• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ambasade y’u Rwanda muri Uganda iratabariza Umunyarwanda Fidel Gatsinzi ufungiwe ahantu hatazwi nyuma yo gushimutwa na CMI ashinjwa ubutasi

Ambasade y’u Rwanda muri Uganda iratabariza Umunyarwanda Fidel Gatsinzi ufungiwe ahantu hatazwi nyuma yo gushimutwa na CMI ashinjwa ubutasi

Editorial 16 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI) rwataye muri yombi Umunyarwanda, Fidel Gatsinzi, ashinjwa ibyaha by’ubutasi no kujya mu bikorwa bigamije guhungabanya umutekano wa Uganda.

Uyu Gatsinzi akaba yakuwe muri supermarket yo mu gace ka Ntinda, muri Kampala ari kuwa Gatandatu, ku itariki 09 Ugushyingo 2017.

Umujyanama wa mbere wa Ambasade y’u Rwanda muri Uganda, Noel Mucyo, yabwiye ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru ko Gatsinzi ari mu maboko ya CMI.

Yagize ati: “Twemeranyije n’ubutasi bw’igisirikare cya Uganda ko bamufite.”

Abajijwe kugira icyo avuga ku birego by’ubutasi uyu Munyarwanda akurikiranweho, Mucyo yavuze ko ntacyo yavugaho na cyane ko ngo batigeze babimenyeshwa muri ambasade.

Ati: “Tuzasubiza ubwo abayobozi bazatwandikira ku mugaragaro”. Yongeyeho ati; “Icyo tuzi ni uko Gatsinzi ari umwere.”

Amakuru aturuka mu nzego zo hejuru agera kuri iki kinyamakuru, aravuga ko Gatsinzi arimo gukorwaho iperereza n’inzego z’umutekano ku cyaha cy’ubutasi kuri Uganda ngo yakoraga kuva mu 1999.

Inzego z’umutekano za Uganda kandi ngo ziri gukora iperereza ku kuba Gatsinzi ngo yaroherejwe muri Uganda ngo ajye gushishikariza Abagande bafite inkomoko mu Rwanda kwiyunga ku dutsiko tudashyigikiye perezida Museveni turimo abantu nka Dr Kizza Besigye n’abandi..

Iyi nkuru iravuga ko Gatsinzi yari chairman wa RPF mu Karere ka Mbarara mu myaka ya za 90 ubwo hategurwaga urugamba rwo kubohoza u Rwanda. Icyo gihe ngo Mbarara ikaba yari ibirindiro bikomeye by’ibikoresho RPF yifashishaga mu rugamba kuko n’imodoka za RPF zabaga zapfuye ari ho zakorerwaga.

Uyu mujyi wa Mbarara ngo wanakoreshejwe nk’ibirindiro byavurirwagamo inkomere za RPF ndetse ni naho hakusanyirizwaga inkunga nk’imiti n’ibyo kurya by’abari ku rugamba mu Rwanda.

Chimpreports rero iravuga ko hari hashize imyaka Gatsinzi agendwaho n’inzego z’umutekano za Uganda kugeza ubwo zamutaga muri yombi. Ambasade y’u Rwanda kuva icyo gihe ikaba yarahise yandikira minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Uganda ku ifatwa rya Gatsinzi, ariko nta gisubizo irahabwa.

Naho umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire, ngo nta makuru arabona kuri iki kibazo gusa akaba yabwiye Chimpreports ko aza kuyiha amakuru mashya.

Yagize ati: “Nta makuru kuri ibi. Ndaza kugenzura”.

Ibi rero bikaba bitangajwe mu gihe umubano wa Uganda n’u Rwanda ukomeje kugaragaramo igitotsi ibihugu byombi bishinjanya ubutasi no kutubahiriza ibyo byiyemeje mu mishinga y’ibikorwaremezo ihuriweho.

Abakurikiranira hafi ibi bakaba basanga ibi bihugu byombi by’ibivandimwe bikwiye guha ingufu gushakira ibisubizo muri dipolomasi bigakimurwa bya gicuti.

Mu minsi ishize kandi nibwo urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI) rwataye muri yombi abapolisi b’Abagande ndetse n’Umunyarwanda, Rene Rutagungira, bakurikiranweho n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Makindye, ibyaha byo gushimuta no gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda zirimo Lt Joel Mutabazi wahoze mu bashinzwe kurinda umukuru w’igihugu.

Inzego z’umutekano za Uganda kandi ngo zishinja Gatsinzi kuba ari we ngo wabeshye u Rwanda ko muri Uganda hari abantu biteguraga gutera u Rwanda mu myaka ya 2000. Anashinjwa gushishikariza Abanyarwanda muri Uganda kujya mu mitwe y’inyeshyamba irwanya ubutegetsi bwa Congo n’ubw’u Burundi.

Gatsinzi kandi nk’uko amakuru ava mu nzego z’umutekano agera kuri Chimpreports akomeza avuga, ngo yanakozweho iperereza ku bwicanyi bwakorewe impunzi z’Abanyarwanda batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho mu Rwanda ahitwa Mpororo na Kiboga, Mubende, Kyaka2, Nakivale, Mbarara na Kampala. Anavugwaho gushaka urubyiruko rw’abagande muri za kaminuza ngo rwitabire amasomo ya gisirikare n’igipolisi mu Rwanda.

Amakuru aturuka muri bamwe mu bayobozi b’u Rwanda ariko batifuje ko amazina yabo atangazwa muri iki kinyamakuru, bavuze ko Gatsinzi ubundi yakoranaga n’ubunyamabanga bwa ambasade bushinzwe ibikorwa bya Come and See, Go and Tell ngo igihugu cya Uganda gishobora kuba cyarafashe nka bumwe mu buryo bw’ubutasi.

Iyi gahunda ya Come and see nk’uko isobanurwa na Guverinoma y’u Rwanda, ikaba igamije gusangiza Abanyarwanda baba hanze nk’impunzi ukuri kw’ibibera mu Rwanda hagamijwe kubashishikariza gutahuka ku bushake bwabo.

Urugero; ngo urubyiruko rw’Abanyarwanda ruba mu mahanga ndetse n’impunzi ziri hirya no hino, bitabiriye gahunda ya Come and See, Go and Tell yateguwe na minisiteri ishinzwe impunzi kuwa 17 na 18 Ukuboza 2016.

Icyo gihe abasore n’inkumi b’Abanyarwanda 63 bari baturutse hanze nko muri Kenya, Uganda, Tanzania, Zambia, Mozambique, Cameroun, Maroc na Swaziland, bazengurutse Umujyi wa Kigali n’Akarere ka Rubavu.

Usibye gusura aha hantu, uru rubyiruko rwanitabiriye itorero Urunana rw’Urungano rwahuriyemo urubyiruko 754 mu kigo cya gisirikare cya Gabiro, ndetse banitabira isozwa ry’Umushyikirano.

Kubera ko Gatsinzi yagize uruhare rukomeye muri ibi byose, ngo abantu bamwe bashobora kumwumva nabi nk’uko umwe mu bayobozi b’u Rwanda yabitangaje mbere yo kongeraho ko bizeye ko Uganda itazabifata nabi.

2017-12-16
Editorial

IZINDI NKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya mbere mu 2020

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya mbere mu 2020

Editorial 29 Jan 2020
U Rwanda rwemeje ko urugendo rwa Sarkozy ntaho rwari ruhuriye n’ibibazo byarwo n’u Bufaransa

U Rwanda rwemeje ko urugendo rwa Sarkozy ntaho rwari ruhuriye n’ibibazo byarwo n’u Bufaransa

Editorial 21 Jan 2018
Ex FAR Ntwali John Williams ararashya imigeri nyuma yo Kubona Inkuru yanditswe na Rushyashya igaragaza ibikorwa bye bibisha bigambanira igihugu

Ex FAR Ntwali John Williams ararashya imigeri nyuma yo Kubona Inkuru yanditswe na Rushyashya igaragaza ibikorwa bye bibisha bigambanira igihugu

Editorial 04 Jun 2021
Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?

Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?

Editorial 07 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RwandAir yasobanuye Impamvu yasohoye Umugenzi  w’Umugande mu ndege yayo
ITOHOZA

RwandAir yasobanuye Impamvu yasohoye Umugenzi w’Umugande mu ndege yayo

Editorial 29 Jun 2017
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025
Amakuru

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Editorial 22 Sep 2025
Leta y’u Rwanda yaburiye ibihugu bikomeje gushyigikira imitwe y’inyeshyamba ziyirwanya
POLITIKI

Leta y’u Rwanda yaburiye ibihugu bikomeje gushyigikira imitwe y’inyeshyamba ziyirwanya

Editorial 05 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru