• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abategeka u Burundi barahiye kutazasubira Arusha

Abategeka u Burundi barahiye kutazasubira Arusha

Ubwanditsi 23 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi rirarahira rigatsemba rivuga yuko ubutegetsi bw’icyo gihugu butazongera gusubira Arusha mu mishyikirano ngo ahubwo Abarundi bagomba kwitegurira amatora ya 2020 babanje gutorera yuko itegeko nshinga ririho ryahinduka cyangwa ngo ntirihinduke.

Umunyamabanga mukuru wa CNDD-FDD, Evariste Ndayishimiye, atangaza yuko ibyagezweho mu mishyikirano ya Arusha byagezweho ngo naho ibitaragezweho n’ubundi ntabwo byari kugerwaho ngo kuko byari mu byo Perezida Nkurunziza yavuze ko biri mu murongo ntarengwa igihe yatangizaga kampanye yo kuvugurura itegeko nshinga, mu ntara ya Gitega tariki 12 z’uku kwezi.

Igice cya kane k’imishyikirano y’Abarundi ya Arusha cyashojwe tariki 08 z’uku kwezi nta masezera asinywe kuko nta cyari cyashoboye kumvikanwaho, Benjamin Mkapa nk’umuhuza avuga yuko bibabaje cyane ngo akaba agiye guhita abimenyesha Perezida Museveni nk’umuhuza mukaru kimwe n’abandi bakuru b’ibihugu bigize EAC ngo babifatire icyemezo. Kuva icyo gihe kugeza ubu nta kintu abo bakuru b’ibihugu by’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba baragira icyo babivugaho !

Nubwo opozisiyo ikomeye mu Burundi (CNRED) itigeze yitabira ibyo biganiro by’ikiciro cya kane ariko n’abandi batari muri CNDD-FDD bari muri ibyo biganiro hari byinshi batemeranywagaho n’ubutegetsi bituma iyo mishyikirano ya Arusha igera ku busa. Ibyo birimo ibyo leta yashakaga ko byakorwa bo ntibabishake n’ibyo bo bifuzaga yuko byakorwa ariko ubutegetsi bukabyanga.

Iby’igenzi abatari muri CNDD-FDD bifuzaga yuko  byakorwa ubutegetsi bukabyanga harimo  kuba hashyirwaho leta y’inzibacyuho ikaba ariyo itegura ayo matora ya 2020, no kuba hatangwa imbabazi rusange no kuri babandi ubutegetsi bwa Nkurunziza buvuga yuko bagize uruhare mu gushaka kubuhirika muri 2015.

Mu byo leta yifuzaga kuba byakorwa ariko abatari muri CNDD-FDD ntibabikozwe harimo ibyo guhindura itegeko nshinga igihugu cyagenderagaho kimwe no kuba hagira ibihindurwa mu masezerano ya Arusha ari nayo yabyaye n’iryo tegeko nshinga muri 2005.

Mu gutangaza yuko nta yindi mishyikirano ubutegetsi mu Burundi buzongera kwitabira, Ndayishimiye ejo yumvikanye mu bitangazamakuru bitandukanye avuga yuko ahubwo buri mutwe wa Politike ukwiye gukangurira abantu kuzitabira referandumu yo guhindura itegeko nshinga.

Kimwe mu bizahindurwa muri iryo tegeko nshinga ni ugukuraho ingingo ibuza Nkurunziza kongera kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu ariko noneho manda ikaba imyaka irindwi aho kuba itanu nk’uko byari bisanzwe.

Indi ngingo ni iyo gukuraho umwanya wa ba Visi Perezida babiri hagashyirwaho uwa Minisitiri w’Intebe, ushyirwaho na Perezida wa Repubulika.

 Amasezerano ya Arusha, ariyo abatavuga rumwe na leta bakomeyeho, ntabwo yateganyaga umwanya wa Minisitiri w’intebe ahubwo yateganyaga uw’aba Visi Perezida babiri, umwe ari umututsi undi ari umuhutu !

Casmiry Kayumba

2017-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Musanze : Perezida Kagame aribaza impamvu ibibazo bimara igihe bivugwa ariko ntibikemurwe

Musanze : Perezida Kagame aribaza impamvu ibibazo bimara igihe bivugwa ariko ntibikemurwe

Ubwanditsi 09 May 2019
Politiki idaheza u Rwanda rwiyemeje, ni umusingi ukomeye w’ubumwe bw’Abanyarwanda

Politiki idaheza u Rwanda rwiyemeje, ni umusingi ukomeye w’ubumwe bw’Abanyarwanda

Ubwanditsi 13 Nov 2021
Ntaganda Bernard wokamwe n’amacakubiri nawe ngo nagirwe “Umuziranenge”.

Ntaganda Bernard wokamwe n’amacakubiri nawe ngo nagirwe “Umuziranenge”.

Ubwanditsi 27 Feb 2024
Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Ubwanditsi 18 May 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Uwahoze ari umukunzi wa Kaweesi ashobora gusohorwa mu nzu yari azi ko Museveni yamuguriye
ITOHOZA

Uganda: Uwahoze ari umukunzi wa Kaweesi ashobora gusohorwa mu nzu yari azi ko Museveni yamuguriye

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Uburyo umutekano ari inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye
Mu Rwanda

Uburyo umutekano ari inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye

Ubwanditsi 24 Aug 2017
Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!
Amakuru

Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Ubwanditsi 24 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru