• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»AfDB yagurije u Rwanda miliyari 215 Frw zirimo azarangiza ikibazo cy’amazi i Kigali

AfDB yagurije u Rwanda miliyari 215 Frw zirimo azarangiza ikibazo cy’amazi i Kigali

Ubwanditsi 30 Nov 2017 UBUKUNGU

Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB) yahaye u Rwanda inguzanyo y’igihe kirekire y’amadolari miliyoni 255.4, ni ukuvuga agera kuri miliyari 215 Frw, ariho igice kizashorwa mu gukwirakwiza amazi n’isukura n’ikizajya mu kuzamura ubumenyi mu iterambere ry’urwego rw’inganda.

Iyi nguzanyo yashyizweho umukono kuri uyu wa Gatatu na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Clever Gatete, na Gabriel Negatu uyobora AfDB mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba , iriho miliyoni $171 zizashyirwa mu gukwirakwiza amazi n’isukura na miliyoni $84 zizashyirwa mu kuzamura ubumenyi.

Ku bijyanye n’amazi, Minisitiri Gatete yagize ati “Ni ugusana, kuvugurura no kwagura imiyoboro y’amazi mu Mujyi wa Kigali no mu yindi mijyi, kubaka no kuvugurura uruganda rw’amazi rwa Nzove ku buryo ruziyongeraho metero kibe 35,000 hano mu mujyi wa Kigali.”

“Harimo kubaka icyiciro cya kabiri cy’uruganda rw’amazi rwa Gihira II rukiyongeraho metero kibe 15,000 ku munsi, kuvugurura no kwagura imiyoboro y’amazi mu mijyi itandatu yunganira Kigali.”

Iyo mijyi ni Musanze, Rubavu, Muhanga, Nyagatare, Huye na Rusizi. Yavuze ko hazanakorwa inyigo z’ishoramari ryo mu gihe kiri imbere mu turere twa Muhanga, Karongi na Ngoma.

Bibarwa ko abaturage miliyoni 1.1 ku bazagerwagaho n’amazi meza kubera iyi gahubda, mu gihe abandi 475, 000 bazagerwaho n’ibikorwa by’isuku n’isukura.

Minisitiri Gatete yavuze ko hari n’ibikorwa remezo by’isukura bizubakwa ibindi bikavugururwa, harimo uburyo bwo guhuriza hamwe imyanda mu Mujyi wa Kigali, ibyo bikorwa bikazagera no mu mijyi ya Rusizi, Karongi, Musanze na Rubavu.

Biteganywa ko gahunda y’amazi n’isukura iteganywa yose hamwe izashorwamo miliyoni 262 $, aho AfDB yatanzemo 171 $, European Investment Bank ikazatanga miliyoni 45 $, Guverinoma ikazatanga miliyoni zisaga 40 $ andi akazatangwa n’abandi baterankunga.

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe amazi Isuku n’Isukura (WASAC), Aimé Muzola, yavuze ko uyu mushinga uri muri gahunda ya leta yo guha Abanyarwanda amazi ku kigero cya 100% mu myaka irindwi iri imbere.

Yagize ati “Aya mafaranga rero azakoreshwa mu gushyiraho imiyoboro y’amazi, aho dufite imiyoboro henshi ishaje cyangwa se imijyi yagiye yaguka bigatuma n’imiyoboro yari ihari itakibasha kujyana amazi akwiriye kugira ngo abaturage bayabone ari meza kandi ahagije.”

Yavuze ko bazahera mu Mujyi wa Kigali bagakomereza mu tundi duce usanga dufite ikibazo cy’imiyoboro mito kandi ishaje.

Yakomeje agira ati “Iyi gahunda rero izatuma imiyoboro iba myiza, ibe minini, kandi twagiye tureba n’igice abaturage bamaze guturamo cyane ndetse n’ikindi bazaturamo tugendeye ku gishushanyo mbonera cy’umujyi, ku buryo umuntu azajya ajya gutura ahantu agasanga ibikorwa by’amazi byarahagejejwe.”

“Mu mujyi wa Kigali ni ikibazo kizahita gikemuka burundu kuko ubungubu amazi azaba ahabwa Umujyi wa Kigali azaba ahagije, n’imiyoboro nituyibona, umuntu azajya ayabona, ibyo kugenda duhererekanya iminsi kugira ngo tubone amazi, uyu mushinga uzahita ukemura icyo kibazo.”

Muzola yavuze ko ubu bari gushaka ibigo bizubaka iyo miyoboro, ku buryo akazi kazakorwa kakazafata hagati y’imyaka ibiri n’itatu.

Iyo nguzanyo izishyurwa mu myaka 25, u Rwanda rukazatangira kwishyura nyuma y’imyaka umunani ku nyungu ya 2.3%.

Hari igice kizajya mu iterambere ry’inganda

Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda, Vincent Munyeshaka, yavuze ko hari igice cyagenewe guteza imbere Made in Rwanda, hagamijwe ko ibigo bishinga imizi mu Rwanda bikora ibintu bikenewe ku isoko ry’imbere mu gihugu ariko bigahatana no ku isoko mpuzamahanga.

Iyo gahunda y’imyaka itatu izashorwamo miliyoni 84 $ zizishyurwa mu myaka 35 azatangira kwishyurwa nyuma y’imyaka itanu ku nyungu ya 0.75%.

Yakomeje agira ati “Iyo urebye iterambere ry’inganda aho rigeze, ririmo gusaba ko Abanyarwanda bagira ubumenyi bwihariye, bagira ikoranabuhanga ryihariye, Abanyarwanda bitegura bakiga bakagira ubwo bumenyi bwo gukora ibintu bitandukanye.”

“Izi miliyari 84 $ icyo zije kudufasha ni ukugira ngo tubashe kwigisha Abanyarwanda binyuze muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda ariko dufatanyije n’ibindi bigo bya Guverinoma.”

Umuyobozi wa AfDB, Gabriel Negatu, yavuze ko iyi nkunga bizeye ko izagira uruhare rukomeye mu guteza imbere Abanyarwanda, ashimangira ko u Rwanda rukoresha neza inkunga ruhabwa.

Yavuze ko iterambere ryose rugezeho atari uko rufite abaterankunga ahubwo rukoresha neza ubushobozi rufite.

Yagize ati “Kuri twe dushyira u Rwanda mu gukoresha inkunga ya AfDB ku rwego rwo hejuru, kandi ibimaze kugerwaho bigaragarira buri wese.”

2017-11-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

Ubwanditsi 30 May 2019
Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga

Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga

Ubwanditsi 30 Apr 2019
Gaz Methane:  Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Gaz Methane: Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Ubwanditsi 31 Mar 2019
Ingengo y’imari y’igihugu igiye kongerwaho miliyari 141 Frw

Ingengo y’imari y’igihugu igiye kongerwaho miliyari 141 Frw

Ubwanditsi 29 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?
INKURU NYAMUKURU

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Ubwanditsi 20 Jun 2019
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 04 May 2023
Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.
INKURU NYAMUKURU

Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.

Ubwanditsi 30 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru