• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hatangiye isimburanya ry’abapolisi mu butumwa bw’amahoro muri Centrafurika (MINUSCA)

Hatangiye isimburanya ry’abapolisi mu butumwa bw’amahoro muri Centrafurika (MINUSCA)

Ubwanditsi 01 Dec 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa kane taliki ya 30 Ugushyingo mu gitondo, nibwo itsinda ry’abapolisi 240, bari mu mitwe ibiri(FPU) ariyo CAR I na CAR II  buriye indege berekeza mu butumwa bw’amahoro bwa Loni mu gihugu cya Centrafurika MINUSCA, aho bagiye gusimbura bagenzi babo bari bamazeyo umwaka, nabo bageze mu Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane.

 Ku kibuga mpuzamahanga cy’indege, aba bapolisi bari baherekejwe na bamwe mu bayobozi bakuru muri Polisi y’u Rwanda bari bayobowe na Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera wabifurije kuzagira akazi keza mu izina ry’ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda.
Umutwe wa mbere  CAR I ugiye gukorera mu murwa mukuru Bangui, ugizwe n’abapolisi 140 barimo abagore 14, bakaba bayobowe na Chief Superintendent of Police(CSP) Sam Rumanzi bakaba bagiye gusimbura bagenzi babo bakora akazi ko kurinda abayobozi, bimwe mu bikorwa remezo n’abaturage..bari bayobowe na Assistant Commissioner(ACP) Elias Mwesigye.
Umutwe wa kabiri CARII wo, ugiye gukorera ahitwa Kaga-Bandoro, ukaba ugizwe nawo n’abapolisi 140 barimo 14 b’igitsinagore, ukaba uyobowe na Chief Superintendent of Police(CSP) Jean Baptiste Rutaganira, nawo ukaba ugiye gusimbura bagenzi babo bamaze umwaka muri kariya gace bayobowe na  CSP Jean Claude Kajeguhakwa.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane, nibwo hakiriwe imitwe ibiri, uwakoreraga Bangui ariwo usimburwa na CAR I uri kumwe n’uwakoreraga Kaga-Bandoro wasimbuwe na CAR II, bose bagera kuri 240 bakaba bahawe ikaze  na ACP William Kayitare wari uhagarariye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda.
 Mu ijambo yavugiye ku kibuga cy’indege, ACP Elias Mwesigye ari nawe wari ubayoboye yavuze ko yishimiye kugarukana abo yari ayoboye nyuma yo kurangiza neza inshingano bari bafite mu butumwa barimo.
ACP Mwesigye yagize ati:” Mu nshingano z’ibanze twari dufite, iya mbere yari iyo kurinda abaturage b’abasivili, abakozi ba Loni bari mu butumwa bw’amahoro, gufasha mu bikorwa byo kugeza imfashanyo ku bayikeneye ndetse no gufatanya n’inzego zishinzwe umutekano zaho kuwugarura aho bikenewe; kandi twabikoze neza uko byasabwaga.”
 Yongeyeho ko, abapolisi b’u Rwanda by’umwihariko, bashimiwe kurinda abaturage bari mu nkambi ya Kaga-Bandoro ubwo yari itewe n’abitwaje intwaro aho yagize ati:” Ibi twabishimiwe by’umwiharikon’ubuyobozi bwa Loni  imbere y’amahanga.”
 Asoza kandi, yavuze ko, nk’uko abababanjirije babikoze, abapolisi b’u Rwanda basizeyo umuco wo gukora umuganda kandi babitoje n’abaturage babo, aho yavuze ko ari ubudasa buri mu biranga zimwe mu ndangagaciro z’Abanyarwanda.
 Uretse aba bagiye mu bikorwa byo kurinda no kubungabunga umutekano w’abaturage n’ibyabo, ku wa gatandatu taliki ya 2 Ukuboza, hazagenda undi mutwe w’abapolisi bashinzwe kurinda abayobozi bakuru b’igihugu PSU cyangwa Protection Support Unit, uyu ukazaba ugizwe n’abapolisi 140 barimo 8 b’igitsinagore; ukazaba uyobowe na Assistant Commissioner of Police(ACP) Emmanuel Hatari.
 Uyu mutwe nawo ukaba uzasimbura undi nkawo usanzwe ukorera mu murwa mukuru wa Bangui, ukaba uyobowe na ACP Balthelemy Rugwizangoga,  aho urinda abayobozi ba kiriya gihugu uhereye kuri Minisitiri w’Intebe wacyo n’abandi bayobozi, hakiyongeraho n’abashyitsi bakomeye ba kiriya gihugu.
Umutwe wa PSU  uzajyayo ukaba ari uwa gatatu muri MINUSCA, CAR II nayo yagiye ikaba ari iya gatatu muri buriya butumwa mu gihe CAR I yo, igiyeyo ari iya kane kuko ariyo yabimburiye indi mitwe ya Polisi y’u Rwanda muri muriya butumwa mu Ugushyingo  2014.

2017-12-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rubanguka Steve, Yannick Mukunzi ndetse na rutahizamu Kagere Medie bahurije ku kwitwara neza ku mukino Amavubi azakina n’ikipe ya Mozambique kuri uyu wa gatatu i Kigali.

Rubanguka Steve, Yannick Mukunzi ndetse na rutahizamu Kagere Medie bahurije ku kwitwara neza ku mukino Amavubi azakina n’ikipe ya Mozambique kuri uyu wa gatatu i Kigali.

Ubwanditsi 23 Mar 2021
APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

Ubwanditsi 29 Jan 2022
Umugabo usilamuye afite amahirwe 60% yo kutandura virusi itera SIDA

Umugabo usilamuye afite amahirwe 60% yo kutandura virusi itera SIDA

Ubwanditsi 29 Mar 2019
Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Golden States Warriors yabuze itike iyihesha gukina imikino ya nyuma ya NBA.

Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Golden States Warriors yabuze itike iyihesha gukina imikino ya nyuma ya NBA.

Ubwanditsi 22 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hari abana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi batarahabwa imitungo y’ababyeyi babo
HIRYA NO HINO

Hari abana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi batarahabwa imitungo y’ababyeyi babo

Ubwanditsi 25 Oct 2019
Polisi yasabye Abanyarwanda kuzagaragaza umutuzo mu gihe cy’irahira rya Perezida Kagame
Mu Rwanda

Polisi yasabye Abanyarwanda kuzagaragaza umutuzo mu gihe cy’irahira rya Perezida Kagame

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Rwanda: Amafaranga  ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50
UBUKUNGU

Rwanda: Amafaranga ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50

Ubwanditsi 08 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru