• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Itorero AGAPE i Mbarara ryahindutse indiri y’ibikorwa bya RNC
Umujyi wa Mbarara muri Uganda

Uganda: Itorero AGAPE i Mbarara ryahindutse indiri y’ibikorwa bya RNC

Ubwanditsi 11 Jan 2018 ITOHOZA

Mu minsi ishize nibwo humvikanye inkuru y’umupasiteri w’Umunyarwanda uba muri Uganda, wifashisha urusengero rwe mu bikorwa by’ubukangurambaga by’umutwe wa RNC bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Uru rusengero ruri i Mbarara muri Uganda rwitwa AGAPE, mu gihe bimenyerewe ko izindi aba ari ingoro yera ihuza abantu n’Imana, rwo si ko biri kuko rukorerwamo ibikorwa by’umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Ikinyamakuru Virunga Post cyatangaje ko gifite amakuru yizewe ko Urusengero AGAPE rwa Pasiteri Deo Nyirigira rwahindutse ihuriro ry’ibikorwa bya RNC mu Burengerazuba bwa Uganda aho ibikorwa nyobokamana bihakorerwa mu rwego rwo guhisha umugambi w’ubukangurambaga no gushaka abajya muri uyu mutwe.

Uru rusengero ni hamwe mu hantu RNC ikorera ibikorwa byayo ishize amanga muri Uganda ishakisha abayoboke bayifasha mu mugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, byose bigakorwa bihagarikiwe na Brig. Gen. Abel Kandiho uyobora Urwego rw’Ubutasi mu Ngabo za Uganda,CMI.

Amakuru yizewe avuga ko muri uru rusengero atari ho honyine habera ibikorwa by’ubukangurambaga by’abajya muri RNC ahubwo ko hameze nk’icyicaro gikuru cy’ibikorwa byose muri Uganda y’Uburengerazuba.

Abatangabuhamya bavuze ko abayoboke ba RNC bakunze guhurira muri uru rusengero bikitwa ko bagiye mu masengesho, hanyuma bagakora amalisiti y’urubyiruko rw’abanyarwanda bagiye kwinjiza muri uyu mugambi hamwe n’andi y’abanyarwanda b’inzirakarengane babona ko babangamira ibikorwa bya RNC.

Umwe mu basengera muri uru rusengero yavuze ko abo banyarwanda bagaragazwa nk’ababangamira icengezamatwara rya RNC ndetse inshuro nyinshi bahimbwa ko ari intasi za Guverinoma y’u Rwanda, bikageza ubwo bafatwa na CMI bagafungwa ndetse bagakorerwa iyicarubozo.

Uyu muyoboke wa AGAPE yagize ati “Mu gushaka abayoboke n’ubukangurambaga hagamijwe kwigizayo abo babona nk’intambamyi ku mugambi wabo, babagaragaza nk’intasi z’u Rwanda, bakabashyikiriza CMI… ni umugambi bigaragara ko ugera ku ntego zawo kuri iri tsinda.”

Umwe mu baherutse gutabwa muri yombi muri ubu buryo ni umunyarwanda ukorera ubucuruzi i Mbarara witwa Emmanuel Cyemayire wafashwe ku wa 4 Mutarama 2018 na CMI. Kugeza n’ubu, ntabwo haramenyekana irengero rye.

Iri tsinda ntabwo rihagararira mu rusengero ku bikorwa byaryo byo gushaka abayoboke no gucura umugambi wo gushimuta abanyarwanda, ahubwo bakorana na CMI mu gutwara abarambagijwe babajyana mu nkambi y’imyitozo y’uyu mutwe i Minembwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho mu minsi ishize 43 bafashwe bajya

Uru rusengero ni rwo rwafatiwemo undi muyoboke ukomeye wa RNC witwa Dr. Sam Ruvuma ariko aza kurekurwa na Polisi nyuma y’igitutu cya CMI. Nyuma yo kurekurwa, Ruvuma yakomeje ibikorwa bye ahuriramo na RNC mu mudendezo.

Abandi bantu bari ku isonga muri ibi bikorwa bya RNC byo gushaka abayoboke bakunze kugaragara muri urwo rusengero ni Charles Sande (uzwi nka Robert Mugisha) na Felix Mwizerwa (Umuhungu wa Pasiteri Nyirigira). Mwizerwa na Dr Ruvuma ni bamwe mu bari baherekeje urubyiruko 43 rwafatiwe ku mupaka wa Kikagati na Polisi ya Uganda rujyanywe mu bikorwa bya RNC muri RDC.

Mu mezi abiri ashize, mu rusengero rwa Nyirigira hahimbirwa ibirego bishinja ubutasi abanyarwanda bikaza kugeza ubwo batabwa muri yombi. Amakuru avuga ko hari abanyarwanda barindwi bakorera ubucuruzi muri Uganda bashimuswe bakajyanwa i Kampala ahakorera CMI, amazina yabo yari yatangiwe muri uru rusengero.

Pasiteri Nyirigira uyobora uru rusengero, yahunze ubutabera bw’u Rwanda mu 2000 nyuma y’aho bamwe mu bayoboke b’urusengero AGAPE  i Kigali bamenyesheje ubuyobozi ko abaka ku ngufu amafaranga ndetse ko akoresha itorero mu nyungu ze.

Ibirego bisa n’ibi byanatanzwe n’abayoboke b’itorero AGAPE i Mbarara ariko biba iby’ubusa kuko bivugwa ko inshuti ze zikora muri CMI zamufashije kubisisibiranya.

Ibikorwa bya RNC muri Uganda bigenzurwa na Rugema Kayumba, mubyara wa Kayumba Nyamwasa ukuriye ibikorwa bya politiki by’uyu mutwe hamwe na na Corporal Mulindwa wo muri CMI uzwi nka Mukombozi, bose bari mu mutaka wa General Abel Kandiho uyobora CMI.

Ni mu gihe imikoranire ya RNC na CMI ndetse n’ibikorwa by’iyicarubozo bya hato na hato bikorerwa abanyarwanda, bitizwa umurindi na Minisitiri w’Umutekano, Lt Gen. Henry Tumukunde, ushyigikiye abarwanya u Rwanda.

2018-01-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi igiye gukurikirana Dr Kayumba ushinjwa kuyiharabika

Polisi igiye gukurikirana Dr Kayumba ushinjwa kuyiharabika

Ubwanditsi 01 Oct 2018
Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Abasirikari 5 ba Uganda bakatiwe ibihano birimo n’urupfu, kubera kwica abaturange b’abasivili muri Somaliya

Abasirikari 5 ba Uganda bakatiwe ibihano birimo n’urupfu, kubera kwica abaturange b’abasivili muri Somaliya

Ubwanditsi 14 Nov 2021
Sosiyete sivile irasabwa kujya mu magereza kureba ko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa uko bikwiye

Sosiyete sivile irasabwa kujya mu magereza kureba ko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa uko bikwiye

Ubwanditsi 05 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Wari Uzi Ihuriro mpuzamahanga ry’Igiswahili -CHAUKIDU.
Mu Rwanda

Wari Uzi Ihuriro mpuzamahanga ry’Igiswahili -CHAUKIDU.

Ubwanditsi 22 Dec 2016
Ibyo mutamenye ku buzima bwa Ingabire Victoire Umuhoza n’umuryango we
Amakuru

Ibyo mutamenye ku buzima bwa Ingabire Victoire Umuhoza n’umuryango we

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Abantu uruvunganzoka mu gitaramo Bobi Wine yemerejemo kwiyamamariza kuyobora Uganda-AMAFOTO
POLITIKI

Abantu uruvunganzoka mu gitaramo Bobi Wine yemerejemo kwiyamamariza kuyobora Uganda-AMAFOTO

Ubwanditsi 14 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru