuriza hamwe imyanda mu Mujyi wa Kigali, ibyo bikorwa bikazagera no mu mijyi ya Rusizi, Karongi, Musanze na Rubavu.

Biteganywa ko gahunda y’amazi n’isukura iteganywa yose hamwe izashorwamo miliyoni 262 $, aho AfDB yatanzemo 171 $, European Investment Bank ikazatanga miliyoni 45 $, Guverinoma ikazatanga miliyoni zisaga 40 $ andi akazatangwa n’abandi baterankunga.

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe amazi Isuku n’Isukura (WASAC), Aimé Muzola, yavuze ko uyu mushinga uri muri gahunda ya leta yo guha Abanyarwanda amazi ku kigero cya 100% mu myaka irindwi iri imbere.

Yagize ati “Aya mafaranga rero azakoreshwa mu gushyiraho imiyoboro y’amazi, aho dufite imiyoboro henshi ishaje cyangwa se imijyi yagiye yaguka bigatuma n’imiyoboro yari ihari itakibasha kujyana amazi akwiriye kugira ngo abaturage bayabone ari meza kandi ahagije.”

Yavuze ko bazahera mu Mujyi wa Kigali bagakomereza mu tundi duce usanga dufite ikibazo cy’imiyoboro mito kandi ishaje.

Yakomeje agira ati “Iyi gahunda rero izatuma imiyoboro iba myiza, ibe minini, kandi twagiye tureba n’igice abaturage bamaze guturamo cyane ndetse n’ikindi bazaturamo tugendeye ku gishushanyo mbonera cy’umujyi, ku buryo umuntu azajya ajya gutura ahantu agasanga ibikorwa by’amazi byarahagejejwe.”

“Mu mujyi wa Kigali ni ikibazo kizahita gikemuka burundu kuko ubungubu amazi azaba ahabwa Umujyi wa Kigali azaba ahagije, n’imiyoboro nituyibona, umuntu azajya ayabona, ibyo kugenda duhererekanya iminsi kugira ngo tubone amazi, uyu mushinga uzahita ukemura icyo kibazo.”

Muzola yavuze ko ubu bari gushaka ibigo bizubaka iyo miyoboro, ku buryo akazi kazakorwa kakazafata hagati y’imyaka ibiri n’itatu.

Iyo nguzanyo izishyurwa mu myaka 25, u Rwanda rukazatangira kwishyura nyuma y’imyaka umunani ku nyungu ya 2.3%.

Hari igice kizajya mu iterambere ry’inganda

Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda, Vincent Munyeshaka, yavuze ko hari igice cyagenewe guteza imbere Made in Rwanda, hagamijwe ko ibigo bishinga imizi mu Rwanda bikora ibintu bikenewe ku isoko ry’imbere mu gihugu ariko bigahatana no ku isoko mpuzamahanga.

Iyo gahunda y’imyaka itatu izashorwamo miliyoni 84 $ zizishyurwa mu myaka 35 azatangira kwishyurwa nyuma y’imyaka itanu ku nyungu ya 0.75%.

Yakomeje agira ati “Iyo urebye iterambere ry’inganda aho rigeze, ririmo gusaba ko Abanyarwanda bagira ubumenyi bwihariye, bagira ikoranabuhanga ryihariye, Abanyarwanda bitegura bakiga bakagira ubwo bumenyi bwo gukora ibintu bitandukanye.”

“Izi miliyari 84 $ icyo zije kudufasha ni ukugira ngo tubashe kwigisha Abanyarwanda binyuze muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda ariko dufatanyije n’ibindi bigo bya Guverinoma.”

Umuyobozi wa AfDB, Gabriel Negatu, yavuze ko iyi nkunga bizeye ko izagira uruhare rukomeye mu guteza imbere Abanyarwanda, ashimangira ko u Rwanda rukoresha neza inkunga ruhabwa.

Yavuze ko iterambere ryose rugezeho atari uko rufite abaterankunga ahubwo rukoresha neza ubushobozi rufite.

Yagize ati “Kuri twe dushyira u Rwanda mu gukoresha inkunga ya AfDB ku rwego rwo hejuru, kandi ibimaze kugerwaho bigaragarira buri wese.”

2017-11-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Berlin G20 : Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Berlin G20 : Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Ubwanditsi 13 Jun 2017
Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara

Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara

Ubwanditsi 16 Nov 2017
U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 17 Nov 2018
Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Malawi :Vincent Murekezi uregwa Jenoside yoherejwe mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Malawi :Vincent Murekezi uregwa Jenoside yoherejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Jan 2019
Besigye yatangaje impamvu ikomeye atifashisha intwaro mu guhirika Museveni
Mu Mahanga

Besigye yatangaje impamvu ikomeye atifashisha intwaro mu guhirika Museveni

Ubwanditsi 23 May 2019
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kamonyi basabwe gukangurira abaturage kurengera ibidukikije
Mu Mahanga

Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kamonyi basabwe gukangurira abaturage kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 21 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru